Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwabwiye Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, ko ruhangayikishijwe n’imikoranire yahawe intebe hagati ya Guverinoma ya DRC n’umutwe wa FDLR wabaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside, rusaba aka Kanama kugira icyo gakora.

Byatangajwe n’uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Claver Gatete kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, imbere y’Inteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano muri uyu Muryango.

Yagize ati “U Rwanda ruracyatewe impungenge cyane n’imikoranire ikomeje kubaho hagati y’umutwe w’inyeshyamba zakoze Jenoside wa FDLR n’indi mitwe yitwaje Intwaro ifashwa na Guverinoma ya Kinshasa.”

Yakomeje avuga ko iyi mikoranire ndetse no guha intwaro umutwe wa FDLR, yakunze kugarukwaho n’abanyamuryango benshi b’Akanama gashyinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula, umwaka ushize yihanukiriye akavuga ko umutwe wa FDLR utakibaho muri DRC.

Ati “Ibi yavuze umwaka ushize kandi yabibwiye Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano kanafatiye ibihano uyu mutwe w’Abajenosideri.”

Ambasaderi Claver Gatete yibukije ko uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, bakaba barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi igihe bamazeyo bakomeje gukorana na Guverinoma y’iki Gihugu mu gihe kirenga imyaka 20.

Ati “Ubu rero ntabwo ari imikoranire gusa, ahubwo baranafatanya n’Igisirikare cya RDC mu rugamba, kandi bagahabwa ubufasha na Guverinoma ibaha intwaro.”

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba Guverinoma ya Congo ikorana n’uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ariko hakagira abahindukira bagashinja u Rwanda ibinyoma.

Amb. Gatete avuga ko iyi mikoranire ya Guverinoma ya Congo na FDLR, ikomeje kuburizamo ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zafashwe n’akarere mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Bityo rero aka Kanama gakwiye gusaba Guverinoma ya Congo kuzuza inshingano zayo zo kwitandukanya na FDLR, kandi ikizera ko icyemezo cyo gutahuka mu Rwanda cyubahirijwe nk’uko byanzuriwe mu nama y’i Nairobi.”

Yanagaragaje kandi ko ubutumwa bwuzuye ivangura rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, ndetse n’ibikorwa byo kubica, bikomeje gukorwa muri Congo, kandi bitototera umutekano w’u Rwanda gusa, ahubwo no mu karere k’ibiyaga bigari kose.

Ati “Ibi ni ibintu byakomeje kwisubiramo mu myaka yatambutse, ariko ntihabeho guhana, kandi aka Kanama ntigakwiye gukomeza kubirebera.”

Yavuze ko nta nyungu u Rwanda rwakura mu kuba DRC yaba irimo ibibazo by’umutekano, kandi ko rukomeje gushyigikira iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Nairobi.

Amb. Claver Gatete yakomeje avuga ko ikibabaje ari Ibihugu bigendera mu kinyoma cya DRC, bikabogamira ku ruhande rwayo kugira ngo bikomeze kurengera inyungu zabyo z’ubukungu zifite muri Congo, na byo bigashinja u Rwanda ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + thirteen =

Previous Post

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Next Post

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.