• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku ari mu gahinda k’urupfu rw’umubyeyi we Roger Menama Lukaku na we wakinnye ruhago unafite ibigwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho uyu mukinnyi wakiniye amakipe akomeye arimo Manchester United, yagaragaje akababaro atewe no kubura Se wamwigishije buri kimwe cyose azi.

Inkuru y’urupfu rwa Roger Lukaku wabaye umukinnyi n’umutoza, rwatangajwe n’umuhungu we Romelu Lukaku, ndetse n’ikipe yabereye umutoza ya DC Motemba Pembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Roger Lukaku ni umwe mu bafite izina rikomeye muri ruhago yo muri DRC, akaba yarananyuze mu makipe anyuranye yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi yanabyariye umuhungu we rurangiranwa Romelu Lukaku ukinira ikipe ya kiriya Gihugu cy’i Burayi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na DC Motemba Pembe kuri uyu wa Mbere, iyi kipe y’i Kinshasa, yatangaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Roger Lukaku bafataga nk’umubyeyi, umuvandimwe ndetse n’inshuti y’umuryango mugari w’iyi kipe.

Rutahizamu Romelu Lukaku na we wanyuze mu makipe akomeye ku Mugabane w’u Burayi, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’umubyeyi we.

Yagize ati “Wazarakoze kunyigisha buri kimwe cyose nzi, iteka ryose nzahora ngushimira. Ubuzima ntibuzakomeza kumera kimwe, warakoze kumba hafi no kunyobora mu nzira nziza bitari kubasha gukorwa n’undi wese.”

Uyu rutahizamu akomeza agira ati “Amarira ari gutemba cyane, ariko Imana izampa imbaraga zo kongera gukomera no kongera kuduhuza. Wakoze kuri buri kimwe.”

Uretse uyu rutahizamu Romelu Lukaku wakiniye amakipe akomeye arimo Manchester United, Inter, na AS Roma, undi mwana wa nyakwigendera Roger Menama Lukaku ni Jordan Lukaku na we usanzwe ari umukinnyi ariko udafite ikipe akinira muri iki gihe.

Lukaku yakiniye n’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza

Roger Menama Lukaku umbyeyi wa Romelu Rukaku yitabye Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe comments on Blackwater mercenaries hired by DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.