Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yavuze ko ibirego by’ibinyoma Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW wakunze gushinja u Rwanda atari bishya, kuko ari nk’umushinga wiyemeje kuva mu myaka 30 ishize, anibutsa ko RDF atari AFC/M23 ku buryo uyu muryango wari kubashyira hamwe muri Raporo uherutse gusohora.
Ni nyuma yuko muri iki cyumweru, uyu muryango Human Rights Watch ushyize hanze raporo ikubiyemo ibirego by’ibinyoma ishinja Ingabo z’u Rwanda n’Ihuriro AFC/M23, birimo ngo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri iyi raporo, uyu muryango kandi ushinja Ingabo z’u Rwanda na AFC/M23 ngo gushyira mu gisirikare abana ku ngufu, n’ibindi birego bikomeye.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, mu butumwa bwe, yagaragaje ko ibirego by’ibinyoma uyu muryango wakunze gushinja u Rwanda, atari bishya, kuko ari umushinga umaze imyaka 30.
Yavuze ko muri iyo myaka 30, HRW yagiye itangaza “ibirego bigizwe ibanga, itabanje kugera aho byabereye cyangwa ibimenyetso bya gihanga” ahubwo ko “habanza ibihano, ubundi iperereza rikaza nyuma.”
umuvugizi w’u Rwanda avuga ko “Kuri raporo yabo iheruka, HRW ntishobora kwitwaza ko ari yo ikora mu gihe yirengagije ibyavuye mu igenzura yikoreye: intwaro za Kinshasa, gutera inkunga n’imikoranire na FDLR, Wazalendo, abacancuro b’abanyamahanga n’ingabo z’u Burundi, ingabo/imitwe y’inyeshyamba ziza ku isonga mu makimbirane no gushyira mu kaga ikiremwamuntu yo mu burasirazuba bwa DRC.”
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugaragariza uyu muryango wongeye gushyira mu gatebo kamwe Ingabo z’u Rwanda na AFC/M23, ko ntaho bihuriye.
Ati “Bigomba kumvikana neza ko RDF atari AFC/M23. Iperereza ryose rikomeye risaba kutabogama, kujya kwigenzurira, ibimenyetso bifatika, kugendera ku mahame, aho gutangaza imyanzuro mbere, cyangwa gusabira abantu ibihano bikomeye.”
Yolande Makolo, yavuze ko u Rwanda rugishyizwe imbere inzira amasezerano y’Amahoro ya Washington ndetse n’ubuhuza butabogama, ndetse no gukomeza inzira zo gushaka umutekano urambye, ibiganiro, ndetse no gukomeza ubufatanye mu karere.
RADIOTV10





