Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta yabwiye Abapolisi 154 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, ko Abaturarwanda basanze, bazabakira neza kuko banabashimira uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Dr. Vincent Biruta yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo mu muhango wo gusezera ku Bapolisi 154 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru.

Mu aba basezerewe, harimo CP Denis Basabose wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umutekano w’Ibikorwa Remezo muri Polisi y’u Rwanda, ndetse n’abandi batandatu bafite ipeti rya ACP, barimo ACP (Rtd) Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi w’uru rwego.

Barimo kandi ba Ofisiye bakuru 15, ba Ofisiye bato 22, ba su-Ofisiye (NCOs) 96 n’abapolisi 14 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi n’izindi zitandukanye.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru; umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu kazi.

Yagize ati “Igihe mumaze mu kazi ndetse n’imirimo itandukanye mwakoze, twese Abanyarwanda turabibashimira, kuko mwagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu gitekanye dufite uyu

munsi.”

Yavuze kandi ko bagiye mu muryango mugari ubiteguye, ndetse witeguye kubakira no kubabanira neza kubera uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Ati “Abaturarwanda musanze, biteguye kubakira neza.

Murasabwa gukomeza kuba intangarugero kuri bo nk’uko bisanzwe, mukorana bya hafi na bo, inzego z’ ubuyobozi, Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego z’umutekano, kugira ngo dukomeze kubumbatira umutekano no gusigasira ibyo twagezeho.”

Yabijeje ko ubuyobozi bw’Igihugu buzakomeza kubaba hafi muri gahunda zose zigamije iterambere n’imibereho myiza yabo n’iy’imiryango yabo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku rugero rwiza batanze n’indangagaciro zabaranze.

Yagize ati “Turabashimira mwese mwasoje neza inshingano zanyu. Mwakunze Igihugu murakitangira kandi mukora mutizigama kugira ngo Igihugu kigire umutekano n’amahoro arambye. Ibikorwa byiza mwakoze, urugero rwiza mwatanze n’indangagaciro zabaranze tuzakomeza kubizirikana.”

CP (Rtd) Denis Basabose, mu izina ry’abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko bishimiye agaciro n’icyubahiro bahawe.

Yagize ati “Twishimiye kandi dutewe ishema n’agaciro n’icyubahiro twahawe. Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wadushyize mu kiruhuko cy’izabukuru, tuzahora tuzirikana ineza n’amahirwe twahawe yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyacu.”

Yashimiye ubuyobozi bwa Polisi bwakomeje kubaba hafi bukabafasha gusoza inshingano zabo neza, abwizeza ko batazatatira igihango, bazakomeza gutanga umusanzu mu kubaka igihugu aho bizaba bikenewe hose.

Minisitiri Biruta n’abayobozi bakuru ba Polisi ubwo bitabiraga uyu muhango
N’abo mu miryango y’Abapolisi basezerewe baje muri uyu muhango

Minisitiri yabasezeranyije ko Abaturarwanda biteguye kubakira neza

CG Felix Namuhoranye yabasabye kuzakomeza kubera ba ambasaderi beza ba Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + six =

Previous Post

Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Next Post

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Related Posts

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru
MU RWANDA

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.