Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwigeze kumwirukana rumwoherereza Uganda- Mugabe yavuze byinshi kuri Mukombozi wirukanywe na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Robert Mugabe uzi Robert Mukombozi usanzwe ari umukozi wa RNC wirukanywe muri Uganda, yavuze ko yigeze no kwirukanwa n’u Rwanda rukamwoherereza Uganda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko Uganda yirukanye “umwanzi wa Uganda n’u Rwanda wari ku butaka bwa Uganda.”

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Gen Muhoozi wanashyizeho amafoto y’uyu Robert Mukombozi ari ku kibuga cy’indege, yaboneyeho guha ubutumwa Kayumba Nyamwasa washinze umutwe wa RNC, avuga ko yamuhaye gasopo kenshi.

Ati “Uri gukina n’Igihugu cyanjye kandi ingaruka zizaba ziteye ubwoba. RNC nta mwanya ifite muri Uganda.”

Robert Mukombozi ubu utuye i Burayi nk’impunzi, yavukiye muri Uganda ariko yabaye mu Rwanda aranahakorera.

Robert Mugabe ukora umwuga w’Itangazamakuru ricukumbura akaba n’umusesenguzi mu bya politiki, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi TV, yavuze ko uyu Robert Mukombozi wirukanywe muri Uganda ubwo yari mu Rwanda yari asanzwe ari Umunyamakuru ucukumbura mu buryo budasanzwe ndetse ko ibikorwa bye ari na byo byatumye yinjira mu mwuga w’Itangazamakuru.

Mugabe avuga ko uyu mugabo wahoze ari Umunyamakuru wa The New Times, yirukanywe n’iki kinyamakuru cyo mu Rwanda nyuma yo kwandika inkuru y’ibinyoma ko ingabo za Uganda zendaga gutera u Rwanda.

Robert Mukombozi yahise atangira gukorera ikinyamakuru cyo muri Uganda ariko ari mu Rwanda, nyuma aza koherezwa muri Uganda yirukanywe ku butaka bw’u Rwanda.

Mugabe uvuga ko Mukombozi ari Umunyamakuru w’umuhanga kuko azi gucukumbura. Ati “Ariko ikibazo cy’umuntu umeze gutyo biroroshye kumuyobya mu nyungu za politiki.”  

Uyu Mukombozi ngo ageze muri Uganda yahise atangira inzira zo kwaka ubuhunzi, aza kujya muri Australia ari na ho atuye ubu yanoherejwe ubwo yirukanwaga muri Uganda mu cyumweru gishize.

Mugabe avuga ko uyu Robert Mukombozi yinjiye muri RNC ubwo yari muri Australia netse akaza no guhabwa imirimo byo gushakisha abayoboke n’icengezamatwara muri iki Gihugu abamo cyose.

Avuga ko yaje muri Uganda gufatanya n’urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cy’iki Gihugu (CMI) mu bikorwa byo guhohotera Abanyarwanda babaga muri Uganda babaga banze kujya muri RNC.

Ati “Mu itotezwa ry’Abanyarwanda, yari arimo [Robert Mukombozi] ukurikije Raporo z’ubutasi. Kuba bamwirukanye muri Australia, ni ukuvuga ngo yirukanywe inshuro ebyiri, mbere yirukanywe n’u Rwanda imwohereza muri Uganda iti ‘musubirane umutungo wanyu’ nanone kuba Uganda yamwirukanye ubwo sinzi ukuntu bizagenda.”

Mugabe ahera no kuri iyi yirukanwa rya Robert Mukombozi muri Uganda, akavuga ko bigoye kuba abashaka kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bisunga Igihugu cy’igituranyi kuko Igihugu kitakwemera kwikorera umutwaro wo guhora gihanganye n’igituranyi cyacyo kirengera inyungu z’urwanya ubutegetsi bw’icyo Gihugu bihana imbibi.

Robert Mukombozi ubwo yirukanwaga ku butaka bwa Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Zambia mu ruzinduko rw’iminsi 2

Next Post

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Niba hatangajwe gusa izamuka rya Lisansi na Mazutu nta bindi bigomba kuzamuka- Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.