Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko abatekereza ko hashobora kubaho intambara hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bidashoboka kuko rwo rushyize imbere inzira z’ibiganiro kandi ko ruzakora ibishoboka byose akaba ari yo itanga umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, agaruka ku mwuka utari mwiza wongeye gufata indi sura mu mubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari mu ruzinduko mu Bwongereza, yaganiriye n’abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusaba gushoza intambara ku Rwanda, abasubiza ko ashyize imbere inzira y’Ibiganiro ariko ko mu gihe yakwanga “ntacyabuza ko habaho n’iy’intambara.”

Muri icyo cyumweru kandi ni bwo imirwano hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR, yubuye.

Kubura kw’iyi mirwano kongeye kubyutsa ibirega Congo ishinja u Rwanda byo gufasha umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda na rwo rwasubije runenga imyitwarire ya kiriya Gihugu cyabanje kugaragaza ko kifuza inzira z’ibiganiro ariko kikaba kiri kubirengaho ahubwo kikongera gushoza intambara.

Nyuma y’ibi byatangajwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu biganiro yagiranye n’Abanyekongo baba mu Bwongereza, hari abibajije aho u Rwanda ruhagaze ku kuba rwarwana n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Congo Kinshasa ikomeje kugaragaza imyitwarire itari mu murungo w’u Rwanda, ariko rwo ruzakomeza guhagarara ku nzira y’ibiganiro.

Ati “U Rwanda rwiyemeje gukora igishoboka cyose kugira ngo ibibazo byo muri Congo dufatanyije n’Ibihugu byo mu karere n’ibindi mpuzamahanga bibonerwe igisubizo.

Nta mpungenge zikwiye kuba igihe cyose abantu bavugana kandi ntekereza ko bitazagera aho u Rwanda na Congo bitazavugana ngo bibe byajya mu mirwano cyangwa mu bindi kuko hari Ibihugu by’inshuti byiyemeje gufasha, abayobozi ubwabo baracyavugana, za ambasade ziracyafunguye.

Abantu ntibagire impungenge, u Rwanda rwitaye kuri icyo kibazo kandi ruzakora ibishoboka ngo icyo kibazo kizakemuke mu nzira y’amahoro […] nta mpamvu yo kujya mu ntambara abantu bavugana.”

Mukuralinda kandi yagarutse ku mikoranire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwamda, avuga ko kiriya Gihugu kiri kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu biganiro binyuranye birimo iby’abakuru b’Ibihugu ba EAC ndetse n’ibya Perezida Tshisekedi na Kagame y’i Luanda.

Avuga ko ibi biganiro kimwe n’ibyahuje abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, hafatiwemo imyanzuro ivuga ko gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo bisaba kurwanya imitwe yitwaje intwaro yose ibarirwa mu 120.

Ati “Ariko kugeza uyu munsi hakomeza kuvugwa umutwe umwe kandi uwo mutwe umwe ukavugwa hari undi ingabo za Congo zikorana na wo, u Rwanda ruhora ruvuga ruti ‘FDLR iteje ikibazo hariya hantu’, bakabirengaho aho kugira ngo na wo bawurwanye, ahubwo bagafatanya na wo mu bikorwa bya gisirikare.”

Avuga ko ibi bituma u Rwanda rukomeza kubigenzura kugira ngo ubu bufatanye bwa FARDC na FDLR butaba bwakototera umutekano w’u Rwanda nkuko byabaye mu mezi ashize, ubu rukaba rucungira hafi inkiko zarwo ziruhuza na Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 7 =

Previous Post

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Next Post

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.