Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Robert Mugabe uzi Robert Mukombozi usanzwe ari umukozi wa RNC wirukanywe muri Uganda, yavuze ko yigeze no kwirukanwa n’u Rwanda rukamwoherereza Uganda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko Uganda yirukanye “umwanzi wa Uganda n’u Rwanda wari ku butaka bwa Uganda.”

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Gen Muhoozi wanashyizeho amafoto y’uyu Robert Mukombozi ari ku kibuga cy’indege, yaboneyeho guha ubutumwa Kayumba Nyamwasa washinze umutwe wa RNC, avuga ko yamuhaye gasopo kenshi.

Ati “Uri gukina n’Igihugu cyanjye kandi ingaruka zizaba ziteye ubwoba. RNC nta mwanya ifite muri Uganda.”

Robert Mukombozi ubu utuye i Burayi nk’impunzi, yavukiye muri Uganda ariko yabaye mu Rwanda aranahakorera.

Robert Mugabe ukora umwuga w’Itangazamakuru ricukumbura akaba n’umusesenguzi mu bya politiki, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, yavuze ko uyu Robert Mukombozi wirukanywe muri Uganda ubwo yari mu Rwanda yari asanzwe ari Umunyamakuru ucukumbura mu buryo budasanzwe ndetse ko ibikorwa bye ari na byo byatumye yinjira mu mwuga w’Itangazamakuru.

Mugabe avuga ko uyu mugabo wahoze ari Umunyamakuru wa The New Times, yirukanywe n’iki kinyamakuru cyo mu Rwanda nyuma yo kwandika inkuru y’ibinyoma ko ingabo za Uganda zendaga gutera u Rwanda.

Robert Mukombozi yahise atangira gukorera ikinyamakuru cyo muri Uganda ariko ari mu Rwanda, nyuma aza koherezwa muri Uganda yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda.

Mugabe uvuga ko Mukombozi ari Umunyamakuru w’umuhanga kuko azi gucukumbura. Ati “Ariko ikibazo cy’umuntu umeze gutyo biroroshye kumuyobya mu nyungu za politiki.”  

Uyu Mukombozi ngo ageze muri Uganda yahise atangira inzira zo kwaka ubuhunzi, aza kujya muri Australia ari na ho atuye ubu yanoherejwe ubwo yirukanwaga muri Uganda mu cyumweru gishize.

Mugabe avuga ko uyu Robert Mukombozi yinjiye muri RNC ubwo yari muri Australia netse akaza no guhabwa imirimo byo gushakisha abayoboke n’icengezamatwara muri iki Gihugu abamo cyose.

Avuga ko yaje muri Uganda gufatanya n’urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cy’iki Gihugu (CMI) mu bikorwa byo guhohotera Abanyarwanda babaga muri Uganda babaga banze kujya muri RNC.

Ati “Mu itotezwa ry’Abanyarwanda, yari arimo [Robert Mukombozi] ukurikije Raporo z’ubutasi. Kuba bamwirukanye muri Australia, ni ukuvuga ngo yirukanywe inshuro ebyiri, mbere yirukanywe n’u Rwanda imwohereza muri Uganda iti ‘musubirane umutungo wanyu’ nanone kuba Uganda yamwirukanye ubwo sinzi ukuntu bizagenda.”

Mugabe ahera no kuri iyi yirukanwa rya Robert Mukombozi muri Uganda, akavuga ko bigoye kuba abashaka kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bisunga Igihugu cy’igituranyi kuko Igihugu kitakwemera kwikorera umutwaro wo guhora gihanganye n’igituranyi cyacyo kirengera inyungu z’urwanya ubutegetsi bw’icyo Gihugu bihana imbibi.

Robert Mukombozi ubwo yirukanwaga ku butaka bwa Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Next Post

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.