• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu iyoboye izindi muri Afurika, kuko iri mu makipe baba bifuza gukina, kandi ko bizeye kuzaha ibyishimo abafana b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze wa CAF Champions League uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Ukwakira 2025, uzahuza APR n’iyi kipe yo mu Misiri isanzwe iri mu makipe akomeye ku Mugabane wa Afurika ari na yo yegukanye iki gikombe cya CAF Champions League.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kibanziriza uyu mukino uzahuza Iyi kipe yamaze kugera mu Rwanda, na APR, Kapiteni w’iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yavuze ko biteguye neza, kandi ko badafite ubwoba, nk’uko hari abafana ba APR bafite impungenge ndetse na bamwe b’ayandi makipe bakomeje gutega iminsi iyi kipe.

Yagize ati “Hari ibyo muzabona mutigeze mubona. Ntakibazo kirimo, ahubwo namwe mutuze, mushyire umutima hamwe.”

Akomeza avuga ko bagiye guhura na Pyramids babizi ko ari ikipe ikomeye, kuko ari na yo yayisezereye umwaka ushize, ariko ko kuba ari nziza ari byo biha imbaraga abakinnyi ba APR.

Ati “Ni ikipe nziza muri Afurika ndakeka ari yo iyoboye, twebwe ahubwo kuba dutombora amakipe makuru, ni amahirwe kuri twe, bidutera imbaraga cyane, aho kugira ngo dutombore ya kipe muba mwasuzuguye,…oya. Twebwe ahubwo Imana ijye idufasha dutombore za Al Ahly [yo mu Misiri], za Mamelodi [yo muri Afurika y’Epfo], za Kaizer [na yo muri Afurika y’Epfo], ni yo mikino tuba dushaka kuri twe.”

Kapiteni Niyomugabo asaba abafana ba APR kuzaza gushyigikira ikipe yabo ku bwinshi, ubundi ibindi babibarekere, kandi ko bizeye kuzabaha ibyishimo bazatahana.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Edouard says:
    8 months ago

    Pyramid ntizahikura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 1 =

Previous Post

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Next Post

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.