Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko imvugo zikomeje kuvugwa na bamwe mu Banye-Congo barimo n’abayobozi n’abahoze mu buyobozi, zikwiye kwamaganwa kuko zishobora guhembera umwuka mubi hagati y’Ibihugu byombi.

Nyuma y’uko havutse umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe mu bategetsi bo muri iki Gihugu giherereye mu burengerazuba bw’u Rwanda, bakomeje gukoresha imvugo ziremereye.

Bamwe muri bo, ni Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC ubu uri mu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yavuze ko u Rwanda ari agahugu gato bityo ko rukwiye kugabwaho ibitero rugafatwa rukomekwa kuri Congo.

Icyo gihe yagize ati “kugira ngo dukemura iki kibazo birakwiye ko dushoza intambara mu Rwanda, niba dushaka gucunga neza uburasirazuba bw’Igihugu, dutere u Rwanda, kugira ngo twihaze mu bukungu dutere u Rwanda ubundi turwiyomekeho, ubundi u Rwanda tukarucunga neza.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yabwiye RADIOTV10 ko abakoresha imvugo nk’izi basa nk’abari kwatsa umuriro.

Ati “Si byiza ahubwo bituma imitwe ishyuha, tukaba twasaba ko ayo magambo agabanuka, imyanzuro yafashwe igashyirwa mu bikorwa kandi hagakoreshwa inzira zabugenewe mu gukemura ibibazo.”

Mukuralinda yavuze ko imvugo nk’izi zikwiye kwamaganwa

Mu cyumweru gishize tariki 25 Gicurasi 2022, Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang ubwo yari ayoboye inama y’Abapolisi yabasabye kurushaho kurwana intambara ndetse asaba n’abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda.

Mukuralinda wakomeje agaragaza ko imvugo nk’izi zidakwiye kuko ubwazo zitanashobora gutuma habaho inzira zo gukemura ibibazo.

Ati “Niba abantu bagamije gukemura ikibazo ariko bagatangira kuvuga amagambo nk’ayo ‘yo gutema imitwe’ abavuga bati ‘mufate imihoro’ abandi bati ‘kariya gahugu ni gato mugafate mukomeke hano’, ibintu bishobora gusubira irudubi.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo isanzwe izi ububi n’ingaruka z’intambara ku buryo nta muyobozi waho wari ukwiye kuvuga amagambo nk’aya agaragaza kwifuza intambara.

Mukuralinda avuga ko ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukwiye guhaguruka bukamagana ibitekerezo nk’ibi bishobora gukongeza no kwenyegeza umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda ndtese n’ababituye.

Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mtheos says:
    3 years ago

    ikibabaje nuko abavuga ibi Intambara iramutse ibaye aribo ba mbere bafata imiryango yabo bagahungira iyo za Burayi n ahandi, rubanda rugufi bagahura n akaga cyane, mbona guhaga cyane koko ari icyaha, umuntu wifuza intambara k uRwanda arambabaza cyane, Amahoro niyo yambere.

    Reply
  2. Gilbert says:
    3 years ago

    Hhhhh ngo bafate Imihoro bateme abatutsi,burya si buno.Icyo nicyo cyigaragaza rwose ko mukorana na FDLR kuko izi neza icyo bita gutema umututsi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 11 =

Previous Post

Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

Next Post

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Musanze: Umugore wakomerekejwe n’imbogo yitabye Imana asiga uruhinja rw’amezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.