Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko imvugo zikomeje kuvugwa na bamwe mu Banye-Congo barimo n’abayobozi n’abahoze mu buyobozi, zikwiye kwamaganwa kuko zishobora guhembera umwuka mubi hagati y’Ibihugu byombi.

Nyuma y’uko havutse umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu bategetsi bo muri iki Gihugu giherereye mu burengerazuba bw’u Rwanda, bakomeje gukoresha imvugo ziremereye.

Bamwe muri bo, ni Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC ubu uri mu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yavuze ko u Rwanda ari agahugu gato bityo ko rukwiye kugabwaho ibitero rugafatwa rukomekwa kuri Congo.

Icyo gihe yagize ati “kugira ngo dukemura iki kibazo birakwiye ko dushoza intambara mu Rwanda, niba dushaka gucunga neza uburasirazuba bw’Igihugu, dutere u Rwanda, kugira ngo twihaze mu bukungu dutere u Rwanda ubundi turwiyomekeho, ubundi u Rwanda tukarucunga neza.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabwiye RADIOTV10 ko abakoresha imvugo nk’izi basa nk’abari kwatsa umuriro.

Ati “Si byiza ahubwo bituma imitwe ishyuha, tukaba twasaba ko ayo magambo agabanuka, imyanzuro yafashwe igashyirwa mu bikorwa kandi hagakoreshwa inzira zabugenewe mu gukemura ibibazo.”

Mukuralinda yavuze ko imvugo nk’izi zikwiye kwamaganwa

Mu cyumweru gishize tariki 25 Gicurasi 2022, Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang ubwo yari ayoboye inama y’Abapolisi yabasabye kurushaho kurwana intambara ndetse asaba n’abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda.

Mukuralinda wakomeje agaragaza ko imvugo nk’izi zidakwiye kuko ubwazo zitanashobora gutuma habaho inzira zo gukemura ibibazo.

Ati “Niba abantu bagamije gukemura ikibazo ariko bagatangira kuvuga amagambo nk’ayo ‘yo gutema imitwe’ abavuga bati ‘mufate imihoro’ abandi bati ‘kariya gahugu ni gato mugafate mukomeke hano’, ibintu bishobora gusubira irudubi.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo isanzwe izi ububi n’ingaruka z’intambara ku buryo nta muyobozi waho wari ukwiye kuvuga amagambo nk’aya agaragaza kwifuza intambara.

Mukuralinda avuga ko ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukwiye guhaguruka bukamagana ibitekerezo nk’ibi bishobora gukongeza no kwenyegeza umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda ndtese n’ababituye.

Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mtheos says:
    4 years ago

    ikibabaje nuko abavuga ibi Intambara iramutse ibaye aribo ba mbere bafata imiryango yabo bagahungira iyo za Burayi n ahandi, rubanda rugufi bagahura n akaga cyane, mbona guhaga cyane koko ari icyaha, umuntu wifuza intambara k uRwanda arambabaza cyane, Amahoro niyo yambere.

    Reply
  2. Gilbert says:
    4 years ago

    Hhhhh ngo bafate Imihoro bateme abatutsi,burya si buno.Icyo nicyo cyigaragaza rwose ko mukorana na FDLR kuko izi neza icyo bita gutema umututsi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

Next Post

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi
FOOTBALL

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.