• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo guhanura ubukwe bwa Papa Sava na Mama Sava byavugishije benshi, agahanurira Bushali gukorana indirimbo Jason Derulo, uwitwa Prophet Akimu yahanuriye Bruce Melodie ko azaba umuhanzi wa mbere ku Isi, no kuzatunga televiziyo ye bwite.

Uyu wiyita umuhanuzi, yahanuye ibi ubwo bari kuri Live y’urubuga rwa TikTok, yari inariho umuhanzi Bruce Melodie, Bushali, Godfather n’abandi bantu batandukanye baganiraga kuri iyo live.

Uyu wiyita Umupasiteri yaje muri iki kiganiro, akihagera Umuhanzi Bushali atamworoheye bitewe n’ibyo na we yamuhanuriye mu minsi ishize ariko ntibisohore, gusa ntibyabujije Akimu kongera guhanura.

Bushali wari warakijijwe nyuma yo gusengerwa n’uyu prophet, akibona aje gukurikirana iki kiganiro kuri Live, yamubajije impamvu yamubeshye ko azakorana indirimbo na Jason Deruro akaba yaramwandikiye kuri Email ariko ntasubizwe.

Akomeza amubwira ati “Nubwo nari nakijijwe nyuma yuko wansengeye ariko ntangiye gukemanga iyo Mana ukorera kuko ishobora kuba ibeshya.”

Uyu mupasiteri yahise amenyesha Bruce Melodie ko hari ubuhanuzi amufitiye, bamuha akanya atangira kumuhanurira na we atega amatwi.

Prophet Akimu yamuhanuriye ko azaba umuhanzi wa mbere ku isi anamubwira ko azarusha ubwamamare Diamond platnumz.

Ati “N’Abanyarwanda bose bari ahangaha babyumve uri uwo hejuru, Imana izakurindire amagara, ukiranuke imbere y’Imana yawe, impano ufite si umwana w’umuntu wayiguhaye ni data wayiguhaye. Ubwiza bw’Imana bukubeho ni nawe muhanzi wa mbere mu Rwanda, uzaba n’umuhanzi wa mbere ku isi muri East Africa, reka n’aba ba Diamond uri gukorana na bo ni abana imbere yawe. Imana igushyize hejuru byakire.”

Akimara kuvuga ibi, Bruce Melodie yamusubije ko ibyo bintu amubwiye yabiririmbye mu ndirimbo yise “Nzaguha umugisha”.

Prophet Akimu yakomeje avuga ko Bruce Melodie ari mu gihe cye ndetse yemeza ko ari umuhanzi mpuzamahanga.

Ati “Ndumva ijwi ry’Uwiteka rivugana nanjye ngo akira indi minsi yo kubaho no guhimba ibintu bishya bizakundwa n’Isi yose, uzaririmba mu gifaransa, mu gitaliyani, mu cyongereza, mu ndimi nyinshi, ahubwo babe bagufata neza kuko uyu Mujyi wa Kigali ugiye kubaka televiziyo yitwa Melodie TV, ugiye gushyiraho amamodoka yitwa Melodie Transports. Hri ibintu ugiye gukora bizaba bifitiye agaciro isi.”

Nyuma yo kumva ubwo buhanuzi, Melodie yashimiye Pasitoro avuga ijambo Amena, Akimu amusaba ko yamukurikira (Follow) akazamubwira ubundi buhanuzi busigaye atamubwiye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Next Post

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.