• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kagiye guterana mu nama yiga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, avuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe ari i New York, aho aza gutanga ubutumwa mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro uyu munsi saa kumi ku isaha yo mu Rwanda.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, ikomeza ivuga ko iyi nama iza kugaruka ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri aka gace (MONUSCO).

Iyi Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, gateranye nyuma y’iminsi ibiri Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC bakoze inama na yo yigaga ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro inyuranye irimo ishyirwaho ry’abahuza mu gushaka umuti w’ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wigeze kuba Perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Kgalema Motlante wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wabaye Perezida wa Repubulika ya Centrafrique na Sahle-Work Zewde wigeze kuba Perezida wa Ethiopia.

Muri iyi nama kandi, Abakuru b’Ibihugu basabye abayoboye iyi Miryango (EAC na SADC) gutegura ikiganiro mu gihe kitarenze iminsi irindwi, bakaganira n’aba bahuza.

Umuryango w’Abibumbye ugiye kongera kuganira kuri iki kibazo, wakunze gushimangira ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, bigomba gushakirwa umuti binyuze mu biganiro bya Politiki, ari na byo bishyizwe imbere n’iyi Miryango yombi yo ku Mugabane wa Afurika, DRC ibereye Umunyamuryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

Next Post

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.