• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no gusangira umutsima.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Iteko y’Umuco kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga habura iminsi ibiri ngo ibi Birori bibe, biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama, tariki 01.

Inteko y’Umuco yagaragaje ko n’ubundi insanganyamatsi y’uyu mwaka ari “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, yavuze ko “ikangurira Abanyarwanda bose kwizihiza Umuganura 2025.”

Uru rwego rushinzwe kubungabunga umuco, rwagize ruti “Tuzaganure, tuganuze, tuganuzanye, twimakaza indangagaciro dusanga mu muganura. Duharanira kandi kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no gusangira umutsima.”

Inteko y’Umuco yaboneyeho kugaragaza gahunda y’ibirori byo kwizihiza uyu munsi ufite igisobanuro gikomeye mu muco Nyarwanda, aho uzizihirizwa ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Nanone kandi uretse iyi Ntara, izindi zose zisigaye, buri Ntara ikwiye gutoranya Akarere kazizihirizwamo Umuganura.

Inteko igakomeza igira iti “Buri Karere mu dusigaye kazizihiza Umuganura aho katoranyije kagendeye ku nsanganyamatsiko yatoranyijwe ku rwego rw’Igihugu.”

Nanone abatuye mu Mudugudu barakangurirwa kuzizihiza Umuganura, bagahura bakaganira ku ngamba zo kurushaho kunga ubumwe no kwigira, ubundi bagasangira ibyo bazaba bateguye bakanasabana.

Inteko iti “Buri muryango urakangurirwa kuzizihiza Umuganura, ababyeyi n’abana basabana kandi bishimira ibyo bagezeho, banafata ingamba z’ibyo bifuza kuzageraho umwaka utaha.”

Abanyarwanda baba mu mahanga na bo ntibibagiranye, kuko basabwe kuzatoranya umunsi ubabereye muri uku kwezi kwa Kanam, ubundi bakazahura bakizihiza Umuganura, ndetse na bo bakaboneraho kugira umwanya wo gusabana hagati yabo ndetse n’abaturage bo mu Bihugu batuyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 17 =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Next Post

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.