Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage ntibavuga rumwe ku gitekerezo cy’imiryango imwe iharanira uburinganire n’iterambere ry’umuryango cy’uko abagabo nabo bajya bahabwa impanuro mbere yo kurushinga nk’uko bigenda ku bakobwa ibizwi nka “Bridal shower”.

Bisa n’ibimaze kumenyerwa ko umukobwa ugiye gushyingirwa, bagenzi be bafata umunsi wo kumusezeraho bakamuha inama n’impanuro ari byo bita “Bridal shower”, hagamijwe kumufasha kuzubaka urwo atashye rugakomera.

12 Groom Shower Ideas Your Fiancé Will Love

Abagabo barasabwa kujya bakorerwa ibirori bya groom shower nk’uko bigenda ku bagore mbere yo gushyingirwa

Kuba izi mpanuro zihabwa uruhande rw’umukobwa ariko umuhungu we ntabikorerwe, ni byo imiryango iharanira uburinganire n’iterambere ry’umuryango ishingiraho ivuga ko bitanga icyuho mu buringanire bw’uyu muryango mushya, bagasanga umusore nawe yajya ahanurwa  nk’uko Uwamariya Josephine uyobora Action Aid mu Rwanda abivuga.

Yagize ati” Umukobwa akorerwa Bridal Shower, akigishwa kuzubaha umugabo n’ibindi, kandi ni byiza rwose, ariko n’umusore na we ajye akorerwa Groom shower kugira ngo amenye uko azafasha umugore we.”

Bamwe mu bagore n’abakobwa bavuga ko mu gihe izi bridal shower zitakozwe nko kugwiza umurongo umukobwa akagirwa inama, ngo biramufasha cyane ndetse nabo bagasanga n’umusore agiye azihabwa byaba byiza kurushaho.

Umwe yagize ati “Mbona umukobwa wakorewe bridal shower bimufasha bityo n’abasore barazikeneye rwose, kugira ngo bitazamugora gufatanya n’umugore”.

Mukamazera Joyce we yagize ati “ Rwose iyo umukobwa bamwegereye bakamugira inama, biramufasha rwose, rero n’abasore barazikeneye kuko ntawe babona ubaganiriza, bigatuma bashinga urugo hari ibyo batazi.”

Ku ruhande rw’abasore bamwe na bo babyemeranyaho n’aba bagore bakavuga ko koko basanga bikenewe ko bagirwa inama z’uko bazitwara mu rugo ,icyakora hari n’abatabikozwa.

Uwitwa Dusenge John yagize ati “ Rwose byadufasha pe, kuko kuba umukobwa agirwa inama umuhungu ntagire icyo amenya ,urumva ni ikibazo.”

Undi witwa Kubwimana Maurice we yabiteye utwatsi ati “ reka si ngombwa ko umugabo ajya kwirirwa ahanurwa, aba agiye gushinga urugo azi icyo gukora, no mu muco umugabo aba ari umugabo,nta mpamvu rero yo gukorerwa ibyo birori ngo arahanurwa.”

Bridal shower - Wikipedia

Abahanga mu byimibanire bahamya ko Bridal Shower umugore kubaka urugo

N’ubwo umubare munini w’abo twaganiriye bemeza ko inama zitangirwa muri bridal shower ari ingiakamro mu iterambere ry’umuryango uba ugiye gushingwa, hari abakuze bavuga ko kuba utagikorwa bijyanye n’umuco byakomotseho,aho umukobwa yahanurwaga na ba Nyrasenge bamureze ,ngo none bakaba baganrrzwa n’abavuye imianda yose ,ngo bituma nubuzirange bw’ibyo babwirwa bukemangwa ngo dore ko hari n’abicuza impamvu babibwiwe.

Yanditswe na Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twelve =

Previous Post

IMF cyageneye Tanzaniya inkunga iri hafi ya miriyari 600 z’amanyarwanda

Next Post

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y'inkondo y'umura zigezwa ku bigonderabuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.