Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage ntibavuga rumwe ku gitekerezo cy’imiryango imwe iharanira uburinganire n’iterambere ry’umuryango cy’uko abagabo nabo bajya bahabwa impanuro mbere yo kurushinga nk’uko bigenda ku bakobwa ibizwi nka “Bridal shower”.

Bisa n’ibimaze kumenyerwa ko umukobwa ugiye gushyingirwa, bagenzi be bafata umunsi wo kumusezeraho bakamuha inama n’impanuro ari byo bita “Bridal shower”, hagamijwe kumufasha kuzubaka urwo atashye rugakomera.

12 Groom Shower Ideas Your Fiancé Will Love

Abagabo barasabwa kujya bakorerwa ibirori bya groom shower nk’uko bigenda ku bagore mbere yo gushyingirwa

Kuba izi mpanuro zihabwa uruhande rw’umukobwa ariko umuhungu we ntabikorerwe, ni byo imiryango iharanira uburinganire n’iterambere ry’umuryango ishingiraho ivuga ko bitanga icyuho mu buringanire bw’uyu muryango mushya, bagasanga umusore nawe yajya ahanurwa  nk’uko Uwamariya Josephine uyobora Action Aid mu Rwanda abivuga.

Yagize ati” Umukobwa akorerwa Bridal Shower, akigishwa kuzubaha umugabo n’ibindi, kandi ni byiza rwose, ariko n’umusore na we ajye akorerwa Groom shower kugira ngo amenye uko azafasha umugore we.”

Bamwe mu bagore n’abakobwa bavuga ko mu gihe izi bridal shower zitakozwe nko kugwiza umurongo umukobwa akagirwa inama, ngo biramufasha cyane ndetse nabo bagasanga n’umusore agiye azihabwa byaba byiza kurushaho.

Umwe yagize ati “Mbona umukobwa wakorewe bridal shower bimufasha bityo n’abasore barazikeneye rwose, kugira ngo bitazamugora gufatanya n’umugore”.

Mukamazera Joyce we yagize ati “ Rwose iyo umukobwa bamwegereye bakamugira inama, biramufasha rwose, rero n’abasore barazikeneye kuko ntawe babona ubaganiriza, bigatuma bashinga urugo hari ibyo batazi.”

Ku ruhande rw’abasore bamwe na bo babyemeranyaho n’aba bagore bakavuga ko koko basanga bikenewe ko bagirwa inama z’uko bazitwara mu rugo ,icyakora hari n’abatabikozwa.

Uwitwa Dusenge John yagize ati “ Rwose byadufasha pe, kuko kuba umukobwa agirwa inama umuhungu ntagire icyo amenya ,urumva ni ikibazo.”

Undi witwa Kubwimana Maurice we yabiteye utwatsi ati “ reka si ngombwa ko umugabo ajya kwirirwa ahanurwa, aba agiye gushinga urugo azi icyo gukora, no mu muco umugabo aba ari umugabo,nta mpamvu rero yo gukorerwa ibyo birori ngo arahanurwa.”

Bridal shower - Wikipedia

Abahanga mu byimibanire bahamya ko Bridal Shower umugore kubaka urugo

N’ubwo umubare munini w’abo twaganiriye bemeza ko inama zitangirwa muri bridal shower ari ingiakamro mu iterambere ry’umuryango uba ugiye gushingwa, hari abakuze bavuga ko kuba utagikorwa bijyanye n’umuco byakomotseho,aho umukobwa yahanurwaga na ba Nyrasenge bamureze ,ngo none bakaba baganrrzwa n’abavuye imianda yose ,ngo bituma nubuzirange bw’ibyo babwirwa bukemangwa ngo dore ko hari n’abicuza impamvu babibwiwe.

Yanditswe na Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + one =

Previous Post

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Next Post

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y'inkondo y'umura zigezwa ku bigonderabuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.