Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikiye, yashimiye Abanyarwanda bamutoye mu matora ya Perezida nubwo atayatsinze akagira amajwi 0,53%; avuga ko uyu mutwe wa Politiki witeguye gukomeza gutanga umusanzu mu kuganisha aheza u Rwanda dore ko wanagize amajwi aryemerera kugira imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, ni ryo rukumbi mu Mitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, ryari ryatanze Umukandida mu Matora ya Perezida wa Repubulika, mu gihe andi umunani yari ashyigikiye Umukandida Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, naho irya PS-Imberakuri rikaba ritari rifite uwo rishyigikiye.

Iri shyaka Democratic Green Party of Rwanda ryari ryatanzemo umukandida Dr Frank Habineza wahatanaga na Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi, ndetse na Mpayimana Philippe wahatanaga nk’umukandida wigenga.

Ku wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, ubwo aya matora yari ahumuje, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje ko mu majwi 78,94% yari amaze kubarurwa, Paul Kagame yari afite amajwi 99,15%.

Paul Kagame yakurikirwaga na Dr Frank Habineza n’amajwi 0,53%; na we agakurikirwa na Mpayimana Philippe wagize amajwi 0,32%.

Nanone kandi kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’iby’ibanze byavuye mu matora y’Abadepite bahatanira imyanya rusange y’Abadepite 53.

Mu majwi 96,60% amaze kubarurwa, Umuryango FPR-Inkotanyi wagize amajwi 62,67%; ugakurikirwa na PL yagize 10,97, PSD igira 9,48% mu gihe PDI ifite 5,81%; naho Democratic Green Party of Rwanda ikagira 5,30% mu guhe PS-Imberakuri yagize 5,26%.

Dr Frank Habineza uyobora ishyaka DGPR wanahatanaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024 yagize ubutumwa agenera Abanyarwanda, ku bw’amajwi bahaye iri shyaka muri aya matora yombi.

Yagize ati “Nshuti Banyarwanda, nshimiye byimazeyo abantu bose bantoye mu matora ya Perezida, ndetse n’abatoye Democratic Green Party of Rwanda mu Matora y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko.”

Dr Frank Habineza yakomeje agira ati “Tuzakomeza guharanira kuganisha ku Iterambere Igihugu cyacu cy’u Rwanda muri Demokarasi itagira uwo iheeza.”

Uyu muyobozi w’Umutwe wa Politiki wa DGPR kandi ubwo hari hakimara gutangazwa ko Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, yavuze ko ishyaka rye ryemera ko ryatsinzwe kandi anashimira Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku kuba yarongeye gutorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

Next Post

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Abanyacyubahiro bakomeje gushimira Perezida Kagame wongeye kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.