Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze kuri Tshisekedi watakiye Papa Francis noneho akagura ibirego

radiotv10by radiotv10
01/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze kuri Tshisekedi watakiye Papa Francis noneho akagura ibirego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avugiye imbere y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ko Igihugu cye cyabuze amahoro kubera Ibihugu by’ibituranyi, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko noneho asa n’uwateye intambwe akavuga abandi ashinja kuba inyuma y’ibirego yakunze gushinja u Rwanda.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023 ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ari mu ruzinduko ari kugirira muri Afurika.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yahaga ikaze uyu Mushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yavuze ko ubusanzwe Igihugu cye gifite umuco wo kwakira neza abakigana ariko ko hari abakibuza amahoro.

Yavuze ko iki Gihugu cyazahajwe n’imitwe yitwaje intwaro iva mu Bihugu by’ibituranyi kandi ko iki kibazo kimaze igihe kinini.

Yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze imyaka irenga mirongo itatu, yagiye ibamo amatage menshi ndetse n’ibikorwa bihungabanya amahoro n’umutekano bikozwe n’imitwe yitwara gisirikare, ndetse n’Ibihugu by’amahanga bifite umugambi wo kwiba umutungo w’Igihugu kandi bigafashwa n’u Rwanda.”

Tshisekedi yavuze ko ibi bibazo bishegesha Igihugu cye ndetse kikabihoramo ku buryo kitabasha kugera ku byo kiba kifuza kugeraho

Yavuze kandi ko ibi bibazo byagize ingaruka ku mibereho y’abanyekongo benshi, ku buryo abagera muri miliyoni 10 babayeho mu buzima bugoye, ndetse n’abanyantege nke bagakomeza kuhazaharira.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu butumwa yanyujije kuri Twitter, avuga ku byatangajwe na Tshisekedi, yavuze ko noneho Congo yabishyize ku rundi rwego.

Yagize ati “Cyera kabaye yamenye ko ikibazo cy’Uburasirazuba ari ikibazo cy’Isi noneho si icy’u Rwanda gusa! Ku nshuro ya mbere yemeye ko ikibazo cy’umutekano mucye giterwa bwa mbere n’Ibihugu by’Ibituranyi, bwa kabiri, imitwe yitwaje intwaro, bwa gatatu n’Ibihugu by’ibihanganje, nanone yongeraho u Rwanda.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yalonde Makolo na we yagize icyo avuga kuri ibi birego by’ibinyoma byongeye kuvugwa na Perezida Felix Tshisekedi abibwira Papa Francis.

Yolande Makoro yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko ibi birego bimenyerewe, atari bishya kuri Tshisekedi, kandi ko afite impamvu akomeje kubizamura.

Yagize ati “Yafashe inzira yo kwitwaza u Rwanda ku mpamvu z’ibyo ateganya mu matora ayobya uburari, ubundi abantu ntibite ku musaruro mucye wa Guverinoma ye ndetse no kudashobora inshingano zo kugeza ku baturage ibyo yabasezeranyije.”

Guverinoma ya Congo yakomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bw’ubwoko bw’Abatutsi b’Abanyekongo bakomeje gutotezwa no kwicwa.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibi birego by’ibinyoma, rukagaragaza iri totezwa rikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gukorerwa Jenoside kandi amahanga agakomeza kubirebera.

Papa Francis yageje ijambo ku bahagarariye imiryango itari iya leta
Tshisekedi yamugaragarije ibibazo
Umuhango warimo abashumba muri Kiliziya
Yamuhaye impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Next Post

Batanu bakurikiranyweho igikorwa cy’ubunyamaswa bakoreye umugabo n’umugore we batangiye kubiryozwa

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu bakurikiranyweho igikorwa cy’ubunyamaswa bakoreye umugabo n’umugore we batangiye kubiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.