Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije Tshisekedi wihandagaje akongera gushinja u Rwanda ikinyoma kiremereye

radiotv10by radiotv10
01/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko impfu z’Abanyekongo bagiye babura ubuzima kubera ibibazo by’umutekano biri mu Gihugu cyabo kuva mu bihe byashize, zikwiye kujya ku gahanda k’abategetsi bacyo, aho kuzegeka ku Bihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda nk’uko byatangajwe na Perezida Félix Tshisekedi.

Yolande Makolo yavugaga ku byatangajwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wavuze ko Igihugu cye cyahuye n’akaga gakomeye mu bihe byatambutse, kahitanye Abanyekongo benshi.

Muri ubu butumwa bwatangajwe na Félix Tshisekedi, yavuze ko Igihugu cye cyapfushije abaturage bagera muri Miliyoni 10 kuva mu bihe byatambutse barimo ngo abaherutse kwitaba Imana mu bice nka Kishishe, Mbambo, Bukombo, Mweso na Nyundo.

Félix Tshisekedi yavuze ko ngo abo bantu bagiye babura ubuzima ngo bigizwemo “uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye n’Ibihugu by’ibituranyi byumwihariko u Rwanda, bibinyujije mu mitwe yitwaje intwaro” ngo byashinze bikanatera inkunga.

Ni mu gihe bizwi ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa ari bwo bwakunze gutera inkunga no gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro nk’uw’iterabwoba wa FDLR mu bikorwa byagiye bihitana inzirakarengane z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo asubiza kuri ubu butumwa bwatangajwe na Félix Tshisekedi, yavuze ko ibyo yavuze bihabanye n’ukuri.

Yagize ati “Kuri abo bapfuye ndetse n’abakomeje kubura ubuzima muri DRC, ababiri inyuma ba mbere ni abayobozi ba DRC. Abo bayobozi ni bo muzi w’ibibazo kandi ntibakwiye gushaka abandi babitwerera. Ni bo kibazo.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze kandi ko abo bayobozi ari na bo bafite mu biganza byabo umuti w’ibi bibazo byose bikomeje gutuma bamwe mu Banyekongo babura ubuzima.

Ati “Impinduka yose cyangwa umuti ni bo bizavamo. Abapfuye, abavuye mu byabo ndetse n’impunzi babarirwa mu mamiliyoni, bakwiye kuryozwa gusa aba bayobozi ba Congo bagikomeje n’uyu munsi kugaragaraza ko nta bushake bafite mu gushaka umuti w’ibibazo, ahubwo bagakomeza kubitwerera abandi.”

Imiryango mpuzamahanga irimo iyo ku Mugabane wa Afurika nka EAC na SADC yombi Congo Kinshasa ibereye umunyamuryango, imaze iminsi yinjiye mu mikoranire yo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho amahanga yose ahuriza ku gusaba ubutegetsi bw’iki Gihugu kuganira n’umutwe wa M23 wagiyeho ugamije kurwanya akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Kwibuka31: Menya ibikorwa by’ingenzi biteganyijwe mu Cyumweru cy’Icyunamo

Next Post

Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye

Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.