Sunday, March 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu iyoboye izindi muri Afurika, kuko iri mu makipe baba bifuza gukina, kandi ko bizeye kuzaha ibyishimo abafana b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze wa CAF Champions League uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Ukwakira 2025, uzahuza APR n’iyi kipe yo mu Misiri isanzwe iri mu makipe akomeye ku Mugabane wa Afurika ari na yo yegukanye iki gikombe cya CAF Champions League.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kibanziriza uyu mukino uzahuza Iyi kipe yamaze kugera mu Rwanda, na APR, Kapiteni w’iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yavuze ko biteguye neza, kandi ko badafite ubwoba, nk’uko hari abafana ba APR bafite impungenge ndetse na bamwe b’ayandi makipe bakomeje gutega iminsi iyi kipe.

Yagize ati “Hari ibyo muzabona mutigeze mubona. Ntakibazo kirimo, ahubwo namwe mutuze, mushyire umutima hamwe.”

Akomeza avuga ko bagiye guhura na Pyramids babizi ko ari ikipe ikomeye, kuko ari na yo yayisezereye umwaka ushize, ariko ko kuba ari nziza ari byo biha imbaraga abakinnyi ba APR.

Ati “Ni ikipe nziza muri Afurika ndakeka ari yo iyoboye, twebwe ahubwo kuba dutombora amakipe makuru, ni amahirwe kuri twe, bidutera imbaraga cyane, aho kugira ngo dutombore ya kipe muba mwasuzuguye,…oya. Twebwe ahubwo Imana ijye idufasha dutombore za Al Ahly [yo mu Misiri], za Mamelodi [yo muri Afurika y’Epfo], za Kaizer [na yo muri Afurika y’Epfo], ni yo mikino tuba dushaka kuri twe.”

Kapiteni Niyomugabo asaba abafana ba APR kuzaza gushyigikira ikipe yabo ku bwinshi, ubundi ibindi babibarekere, kandi ko bizeye kuzabaha ibyishimo bazatahana.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Edouard says:
    5 months ago

    Pyramid ntizahikura

    Reply

Leave a Reply to Edouard Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − three =

Previous Post

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Next Post

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Related Posts

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca...

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

07/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

06/03/2026
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.