Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko abatekereza ko hashobora kubaho intambara hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bidashoboka kuko rwo rushyize imbere inzira z’ibiganiro kandi ko ruzakora ibishoboka byose akaba ari yo itanga umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Alain Mukuralinda yabivuze mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, agaruka ku mwuka utari mwiza wongeye gufata indi sura mu mubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari mu ruzinduko mu Bwongereza, yaganiriye n’abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusaba gushoza intambara ku Rwanda, abasubiza ko ashyize imbere inzira y’Ibiganiro ariko ko mu gihe yakwanga “ntacyabuza ko habaho n’iy’intambara.”

Muri icyo cyumweru kandi ni bwo imirwano hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo uw’iterabwoba wa FDLR, yubuye.

Kubura kw’iyi mirwano kongeye kubyutsa ibirega Congo ishinja u Rwanda byo gufasha umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda na rwo rwasubije runenga imyitwarire ya kiriya Gihugu cyabanje kugaragaza ko kifuza inzira z’ibiganiro ariko kikaba kiri kubirengaho ahubwo kikongera gushoza intambara.

Nyuma y’ibi byatangajwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu biganiro yagiranye n’Abanyekongo baba mu Bwongereza, hari abibajije aho u Rwanda ruhagaze ku kuba rwarwana n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko nubwo Congo Kinshasa ikomeje kugaragaza imyitwarire itari mu murungo w’u Rwanda, ariko rwo ruzakomeza guhagarara ku nzira y’ibiganiro.

Ati “U Rwanda rwiyemeje gukora igishoboka cyose kugira ngo ibibazo byo muri Congo dufatanyije n’Ibihugu byo mu karere n’ibindi mpuzamahanga bibonerwe igisubizo.

Nta mpungenge zikwiye kuba igihe cyose abantu bavugana kandi ntekereza ko bitazagera aho u Rwanda na Congo bitazavugana ngo bibe byajya mu mirwano cyangwa mu bindi kuko hari Ibihugu by’inshuti byiyemeje gufasha, abayobozi ubwabo baracyavugana, za ambasade ziracyafunguye.

Abantu ntibagire impungenge, u Rwanda rwitaye kuri icyo kibazo kandi ruzakora ibishoboka ngo icyo kibazo kizakemuke mu nzira y’amahoro […] nta mpamvu yo kujya mu ntambara abantu bavugana.”

Mukuralinda kandi yagarutse ku mikoranire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwamda, avuga ko kiriya Gihugu kiri kurenga ku myanzuro yagiye ifatirwa mu biganiro binyuranye birimo iby’abakuru b’Ibihugu ba EAC ndetse n’ibya Perezida Tshisekedi na Kagame y’i Luanda.

Avuga ko ibi biganiro kimwe n’ibyahuje abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, hafatiwemo imyanzuro ivuga ko gukemura ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo bisaba kurwanya imitwe yitwaje intwaro yose ibarirwa mu 120.

Ati “Ariko kugeza uyu munsi hakomeza kuvugwa umutwe umwe kandi uwo mutwe umwe ukavugwa hari undi ingabo za Congo zikorana na wo, u Rwanda ruhora ruvuga ruti ‘FDLR iteje ikibazo hariya hantu’, bakabirengaho aho kugira ngo na wo bawurwanye, ahubwo bagafatanya na wo mu bikorwa bya gisirikare.”

Avuga ko ibi bituma u Rwanda rukomeza kubigenzura kugira ngo ubu bufatanye bwa FARDC na FDLR butaba bwakototera umutekano w’u Rwanda nkuko byabaye mu mezi ashize, ubu rukaba rucungira hafi inkiko zarwo ziruhuza na Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − three =

Previous Post

Uw’imyaka 33 ahishuye umujinya wamusubije mu ishuri kwigana n’umwana we

Next Post

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.