Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ambasaderi Vincent Karega yamaganye amakuru yavuzwe ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bapfuye bazize ibikorwa by’iyicarubozo bakorewe.

Ambasaderi Vincent Karega yifashishije ubutumwa bwakwirakwijwe kuri facebook n’uwitwa Alice Kalamb watangaje iki gihuha, yavuze ko ari inkuru y’ikinyoma.

Yifashishije ifoto igaragaza ubutumwa bw’uyu muntu, Vincent Karega yagaragaje ko ubu butumwa ari igihuha, agira ati “Haba ari ahantu ndetse n’impuzankano byombi nta na kimwe kiba mu Rwanda.”

Le lieu, les uniformes n' ont rien du Rwanda. Créativité inflammatrice. pic.twitter.com/E5RvSEyVcN

— Vincent Karega (@vincentkarega1) June 2, 2022

Ubu butumwa bw’ikinyoma bwanditswe n’uyu witwa Alice Kalamb, buvuga ko abo basore babiri b’Abanye-Congo babonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 02 Kamena bishwe n’iyicarubozo ngo bakorewe n’inzego z’ubutasi, ngo basanzwe ari abanyeshuri barimo uwo yise Andre Kongolo Kalala na Jonas Birindwa Baruti.

Bamwe mu batanze ibitekerezo ku butumwa bwa Vincent Karega bwamagana iki gihuha, bavuze ko ibi ari ibirego bidagite ishingiro bikomeje kuranga bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki gihuha cyatangajwe n’uyu muntu mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urimo igitotsi aho bamwe mu baturage n’abayobozi bo muri iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda bakomeje gukoresha imvugo z’urwango bari kugaragariza u Rwanda n’Abanyarwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yo ikomeje gusaba ubutegetsi bwa DRC guhagarika ibikorwa nk’ibi kuko bishobora gutuma umwuka mubi uzamuka ndetse igasaba ko niba bafite ibibazo bashaka ko bikemuka babinyuze mu nzira ziteganywa n’amategeko aho kujya kuvuga mu itangazamakuru.

Mu Mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Epfo, kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, haramukiye imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda, aho Abayitabiriye basabye ubutegetsi bw’Igihugu cyabo guhagarika umubano gifitanye n’u Rwanda.

U Rwanda runafite byinshi rukwiye gushinja DRC birimo ibisasu igisirikare cy’iki Gihugu cyateye mu Rwanda ndetse no gushimuta abasirikare babiri ba RDF, rwo rwasabye itsinda rihuriweho rishinzwe kugenzura imipaka mu karere gukora iperereza kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

Next Post

Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.