Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikiye, yashimiye Abanyarwanda bamutoye mu matora ya Perezida nubwo atayatsinze akagira amajwi 0,53%; avuga ko uyu mutwe wa Politiki witeguye gukomeza gutanga umusanzu mu kuganisha aheza u Rwanda dore ko wanagize amajwi aryemerera kugira imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, ni ryo rukumbi mu Mitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, ryari ryatanze Umukandida mu Matora ya Perezida wa Repubulika, mu gihe andi umunani yari ashyigikiye Umukandida Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, naho irya PS-Imberakuri rikaba ritari rifite uwo rishyigikiye.

Iri shyaka Democratic Green Party of Rwanda ryari ryatanzemo umukandida Dr Frank Habineza wahatanaga na Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, ndetse na Mpayimana Philippe wahatanaga nk’umukandida wigenga.

Ku wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, ubwo aya matora yari ahumuje, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko mu majwi 78,94% yari amaze kubarurwa, Paul Kagame yari afite amajwi 99,15%.

Paul Kagame yakurikirwaga na Dr Frank Habineza n’amajwi 0,53%; na we agakurikirwa na Mpayimana Philippe wagize amajwi 0,32%.

Nanone kandi kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’iby’ibanze byavuye mu matora y’Abadepite bahatanira imyanya rusange y’Abadepite 53.

Mu majwi 96,60% amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanyi wagize amajwi 62,67%; ugakurikirwa na PL yagize 10,97, PSD igira 9,48% mu gihe PDI ifite 5,81%; naho Democratic Green Party of Rwanda ikagira 5,30% mu guhe PS-Imberakuri yagize 5,26%.

Dr Frank Habineza uyobora ishyaka DGPR wanahatanaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024 yagize ubutumwa agenera Abanyarwanda, ku bw’amajwi bahaye iri shyaka muri aya matora yombi.

Yagize ati “Nshuti Banyarwanda, nshimiye byimazeyo abantu bose bantoye mu matora ya Perezida, ndetse n’abatoye Democratic Green Party of Rwanda mu Matora y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko.”

Dr Frank Habineza yakomeje agira ati “Tuzakomeza guharanira kuganisha ku Iterambere Igihugu cyacu cy’u Rwanda muri Demokarasi itagira uwo iheeza.”

Uyu muyobozi w’Umutwe wa Politiki wa DGPR kandi ubwo hari hakimara gutangazwa ko Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, yavuze ko ishyaka rye ryemera ko ryatsinzwe kandi anashimira Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku kuba yarongeye gutorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

Next Post

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.