• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

radiotv10by radiotv10
16/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu cyongeye kwamagana kivuye inyuma igitero Israel yagabye kuri Qatar, avuga ko hakwiye kujyaho uburyo kurinda iki Gihugu.

Nubwo Israel itigeze yitabira iyi nama; abayitabiriye bose basubiramo imvugo igaragaza ko bamaganye icyemezo Guverinoma y’iki Gihugu yafashe mu cyumweru gishize.

Uhagarariye u Rwanda mu Biro by’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga ikorera mu Busuwisi,Amb. Urujeni Bakuramutsa, yongeye gushimangira ko u Rwanda rwababajwe na kiriya gikorwa Israel yakoze.

Yagize ati “Twifatanyije na Guverinoma ndetse n’abaturage ba Leta ya Qatar. Turamagana twivuye inyuma igetero Israel yagabye muri Qatar kuko gishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, kikanarushaho gutuma ibibazo bihari birushaho kuba bibi.

U Rwanda ruha agaciro ubusugire n’umutekano by’Ibihugu byose by’uyu Muryango. Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’amasezerano mpuzamahanga ndetse n’uburyo bwo gukemura ibibazo binyuze mu mahoro, bigomba kwitabazwa igihe cyose. Kwirengagiza ubu buryo ugakoresha imbaraga; bica intege umutekano uhuriweho.

Turashima uruhare rw’abahuza mu kwirinda ko ibintu birushaho kuba bibi, ahubwo bagaca inzira yo gushaka ibisubizo mu buryo bwa politike. Ni muri urwo rwego dushimira uruhare rwa Qatar mu gushaka amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, aho ikorana n’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe mu guhuza amasezerano y’i Washington n’ibiganiro bihuza Abanyekongo kugira ngo bahagarike ibibazo, kwimakaza uburenganzira bwa muntu no gushaka igisubizo cyumvikana mu buryo bwa politike.”

Nubwo abo bakomeje ibiganiro byamagana igitero Israel yagabye muri Qatar; mu izina ryo guhashya Hamas; Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, we yavuze ko yafashe uriya mwanzuro nk’uburyo bwo gutanga ubutumwa, kandi ngo nibiba ngombwa azakomereza muri uyu murongo.

Yagize ati “Iki gitero ntabwo cyapfubye kubera ko cyari gifite intego cyubakiyeho. Ubu butumwa twashaga gutanga ni ukumenyesha abantu ko ushobora kwiruka, ukihisha; ariko tuzakugeraho. Ibi ni ingenzi cyane kuko ibyihebe byumva ko bifite ubudahangarwa bikibwira ko bizabisubiramo kenshi.

Iyo ubyambuye ubwo budahangarwa bitangira kubitekerezaho neza. Itegeko ry’uko icyihebe kitagomba kugira ubudahangarwa utitaye ku hantu kiri, ntabwo ari njye warishyizeho, ariko itegeko tugenderaho kandi ntibizahinduka.”

Nubwo amahanga akomeje kwamagana Israel, ntagaragaza niba icyo Gihugu kigomba kuryozwa icyo cyemezo.  Ibihugu 50 by’Abarabu byateraniye i Doha mu cyumweru gishize, na byo byashyize hamwe amajwi byamagana Israel, icyakora Qatar yo yavuze ko idateze kwihimura mu buryo bwa gisilikare, ariko kugeza uyu munsi Leta Zunze Ubumwe za America zo zivuga ko Israel na Qatar badashobora kurwana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 10 =

Previous Post

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Next Post

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.