Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikiye, yashimiye Abanyarwanda bamutoye mu matora ya Perezida nubwo atayatsinze akagira amajwi 0,53%; avuga ko uyu mutwe wa Politiki witeguye gukomeza gutanga umusanzu mu kuganisha aheza u Rwanda dore ko wanagize amajwi aryemerera kugira imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, ni ryo rukumbi mu Mitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, ryari ryatanze Umukandida mu Matora ya Perezida wa Repubulika, mu gihe andi umunani yari ashyigikiye Umukandida Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, naho irya PS-Imberakuri rikaba ritari rifite uwo rishyigikiye.

Iri shyaka Democratic Green Party of Rwanda ryari ryatanzemo umukandida Dr Frank Habineza wahatanaga na Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, ndetse na Mpayimana Philippe wahatanaga nk’umukandida wigenga.

Ku wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, ubwo aya matora yari ahumuje, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko mu majwi 78,94% yari amaze kubarurwa, Paul Kagame yari afite amajwi 99,15%.

Paul Kagame yakurikirwaga na Dr Frank Habineza n’amajwi 0,53%; na we agakurikirwa na Mpayimana Philippe wagize amajwi 0,32%.

Nanone kandi kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’iby’ibanze byavuye mu matora y’Abadepite bahatanira imyanya rusange y’Abadepite 53.

Mu majwi 96,60% amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanyi wagize amajwi 62,67%; ugakurikirwa na PL yagize 10,97, PSD igira 9,48% mu gihe PDI ifite 5,81%; naho Democratic Green Party of Rwanda ikagira 5,30% mu guhe PS-Imberakuri yagize 5,26%.

Dr Frank Habineza uyobora ishyaka DGPR wanahatanaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024 yagize ubutumwa agenera Abanyarwanda, ku bw’amajwi bahaye iri shyaka muri aya matora yombi.

Yagize ati “Nshuti Banyarwanda, nshimiye byimazeyo abantu bose bantoye mu matora ya Perezida, ndetse n’abatoye Democratic Green Party of Rwanda mu Matora y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko.”

Dr Frank Habineza yakomeje agira ati “Tuzakomeza guharanira kuganisha ku Iterambere Igihugu cyacu cy’u Rwanda muri Demokarasi itagira uwo iheeza.”

Uyu muyobozi w’Umutwe wa Politiki wa DGPR kandi ubwo hari hakimara gutangazwa ko Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, yavuze ko ishyaka rye ryemera ko ryatsinzwe kandi anashimira Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku kuba yarongeye gutorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

Next Post

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.