Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta yabwiye Abapolisi 154 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, ko Abaturarwanda basanze, bazabakira neza kuko banabashimira uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Dr. Vincent Biruta yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo mu muhango wo gusezera ku Bapolisi 154 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru.

Mu aba basezerewe, harimo CP Denis Basabose wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umutekano w’Ibikorwa Remezo muri Polisi y’u Rwanda, ndetse n’abandi batandatu bafite ipeti rya ACP, barimo ACP (Rtd) Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi w’uru rwego.

Barimo kandi ba Ofisiye bakuru 15, ba Ofisiye bato 22, ba su-Ofisiye (NCOs) 96 n’abapolisi 14 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi n’izindi zitandukanye.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru; umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu kazi.

Yagize ati “Igihe mumaze mu kazi ndetse n’imirimo itandukanye mwakoze, twese Abanyarwanda turabibashimira, kuko mwagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu gitekanye dufite uyu

munsi.”

Yavuze kandi ko bagiye mu muryango mugari ubiteguye, ndetse witeguye kubakira no kubabanira neza kubera uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Ati “Abaturarwanda musanze, biteguye kubakira neza.

Murasabwa gukomeza kuba intangarugero kuri bo nk’uko bisanzwe, mukorana bya hafi na bo, inzego z’ ubuyobozi, Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego z’umutekano, kugira ngo dukomeze kubumbatira umutekano no gusigasira ibyo twagezeho.”

Yabijeje ko ubuyobozi bw’Igihugu buzakomeza kubaba hafi muri gahunda zose zigamije iterambere n’imibereho myiza yabo n’iy’imiryango yabo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku rugero rwiza batanze n’indangagaciro zabaranze.

Yagize ati “Turabashimira mwese mwasoje neza inshingano zanyu. Mwakunze Igihugu murakitangira kandi mukora mutizigama kugira ngo Igihugu kigire umutekano n’amahoro arambye. Ibikorwa byiza mwakoze, urugero rwiza mwatanze n’indangagaciro zabaranze tuzakomeza kubizirikana.”

CP (Rtd) Denis Basabose, mu izina ry’abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko bishimiye agaciro n’icyubahiro bahawe.

Yagize ati “Twishimiye kandi dutewe ishema n’agaciro n’icyubahiro twahawe. Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wadushyize mu kiruhuko cy’izabukuru, tuzahora tuzirikana ineza n’amahirwe twahawe yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyacu.”

Yashimiye ubuyobozi bwa Polisi bwakomeje kubaba hafi bukabafasha gusoza inshingano zabo neza, abwizeza ko batazatatira igihango, bazakomeza gutanga umusanzu mu kubaka igihugu aho bizaba bikenewe hose.

Minisitiri Biruta n’abayobozi bakuru ba Polisi ubwo bitabiraga uyu muhango
N’abo mu miryango y’Abapolisi basezerewe baje muri uyu muhango

Minisitiri yabasezeranyije ko Abaturarwanda biteguye kubakira neza

CG Felix Namuhoranye yabasabye kuzakomeza kubera ba ambasaderi beza ba Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 9 =

Previous Post

Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Next Post

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.