Tuesday, June 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bw’ikiniga bw’umukambwe wayoboye America nyuma yo gupfusha umugore bari bamaranye imyaka 77

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’ikiniga bw’umukambwe wayoboye America nyuma yo gupfusha umugore bari bamaranye imyaka 77
Share on FacebookShare on Twitter

Rosalynn Carter, umugore wa Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yitabye Imana ku myaka 96, umugabo we bamaranye imyaka 77, avuga ko bahuzaga muri byose.

Urupfu rwa Rosalynn Carter rwemejwe n’umuryango wa Carter mu itangazo washyize hanze, rivuga ko nyakwigendera yapfuye mu mahoro, aho yari kumwe n’umuryango we.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, byari byatangajwe ko Rosalynn Carter ari kwitabwaho mu rugo muri Leta ya Georgia aho yari arembeye, kandi ko yari kumwe n’umugabo we w’imyaka 99 Jimmy Carter, na we uri kwitabwaho mu rugo kuva muri Gashyantare uyu mwaka.

Nyakwigendera Rosalynn yasanzwemo uburwayi bwo kwibagirwa buzwi nka ‘dementia’ muri Gicurasi uyu mwaka.

Uyu muryango wa Carter uri mu bashakanye bari barambanye, kuko bizihije isabukuru y’imyaka 77 y’urushako rwabo muri Nyakanga uyu mwaka.

Mu itangazo rya Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ku mgore we, yagize ati “Rosalynn yari umugore wanjye duhuje muri buri kimwe cyose nagiye ngeraho.”

Yakomeje agira ati “Yampaye impanuro z’ubuhanga kandi yanteraga akanyabugabo mu gihe nabaga nkeneye unkomeza. Igihe kirekire maze ku Isi ndi kumwe na Rosalynn, nabaga nzi ko hari umuntu unkunda kandi unshyigikiye.”

Nyakwigenera Rosalynn Carter, yavutse tariki 18 Kanama 1927, aho yahawe amazina ya Eleanor Rosalynn Smith, akaba yarashakanye na Jimmy Carter mu 1946, aho babyaranye abana bane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Niger: Menya icyo General wahiritse ubutegetsi yakoraga ubwo yagaragaraga bwa mbere mu ruhame

Next Post

Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Related Posts

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wakunze guseka Joe Biden yasimbuye ubwo yabaga yasitaye ku madaragi (Escalier)...

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

by radiotv10
09/06/2025
0

Imirwano hagati y’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 na Wazalendo yongeye gukomera mu gace ka Malema muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari...

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

by radiotv10
09/06/2025
0

Mu muhango wo kuzirikana imyaka itanu ishinze Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi yitabye Imana, Umukuru w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye,...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

by radiotv10
09/06/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko Col. James Kasule yafunzwe n’inzego z’ubutasi, asaba ko...

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.