Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

radiotv10by radiotv10
03/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi ba APR FC yamaze guhaguruka i Kigali yerecyeza mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramids FC muri CAF Champions League, bizeje abakunzi bayo kuzakora iyo bwabaga bagatahana intsinzi, kandi ko bazakuba kabiri imbaraga bakoresheje mu mukino wa mbere.

Ikipe ya APR FC yahagurutse i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Ukwakira 2025, yerecyeza mu Misiri gukina umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League na Pyramids FC.

Mu mukino ubanza wabereye i Kigali, APR FC yatsinzwe ibitego 2-0, ariko abakinnyi bayo bavuga ko bafite icyizere cyo guhindura amateka mu mukino wo kwishyura.

Ronald Ssekiganda, umwe mu bafatiye runini ikipe mu kibuga hagati, yavuze ko bagiye gukuba inshuro ebyiri imbaraga bakoresheje mu mukino ubanza.

Yagize ati “Tugiye mu Misiri gukoresha byikubye imbaraga twakoresheje ku mukino wa mbere. Twabonye amahirwe menshi i Kigali, birashoboka gutsinda. Nituramuka twubahirije amabwiriza y’umutoza kandi tugashyirahamwe nk’ikipe, tuzatsinda kandi tugere mu cyiciro gikurikira.”

Niyomugabo Claude, Kapiteni w’iyi kipe ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, na we yagarutse ku bisabwa ngo babone intsinzi.

Yagize ati “Umukino wa mbere ntabwo wagenze neza, ariko tugiye gushaka intsinzi. Tugomba gusenyera umugozi umwe, abafana bacu na bo bakomeze kuduha inkunga kuko turi kurwana urugamba rukomeye.”

Rutahizamu Mamadou Sy, na we afite icyizere cyo kwitwara neza i Cairo mu Misiri bakamanukana mu Rwanda intsinzi.

Yagize ati “Tugiye twizeye ko tuzagira umukino mwiza. Ibyabaye i Kigali ntibyaduciye intege, ahubwo byatwongerera imbaraga. Ibyabaye mu mukino ubanza byaba no mu Misiri.”

APR FC itaratsindira mu Misiri na rimwe mu mikino ibiri iheruka gukinirayo, irasabwa gutsinda ickinyuranyo cy’ibitego bitatu (3) kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukwakira 2025.

Mamadou Sy n’umunyezamu Ishimwe Pierre

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + four =

Previous Post

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

by radiotv10
02/10/2025
0

Joy-Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah FK yo muri Azerbaijan, ni umwe mu bakinnyi bahamagwe n’Umutoza w’Amavubi Adel Amrouche, akaba...

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

by radiotv10
01/10/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, mu mukino wa mbere w’ijonjora ribanza, itsindiwe i Kigali...

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

by radiotv10
30/09/2025
1

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu...

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

by radiotv10
30/09/2025
0

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku ari mu gahinda k’urupfu rw’umubyeyi we Roger Menama Lukaku na we wakinnye ruhago unafite ibigwi muri...

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

by radiotv10
29/09/2025
0

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports bari baherekeje iyi kipe mu Gihugu cya Tanzania, baje gufatirwa mu nzira ubwo bari...

IZIHERUKA

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali
FOOTBALL

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

by radiotv10
03/10/2025
0

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

03/10/2025
Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

03/10/2025
Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

03/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.