Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu Matora yabaye umwaka ushize. Umukuru w’u Rwanda washyizeho abagize Guverinoma nshya izamufasha mu nzira yo kuyobora Abanyarwanda, bamushimiye icyizere yabagiriye, banamusezeranya kuzakorera u Rwanda batiganda.

Guverinoma nshya yashyizweho na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 24 Nyakanga 2025 nyuma yuko hirya y’ejo hashize yari yashyizemo Minisitiri w’Intebe mushya ari we Dr Dr Justin Nsengiyumva wasimbuye Dr Edouard Ngirente wari umaze imyaka umunani muri izi nshingano.

Nta mpinduka nyinshi zagaragaye mu bagize Guverinoma nshya, uretse Abaminisitiri babiri n’Abanyamabanga ba Leta babiri, binjiyemo, barimo Jean de Dieu Uwihanganye uyigarutsemo nyuma y’imyaka itandatu ahinduriwe inshingano.

Uyu wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore, yagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwa Remezo, inshingano zitari nshya kuri we kuko yigeze n’ubundi kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo Ushinzwe Ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.

Abandi bashya binjiye muri Guverinoma, ni Dominique Habimana wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye Patrice Mugenzi wari umazeho amezi icyenda kuri uyu mwanya kuko yari yashyizweho mu kwezi k’Ukwakira 2024.

Hari kandi Dr Bernadette Arakwiye wagizwe Minisitiri w’Ibidukikije wasimbuye Dr Uwamariya Valentine wari wahawe izi nshingano kuva muri Kanama 2024, ubu akaba atahawe undi mwanya.

Undi winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda ni Dr Telesphore Ndabamenye yagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi.

 

Ubutumwa bwa bamwe

Bamwe mu bahawe imyanya muri Guverinoma y’u Rwanda, bashimiye Perezida Paul Kagame wakomeje kubagirira icyizere, bamusezeranya kuzakorana umurava mu kugeza Abanyarwanda ku iterambere bifuza.

Madamu Judith Uwizeye wongeye kugirwa Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, yagize ati “Ndashimye, Nyakubahwa Perezida wacu Paul Kagame. Ikizere mungirira singifata nk’ibisanzwe! Ni amahirwe kuri njye yo gukorera Abanyarwanda ibyisumbuyeho. Intego ni ya yindi: Sinziganda, sinzatenguha. Imana ibimfashemo!”

Dr. Sabin Nsanzimana wongeye kugirwa Minisitiri w’Ubuzima, na we yagize ati “Ndashimira Nyakubahwa Paul Kagame ku kizere mwongeye kungirira. Niteguye gufatanya n’abandi kubaka urwego rw’Ubuzima Abanyarwanda bifuza.”

Prudence Sebahizi wongeye kugirwa Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, na we yagize ati “Ntewe ishema n’icyizere nongeye kugirirwa na Nyakubahwa Paul Kagame ku mwanya mpawe wa Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda. Nzaharanira guteza imbere inganda, iterambere ry’abikorera, ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga no kwagura isoko mu karere. Nishimiye gukorana n’abagize Guverinoma bose mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya Perezida yo kubaka u Rwanda rukomeye, ruhatana kandi rwiyubashye.”

Christine Nkulikiyinka wongeye kugirwa Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, na we yagize ati “Ku cyizere mwongeye kungirira, mbashimiye byimazeyo Nyakuba Paul Kagame. Ni amahirwe yo gukomeza gukorera Igihugu cyacu n’Abaturage mu bushobozi bwose, no kugera ku mihigo yacu ku bw’imiyoborere yanyu itubera urugero.”

Dr. Utumatwishima Jean Neppo Abdallah na we wongeye kugirwa Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, yagize ati “Nshimiye byimazeyo Nyakubahwa Paul Kagame ku bwo kongera kungirira icyizere cyo gukorera Abanyarwanda muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi. Nzakomeza gutega amatwi, gukorana no gushyira ku isonga urubyiruko n’abahanzi mu kubageza ku iterambere.”

Amb. Jean de Dieu Uwihanganye wagaruwe muri Guverinoma ari Umunyamabanga wa Leta, na we yagize ati “Nashimira byimazeyo Perezida ku bw’icyizere yangiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu cyacu cyiza nk’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwaremezo. Niyemeje kuzakorana n’abandi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo mu kugeza ku Banyarwanda Ibikorwa Remezo bifuza ku rwego rwo hejuru.”

Nyuma y’ishyirwaho rya Guverinoma nshya, biteganyijwe ko irahirira imbere ya Perezida wa Repubulika n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite na Sena, kugira ngo ibone gutangira inshingano.

Judith Uwizeye
Dr. Sabin Nsanzimana
Amb. Christine Nkulikiyinka
Dr. Utumatwishima
Amb. Jean de Dieu Uwihanganye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Next Post

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.