Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa bibi bikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, kuko ruzi uburemere n’ingaruka zabyo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Joshua Barnes w’ikinyamakuru Firstpost cyo mu Buhindi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nduhungirehe abajijwe niba ibihano Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse gufatira Ingabo z’u Rwanda, bizatanga umuti urambye wa biriya bibazo byakunze kugenda byisubira mu bihe runaka, yavuze ko bidashoboka.

Ati “Ibi ntabwo ari byo bihano bya mbere bifatiwe u Rwanda, muri za 2012 na 2013 hari ibindi bihano mu ntambara ya mbere ya M23. Hari amakimbirane ya mbere yarangiye muri 2013 hakoreshejwe imbaraga za gisirikare ariko umuzi w’ayo makimbirane ntiwigeze ukemurwa. Ni yo mpamvu aya makimbirane yagarutse nyuma y’imyaka umunani, mu Kwakira 2021.”

Nduhungirehe avuga ko iki ari cyo gihe ngo hashakwe umuti haherewe mu mizi y’ibibazo, kugira ngo ariya makimbirane ashyirweho akadomo mu buryo bwa burundu.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko impamvu u Rwanda rwakunze kugaragaza uko biriya bibazo byakemurwa, ari uko amateka yarwo afitanye isano n’ibikorerwa Abanyekongo byanatumye havuka uriya mutwe wa M23.

U Rwanda n’abayobozi barwo, bakunze gutabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakomeje kugirirwa nabi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, banagaragaza uburyo ibi bibazo byashakirwa umuti.

Minisitiri Nduhungirehe ati “Mu Rwanda mu 1994, twashegeshwe na Jenoside, rero iyo twumvise ingengabitekerezo ya Jenoside, iyo twumvise amagambo nk’ayakoreshwaga mbere ya Jenoside [kuko hari abakoreshaga ‘inyenzi’ cyangwa mikorobe] babyita Abatutsi, aracyakoreshwa muri DRC yewe n’abayobozi barayakoresha, rero biraduhangayikisha kuko ibyatubayeho mu 1994 ntibizongera kubaho ukundi.”

Nduhungirehe kandi yagarutse ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ufashwa na Guverinoma ya DRC ukaba unakorana n’abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.

Avuga ko ibibazo byo muri Congo byarushijeho kuba bibi ubwo ubutegetsi bw’iki Gihugu bwakinjijemo abanyamahanga, barimo abo bacancuro, n’ingabo z’u Burundi.

Avuga ko kandi ikibabaje ari uko abo bose bakorana na FDLR ifite umugambi wo kugaruka mu Rwanda kugira ngo urangize umugambi watangije wo kurimbura Abatutsi.

Ati “Ntabwo bazabigeraho. Ni yo mpamvu twashyizeho ingamba z’ubwirinzi kugira ngo dukomeze kurinda abaturage bacu n’imipaka yacu.”

Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rugihagaze ku bushake bwarwo bwo kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byabonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro, kandi ko rugifitiye icyizere amasezerano y’i Washington rwasinyanye na Congo mu kwezi k’Ukuboza 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 6 =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe Explains Rwanda’s Concerns Over Genocide Ideology Among DRC Officials

Next Post

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.