Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko abatekereza ko hashobora kubaho intambara hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bidashoboka kuko rwo rushyize imbere inzira z’ibiganiro kandi ko ruzakora ibishoboka byose akaba ari yo itanga umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, agaruka ku mwuka utari mwiza wongeye gufata indi sura mu mubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari mu ruzinduko mu Bwongereza, yaganiriye n’abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusaba gushoza intambara ku Rwanda, abasubiza ko ashyize imbere inzira y’Ibiganiro ariko ko mu gihe yakwanga “ntacyabuza ko habaho n’iy’intambara.”

Muri icyo cyumweru kandi ni bwo imirwano hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR, yubuye.

Kubura kw’iyi mirwano kongeye kubyutsa ibirega Congo ishinja u Rwanda byo gufasha umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda na rwo rwasubije runenga imyitwarire ya kiriya Gihugu cyabanje kugaragaza ko kifuza inzira z’ibiganiro ariko kikaba kiri kubirengaho ahubwo kikongera gushoza intambara.

Nyuma y’ibi byatangajwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu biganiro yagiranye n’Abanyekongo baba mu Bwongereza, hari abibajije aho u Rwanda ruhagaze ku kuba rwarwana n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Congo Kinshasa ikomeje kugaragaza imyitwarire itari mu murungo w’u Rwanda, ariko rwo ruzakomeza guhagarara ku nzira y’ibiganiro.

Ati “U Rwanda rwiyemeje gukora igishoboka cyose kugira ngo ibibazo byo muri Congo dufatanyije n’Ibihugu byo mu karere n’ibindi mpuzamahanga bibonerwe igisubizo.

Nta mpungenge zikwiye kuba igihe cyose abantu bavugana kandi ntekereza ko bitazagera aho u Rwanda na Congo bitazavugana ngo bibe byajya mu mirwano cyangwa mu bindi kuko hari Ibihugu by’inshuti byiyemeje gufasha, abayobozi ubwabo baracyavugana, za ambasade ziracyafunguye.

Abantu ntibagire impungenge, u Rwanda rwitaye kuri icyo kibazo kandi ruzakora ibishoboka ngo icyo kibazo kizakemuke mu nzira y’amahoro […] nta mpamvu yo kujya mu ntambara abantu bavugana.”

Mukuralinda kandi yagarutse ku mikoranire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwamda, avuga ko kiriya Gihugu kiri kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu biganiro binyuranye birimo iby’abakuru b’Ibihugu ba EAC ndetse n’ibya Perezida Tshisekedi na Kagame y’i Luanda.

Avuga ko ibi biganiro kimwe n’ibyahuje abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, hafatiwemo imyanzuro ivuga ko gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo bisaba kurwanya imitwe yitwaje intwaro yose ibarirwa mu 120.

Ati “Ariko kugeza uyu munsi hakomeza kuvugwa umutwe umwe kandi uwo mutwe umwe ukavugwa hari undi ingabo za Congo zikorana na wo, u Rwanda ruhora ruvuga ruti ‘FDLR iteje ikibazo hariya hantu’, bakabirengaho aho kugira ngo na wo bawurwanye, ahubwo bagafatanya na wo mu bikorwa bya gisirikare.”

Avuga ko ibi bituma u Rwanda rukomeza kubigenzura kugira ngo ubu bufatanye bwa FARDC na FDLR butaba bwakototera umutekano w’u Rwanda nkuko byabaye mu mezi ashize, ubu rukaba rucungira hafi inkiko zarwo ziruhuza na Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seventeen =

Previous Post

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Next Post

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.