Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda Mpuzamahanga rihuriweho na Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ryashyize hanze itangazo ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, rivuga ko ritewe impungenge n’ibiri kubera muri kariya gace, rinasaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika ibikorwa byibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Iri tsinda rigizwe na Guverinoma za Leta Zunze Ubumwe za America, u Budage, u Bubiligi, Danemark, iz’Ibihugu bya Pays-Bas, u Bwongereza, Suède ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uhagarairwe na Suède.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze n’iri tsinda ICG (International Contact Group for the Great Lakes), rivuga ko “ritewe impungenge cyane n’ibiriho biba muri iki gihe mu burasirazuba bwa DRC, byo kurenga ku gahenge kemejwe n’amasezerano y’i Washington yasinywe tariki 04 Ukuboza 2025 ndetse n’ingamba zafatiwe i Doha ku ya 19 Nyakanga 2025 mu rwego rwo guhagarika imirwano mu buryo bwa burundu.”

Iri tsinda rigaragaza ko muri uku kurenga kuri ibi byose, mu mirwano hari gukoreshwa indege zitagira abapilote (Drones) mu bitero bikomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivile.

Riti “Impande zose bireba zigomba kubahiriza ibyo zemeye mu buryo bwihutirwa kandi nta mananiza zigahagarika imirwano, kandi zigasubukura ibiganiro.”

Iri tsinda rivuga ko ibibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, bidashobora gukemurwa n’imbaraga za gisirikare, ryaboneyeho gushimira Umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe, Faure Gnassingbé ndetse n’irindi tsinda ry’abamufasha, kimwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America n’ubwa Qatar.

Riti “Turashimira imbaragaza zakoreshejwe na Qatar, CIRGL na MONUSCO mu gushyira mu bikorwa urwego rushinzwe kugenzura no gukirikirana iyubahirizwa ry’agahenge. Tuributsa ko hakenewe ko habaho umwuga worohereza ibiganiro bihuza Abanyekongo ntawe usigaye, n’abafatanyabikorwa bose b’ingenzi muri Congo, nk’ikintu gikomeye mu kugera ku mahoro arambye muri DRC, kandi tunashimira inzira z’ubujyanama zatangijwe na Repubulika ya Angola.”

ICG kandi yaboneyeho gusaba impande zose zirebwa na biriya bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC kubahiriza ihame ry’uburenganzira mpuzamahanga ku bikorwa by’ubutabazi, ndetse no gutuma habaho uburyo bugera ku babukeneye mu buryo bworoshye.

Iri tsinda kandi ryanashimiye intambwe yatewe na za Guverinoma ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu karere mu buryo bwo korohereza ubutabazi, yagaragaye nyuma yuko hakozwe urugendo rwa Komiseri Lahbib harimo gufungura umupaka uguza DRC n’u Burundi, ndetse no kuba harakoreshejwe ikibuga cy’Indege cya Goma mu ruzinduko ruheruka rwa van de Perre, Umuyobozi Mukuru w’Agategenyo wa MONUSCO akaba n’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN, rikavuga ko byagombye kuba inzira yo gutuma kiriya Kibuga cy’Indege gifungurwa mu buryo burambye, kigakoreshwa n’indege mu bikorwa by’ubutabazi.

ICG yaboneyeho gusaba impande zose guhagarika imvugo zibiba urwando, ivangura ndetse n’ibindi bikorwa bihonyora ikiremwamuntu, byumwihariko ibikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, kimwe n’ibindi bikorwa byose bishobora gushyira mu kangaratete ubuzima bw’abaturage b’abasivile.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 2 =

Previous Post

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Next Post

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.