Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

I La Haye mu Buholandi, hatangiye kuburanishwa urubanza u Rwanda rwarezemo u Bwongereza ku bijyanye no kutubahiriza amasezerano y’Ibihugu byombi, aho Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yatangiye agaragaza impamvu iki Gihugu cyatanze iki kirego.

Ni urubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko Nkemurampaka (Permanent Court of Arbitration) ruzaburanishwa mu gihe cy’iminsi itatu.

Dr Ugirashebuja ubwo yatangiraga ijambo rye imbere y’Inteko y’uru Rukiko, yagarutse ku mateka y’u Rwanda yatumye rwemera kwinjira mu mikoranire n’u Bwongereza muri politiki yabwo yo guhangana n’ikibazo cy’ubuhunzi n’ubwimukira.

Yavuze ko “Abanyarwanda benshi bahuye n’ibibazo byo kuva mu byabo. Ibi ni byo byashibutsemo politiki ya Guverinoma y’u Rwanda ijyanye no kwita ku bimukira n’abashaka ubuhungiro.”

Yavuze ko kandi u Rwanda rwishimira kuba rufite impunzi n’abashaka ubuhungiro benshi barurimo, kandi rukaba ruzwiho kwakira neza abo bantu bagiye baturuka mu Bihugu binyuranye birimo n’iby’ibituranyi, biganjemo abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Burundi, ndetse n’ibindi byo mu mahanga ya kure, nk’abaturutse muri Afghanistan, Libya na Sudani.

Yatanze urugero ko mu kwezi gushize, u Rwanda rwakiriye abantu barenga 160 bashaka ubuhungiro baturutse mu Gihugu cya Libya, baje biyongera ku bandi benshi bagiye bakirwa, barimo n’abamaze kubona Ibihugu bibakira.

 

Impamvu u Rwanda rwareze u Bwongereza

Dr Ugirashebuja yavuze ko ubwo u Bwongereza bwatangiraga gahunda yabwo yo guhangana n’ikibazo cy’abimukira n’Ibihugu bwakorana na bwo, “u Rwanda rwabaye amahitamo ya mbere.”

Yavuze ko Ibihugu byombi byiyemeje kwinjirana mu mugambi w’amasezerano y’imikoranire yiswe ‘Migration and Economic Development Partnership (MEDP)’ yari afite intego ebyiri zirimo kugabanya ibyago by’abimukira bakunze kuburira ubuzima mu nyanja ndetse n’ibindi bibazo ndetse no guhangana n’ikibazo cy’ubusumbane mu bijyanye n’ubukungu ku Isi, butuma benshi bava mu Bihugu byabo bajya gushakira imibereho myiza ahandi.

Nanone kandi ayo masezerano yari ashingiye ku izina n’ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rwubatse mu bijyanye no kwakira no kwita ku mpunzi n’abashaka ubuhungiro baturutse imihanda yose ku Isi.

Yavuze ko u Rwanda rwari rugamije gufasha u Bwongereza muri iriya politiki yabwo, u Bwongereza na bwo bwemerera u Rwanda kuzarufasha mu bikorw abyo kwakira abo bimukira n’abashaka ubuhungiro no kubafasha kwisanga mu mibereho y’abandi Banyarwanda.

Yavuze ko “Ubwo muri Mata 2022 hatangazwaga ariya masezerano, u Rwanda rwatangiye gushyira mu bikorwa ibyo rwari rwiyemeje” ndetse rukanakora amavugurura mu mategeko yarwo kugira ngo ruzabone uko rushyira mu bikorwa ibyo rwari rwasinye muri MEDP.

Rwashyizeho runatora itegeko, rushyiraho inteko y’Urukiko rw’Ubujurire ku bashaka ubuhungiro, ndetse runashyiraho inzego nibura 12 zo ku rwego rwa Minisiteri zagombaga kwiga iby’ariya masezerano ya MEDP.

Nanone kandi “Rwanda rwari rwiteguye bihagije kwakira” abimukira ba mbere bagombaga kuza ku ikubitiro, rwabateguriye buri kimwe kugira ngo bazabone uko babaho.

Nanone kandi muri ariya masezerano, impande zombi zashyizeho gahunda y’ikigega yiswe ‘Economic Transformation and Integration Fund’ (ITIF) cyagombaga gufasha bariya bantu kwisanga mu iterambere n’imibereho by’Igihugu cy’u Rwanda.

Nanone kandi ariya masezerano yari agamije guteza imbere no kuzamura imibereho y’izindi mpunzi zari zisanzwe ziri mu Rwanda.

Aya masezerano kandi yaje kuvugururwa muri Kamena 2024, aho yemezaga ko u Bwongereza bwagombaga kwishyura Miliyoni 50 z’Ama-Pounds muri kiriya Kigega cya ITIF muri Mata 2025 ndetse n’inzi miliyoni 50 z’Ama-Pounds yagombaga kwishyurwa muri Mata uyu mwaka wa 2026.

Yavuze ko gusa “nyuma gato y’uko hemeranyijwe ku nyandiko ijyanye n’amafaranga yo muri 2024 habayeho impinduka kuri Guverinoma y’u Bwongereza, Minisitiri w’Intebe mushya yatangaje ko ‘amasezerano n’u Rwanda apfuye ndetse ashyinguwe’ ku munsi we wa mbere mu Biro.”

Yavuze ko ibi byabayeho u Bwongereza butarabanje kumenyesha u Rwanda, ahubwo rukabimenyera mu itangazamakuru. Nanone kandi ntibwigeze bumenyesha u Rwanda ko bahagarika ariya masezerano kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2025.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, yavuze ko u Bwongereza bwanze nkana kuyoboka ubwumvikane n’inzira y’amasezerano.

Yavuze ko “Umurongo w’u Bwongereza wari usobanutse kimwe n’uko byari bimeze ku Rwanda.” Kandi ko “Ubwishyu bw’Ikigega ITF” atari byo byari ihame gusa ku Bwongereza ku bimukira bagombaga koherezwa ahubwo ko bwagombaga no gufasha izindi mpunzi n’abandi bashaka ubuhungiro bari mu Rwanda nk’uko byari bikubiye muri ariya masezerano.

Yavuze ko muri Werurwe 2025 u Rwanda rwatumiye komisiyo ihuriweho n’impande zombi mu buryo bwihutirwa kugira ngo yige myiteguro ya nyuma ku iyoherezwa ry’impunzi ariko u Bwongereza ntibwubahiriza inshingano zabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Related Posts

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

by radiotv10
18/03/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko mu cyumweru gitaha izasubukura ingendo hagati ya Kigali na Kamembe mu Karere ka...

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

by radiotv10
18/03/2026
0

Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bagorwa no kugeza umusaruro...

Rainy Season Tips: Stay Safe If You Get Cold Allergies

Rainy Season Tips: Stay Safe If You Get Cold Allergies

by radiotv10
18/03/2026
0

The past few days have been full of rain, and weather experts say even more heavy rain is coming. For...

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
18/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

Nyanza: Uwo bivugwa ko ari Umunyekongo arakekwaho amahano adasanzwe

Umusore ukekwaho gusambanya ihene bamubona agakizwa n’amaguru aravugwaho indi myitwarire

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahari umusore ukekwaho gusambanya ihene y’umuturanyi bamubona agakizwa n’amaguru,...

IZIHERUKA

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa
MU RWANDA

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

by radiotv10
18/03/2026
0

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

18/03/2026
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

18/03/2026
Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

18/03/2026
Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

18/03/2026
Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

18/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.