Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bw’ikiniga bw’umukambwe wayoboye America nyuma yo gupfusha umugore bari bamaranye imyaka 77

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’ikiniga bw’umukambwe wayoboye America nyuma yo gupfusha umugore bari bamaranye imyaka 77
Share on FacebookShare on Twitter

Rosalynn Carter, umugore wa Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yitabye Imana ku myaka 96, umugabo we bamaranye imyaka 77, avuga ko bahuzaga muri byose.

Urupfu rwa Rosalynn Carter rwemejwe n’umuryango wa Carter mu itangazo washyize hanze, rivuga ko nyakwigendera yapfuye mu mahoro, aho yari kumwe n’umuryango we.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, byari byatangajwe ko Rosalynn Carter ari kwitabwaho mu rugo muri Leta ya Georgia aho yari arembeye, kandi ko yari kumwe n’umugabo we w’imyaka 99 Jimmy Carter, na we uri kwitabwaho mu rugo kuva muri Gashyantare uyu mwaka.

Nyakwigendera Rosalynn yasanzwemo uburwayi bwo kwibagirwa buzwi nka ‘dementia’ muri Gicurasi uyu mwaka.

Uyu muryango wa Carter uri mu bashakanye bari barambanye, kuko bizihije isabukuru y’imyaka 77 y’urushako rwabo muri Nyakanga uyu mwaka.

Mu itangazo rya Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ku mgore we, yagize ati “Rosalynn yari umugore wanjye duhuje muri buri kimwe cyose nagiye ngeraho.”

Yakomeje agira ati “Yampaye impanuro z’ubuhanga kandi yanteraga akanyabugabo mu gihe nabaga nkeneye unkomeza. Igihe kirekire maze ku Isi ndi kumwe na Rosalynn, nabaga nzi ko hari umuntu unkunda kandi unshyigikiye.”

Nyakwigenera Rosalynn Carter, yavutse tariki 18 Kanama 1927, aho yahawe amazina ya Eleanor Rosalynn Smith, akaba yarashakanye na Jimmy Carter mu 1946, aho babyaranye abana bane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 14 =

Previous Post

Niger: Menya icyo General wahiritse ubutegetsi yakoraga ubwo yagaragaraga bwa mbere mu ruhame

Next Post

Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Related Posts

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

IZIHERUKA

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya
IMYIDAGADURO

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.