Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwongeye kugaragariza Isi ibiruhangayikishije biri muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwabwiye Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, ko ruhangayikishijwe n’imikoranire yahawe intebe hagati ya Guverinoma ya DRC n’umutwe wa FDLR wabaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside, rusaba aka Kanama kugira icyo gakora.

Byatangajwe n’uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Claver Gatete kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeri 2023, imbere y’Inteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano muri uyu Muryango.

Yagize ati “U Rwanda ruracyatewe impungenge cyane n’imikoranire ikomeje kubaho hagati y’umutwe w’inyeshyamba zakoze Jenoside wa FDLR n’indi mitwe yitwaje Intwaro ifashwa na Guverinoma ya Kinshasa.”

Yakomeje avuga ko iyi mikoranire ndetse no guha intwaro umutwe wa FDLR, yakunze kugarukwaho n’abanyamuryango benshi b’Akanama gashyinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula, umwaka ushize yihanukiriye akavuga ko umutwe wa FDLR utakibaho muri DRC.

Ati “Ibi yavuze umwaka ushize kandi yabibwiye Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano kanafatiye ibihano uyu mutwe w’Abajenosideri.”

Ambasaderi Claver Gatete yibukije ko uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, bakaba barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi igihe bamazeyo bakomeje gukorana na Guverinoma y’iki Gihugu mu gihe kirenga imyaka 20.

Ati “Ubu rero ntabwo ari imikoranire gusa, ahubwo baranafatanya n’Igisirikare cya RDC mu rugamba, kandi bagahabwa ubufasha na Guverinoma ibaha intwaro.”

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba Guverinoma ya Congo ikorana n’uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ariko hakagira abahindukira bagashinja u Rwanda ibinyoma.

Amb. Gatete avuga ko iyi mikoranire ya Guverinoma ya Congo na FDLR, ikomeje kuburizamo ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zafashwe n’akarere mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Bityo rero aka Kanama gakwiye gusaba Guverinoma ya Congo kuzuza inshingano zayo zo kwitandukanya na FDLR, kandi ikizera ko icyemezo cyo gutahuka mu Rwanda cyubahirijwe nk’uko byanzuriwe mu nama y’i Nairobi.”

Yanagaragaje kandi ko ubutumwa bwuzuye ivangura rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, ndetse n’ibikorwa byo kubica, bikomeje gukorwa muri Congo, kandi bitototera umutekano w’u Rwanda gusa, ahubwo no mu karere k’ibiyaga bigari kose.

Ati “Ibi ni ibintu byakomeje kwisubiramo mu myaka yatambutse, ariko ntihabeho guhana, kandi aka Kanama ntigakwiye gukomeza kubirebera.”

Yavuze ko nta nyungu u Rwanda rwakura mu kuba DRC yaba irimo ibibazo by’umutekano, kandi ko rukomeje gushyigikira iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Nairobi.

Amb. Claver Gatete yakomeje avuga ko ikibabaje ari Ibihugu bigendera mu kinyoma cya DRC, bikabogamira ku ruhande rwayo kugira ngo bikomeze kurengera inyungu zabyo z’ubukungu zifite muri Congo, na byo bigashinja u Rwanda ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 8 =

Previous Post

Urwego rwo gukusanya imyanda rwungutse uburyo buzarufasha kurushaho gukorera neza Abaturarwanda

Next Post

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.