• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Dr Ngirente yageneye Perezida Kagame nyuma yo gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Ngirente Edourd wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe yari amazeho imyaka umunani, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye no kuba yaramubereye icyitegererezo muri uru rugendo rwo kuyobora Guverinoma y’u Rwanda.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we Dr Justin Nsengiyumva wari usanzwe ari Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda.

Dr Justin Nsengiyumva usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’Ubukungu, asimbuye Dr Edouard Ngirente wari wagiye muri izi nshingano muri 2017 ubwo hashyirwagaho Guverinoma y’u Rwanda muri manda ya Perezida Paul Kagame ibanziriza iheruka yatsindiye umwaka ushize.

Dr Ngirente kandi yongeye kugirirwa icyizere yongera guhabwa kuyobora Guverinoma y’u Rwanda muri manda y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yatangiye umwaka ushize.

Mu butumwa yatanze nyuma yo gusimburwa, Dr Edouard Ngirente yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yari yaramugiriye akamuha izi nshingano zo kuba umukuru wa Guverinoma.

Yagize ati “Ndabashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mukampa inshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe mu myaka 8 ishize.”

Dr Ngirente avuga ko muri izi nshingano yari amazemo imyaka umunani, yungukiyemo byinshi, ariko byumwihariko akaba azakomeza kuzirikana uburyo Umukuru w’u Rwanda yakomeje kumubera urugero rwiza.

Ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbashimiye aya mahirwe mwampaye yo gukorera Igihugu cyacu no kuba mwarambaye hafi mukanshyigikira muri urwo rugendo. Mwambereye icyitegererezo. Nzahora iteka nterwa ishema n’icyo cyizere mwangiriye.”

Dr Ngirente yashimiye Perezida Kagame ku kuba yaramubereye icyitegererezo

Dr Ngirente na we usanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ubukungu dore ko afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, ntiyari azwi na benshi muri Politiki y’u Rwanda, gusa kuva yahabwa izi nshingano hagaragaye impinduka zikomeye mu buzima bw’Igihugu cyarushijeho kwihuta mu iterambere mu nzego zose, guhera mu buhinzi kugeza mu ikoranabuhanga, ibikorwa remezo, uburezi, ubuzima n’ibindi.

Impamyabumenyi y’Ikirenga ya Dr Ngirente, yayikuye muri Kaminuza Gatulika ya Louvain mu Bubiligi, yabonye muri 2010. Yakoze imirimo inyuranye yaba mu Rwanda no hanze yarwo nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru (Executive Director) uhagararaiye Banki y’Isi mu gace kazwi nka Africa Group 1 Constituency kagizwe n’Ibihugu 22 birimo n’u Rwanda.

Yabaye kandi Umujyanama muri Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi MINECOFIN, inshingano yari yavuyeho muri 2011.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Rwanda and Algeria have signed a Memorandum of Understanding on defense cooperation

Next Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.