Ubukwe bw’umuherwekazi uzwi mu karere butegerejwemo uwo bitakekwaga ko azabutaha

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka wo muri Tanzaniya ategerejewe mu bukwe bw’umugore w’umuherwe Zari Hassan banabyaranye abana babiri, ugiye gushyingiranwa n’umusore arusha imyaka 12.

Nk’uko bigarargara mu bitangazamakuru byo mu Gihugu cya Tanzaniya, uyu muhanzi Diamond ategerejwe mu bukwe bw’uwahoze ari umukunzi we ndetse bakaba bafitanye abana babiri.

Izindi Nkuru

Bivugwa ko uyu muhanzi w’ikirangirire mu karere no muri Afurika, agiye kwitabira ubu bukwe bw’uwo babanye nk’umugore n’umugabo, yarabutumiwemo.

Ibi bitangazamakuru byo muri Tanzania bivuga kandi ko Diamond Platnumz ashobora no kuzasusurutsa abazitabira ubu bukwe, akabaririmbira.

Ni ubukwe buteganyijwe uyu munsi kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukwakira, bwitezwe ko buza gutahwa n’ibyamamare bitandukanye ndetse n’abanyacyubahiro, nk’abayobozi mu nzego zitandukanye muri Uganda aho akomoka, no muri Tanzania akunze kuba.

Zari Hassan w’imyaka 43 y’amavuko, agiye gushyingiranwa n’umusore Shakib Cham Lutaaya w’imyaka 31. Bivuze ko amurusha imyaka 12.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru