Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta yabwiye Abapolisi 154 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, ko Abaturarwanda basanze, bazabakira neza kuko banabashimira uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Dr. Vincent Biruta yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo mu muhango wo gusezera ku Bapolisi 154 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru.

Mu aba basezerewe, harimo CP Denis Basabose wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umutekano w’Ibikorwa Remezo muri Polisi y’u Rwanda, ndetse n’abandi batandatu bafite ipeti rya ACP, barimo ACP (Rtd) Celestin Twahirwa wigeze kuba Umuvugizi w’uru rwego.

Barimo kandi ba Ofisiye bakuru 15, ba Ofisiye bato 22, ba su-Ofisiye (NCOs) 96 n’abapolisi 14 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi n’izindi zitandukanye.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru; umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu kazi.

Yagize ati “Igihe mumaze mu kazi ndetse n’imirimo itandukanye mwakoze, twese Abanyarwanda turabibashimira, kuko mwagize uruhare rukomeye mu kubaka Igihugu gitekanye dufite uyu

munsi.”

Yavuze kandi ko bagiye mu muryango mugari ubiteguye, ndetse witeguye kubakira no kubabanira neza kubera uruhare bagize mu kubaka Igihugu cyabo.

Ati “Abaturarwanda musanze, biteguye kubakira neza.

Murasabwa gukomeza kuba intangarugero kuri bo nk’uko bisanzwe, mukorana bya hafi na bo, inzego z’ ubuyobozi, Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego z’umutekano, kugira ngo dukomeze kubumbatira umutekano no gusigasira ibyo twagezeho.”

Yabijeje ko ubuyobozi bw’Igihugu buzakomeza kubaba hafi muri gahunda zose zigamije iterambere n’imibereho myiza yabo n’iy’imiryango yabo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku rugero rwiza batanze n’indangagaciro zabaranze.

Yagize ati “Turabashimira mwese mwasoje neza inshingano zanyu. Mwakunze Igihugu murakitangira kandi mukora mutizigama kugira ngo Igihugu kigire umutekano n’amahoro arambye. Ibikorwa byiza mwakoze, urugero rwiza mwatanze n’indangagaciro zabaranze tuzakomeza kubizirikana.”

CP (Rtd) Denis Basabose, mu izina ry’abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko bishimiye agaciro n’icyubahiro bahawe.

Yagize ati “Twishimiye kandi dutewe ishema n’agaciro n’icyubahiro twahawe. Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame wadushyize mu kiruhuko cy’izabukuru, tuzahora tuzirikana ineza n’amahirwe twahawe yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu cyacu.”

Yashimiye ubuyobozi bwa Polisi bwakomeje kubaba hafi bukabafasha gusoza inshingano zabo neza, abwizeza ko batazatatira igihango, bazakomeza gutanga umusanzu mu kubaka igihugu aho bizaba bikenewe hose.

Minisitiri Biruta n’abayobozi bakuru ba Polisi ubwo bitabiraga uyu muhango
N’abo mu miryango y’Abapolisi basezerewe baje muri uyu muhango

Minisitiri yabasezeranyije ko Abaturarwanda biteguye kubakira neza

CG Felix Namuhoranye yabasabye kuzakomeza kubera ba ambasaderi beza ba Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 19 =

Previous Post

Ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi 8 amukubise umwase yabitanzeho ibisobanuro

Next Post

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.