Friday, September 4, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Ubujurire bw’umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ bwateshejwe agaciro

Ubujurire bw’umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ bwateshejwe agaciro

Ubujurire bw’umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta wakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’amezi atandatu, bwateshejwe agaciro n’Urukiko Rukuru, rwemeza ko igihano yakatiwe kigumaho.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Kane tariki 03 Nzeri 2026, aho Fatakumavuta yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo imyaka ibiri n’amezi atandatu n’ihazabu ya Miliyoni 1,3 Frw.

Umwanzuro w’Urukiko Rukuru rwajuririwe iki cyemezo, wemeza ko uregwa ahamwa n’ibyaha byo gutukana, gukoresha ibiyobyabwenge no gukangisha gusebanya.

Uru Rukiko rwatangaje ko nta mpamvu nshya zagaragaye zatuma hahindurwa umwanzuro wafashwe mbere, rwemeza ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gifite ishingiro, bityo ko igihano yakatiwe cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu kigumaho.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije mu mizi uru rubanza, rwafashe kiriya cyemezo, rutegeka ko uregwa afungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni 1,3 Frw.

Fatakumavuta watawe muri yombi mu kwezi k’Ukwakira 2024, biteganyijwe ko azarangiza igihano cy’igifungo yakatiwe muri Mata umwaka utaha wa 2027.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 20 =