Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Kagame yageneye Abanyarwanda bamutoye kuri 99% n’abatumva impamvu y’aya majwi akomeza kwiyongera

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Kagame yageneye Abanyarwanda bamutoye kuri 99% n’abatumva impamvu y’aya majwi akomeza kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bamutoreye kongera kubayobora, avuga ko bishimangira icyizere bubatse hagati ye na bo ndetse ko cyagiye gituma atajya acika intege na rimwe, ati “Muri iyi myaka yose tumaranye sinjya nshoberwa na rimwe.”

Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024 nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje iby’ibanze byavuye mu matora, aho hari hamaze kubarurwa amajwi 78%, yagaragaje ko Paul Kagame nk’Umukandida wa FPR-Inkotanti yatsinze ku majwi 99,15%.

Mu ijambo yagejeje ku Banyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari bateraniye ku Cyicaro Gikuru cy’uyu Muryango ‘Intare Conference Arena’ giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo, Paul Kagame yatangiye abasuhuza mu kanyamuneza kari kose ati “mwatoye neza.” Abanyamuryango na bo bati “ni ku gipfunsi ni ku gipfunsi,…”

Paul Kagame yatangiye ashimira abo bafatanyije mu buyobozi bwa FPR-Inkotanyi ndetse n’abayobozi b’Imitwe ya Politiki yifatanyije n’Umuryango muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza. Ati “Buriya muri ariya majwi huzuyemo aya RPF n’ay’abo dufatanyije aba mvuga.”

Kagame kandi yashimiye umuryango we wamubaye hafi kuva mu bikorwa byo kwiyamamaza, ndetse na wo wari uri hano. Ati “Turi kumwe hano, tuba turi kumwe igihe cyose, tujyendana hamwe namwe hose mu Gihugu aho twagiye twiyamamariza, buriya na bo bambera akabando.”

Yakomeje agira ati “By’umwihariko rero nagira ngo mbashimire abari hano, ni uko ndetse abari hano ni bacye, abashoboye kuza, ariko ndahera kuri mwe, mbashimire ukuntu mwatubaye hafi muri byose, ndetse icy’ibanze mwabaye hafi mu guca urubanza, uru twabwirwaga.”

Arongera ati “Hanyuma nyuze muri mwe, ndashimira Abanyagihugu bose, ariko n’ubu abadukurikira ndabibwiriye mwumve ko mbashimiye cyane, cyane.”

Urubyiruko na rwo rwagaragaye mu bikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, by’umwihariko abahanzi; Paul Kagame yarushimiye. Bamwe bahita bagira bati “dufitanye igihango, dufitanye igihango.”

 

Sinjya nshoberwa kubera mwe

Paul Kagame yavuze ko iki gikorwa kuva mu kwiyamamaza, kugeza ku matora nyirizina ndetse n’amajwi yakivuyemo, gifite igisobanuro gikomeye.

Ati “Bivuze icyizere mbashimira, icyizere ntabwo cyoroshye ubundi ntakintu waha umuntu muri ako kanya ngo akugarurire icyizere, icyizere ni ikintu cyubakwa mu gihe.”

Yakomeje agira ati “Niba mujya mwitegereza kandi, kubera icyo cyizere muri iyi myaka yose tumaranye n’ibikorwa byinshi ndetse rimwe na rwimwe bigorana, wari wambona nsa n’uwashobewe.

Ntabwo njya nshoberwa na busa, kuko mu bigoranye bite tumaze kunyuramo cyangwa tuzanyuramo mu gihe kizaza, impamvu ni iyo, ni cya cyizere navugaga, mba nizeye ko ndi bufatanye namwe ikibazo icyo ari cyo cyose tukagikemura.”

Yavuze kandi ko n’imibare yagaragajwe yo kuba yatorewe kuri 99%, ubundi atari imibare gusa, ati “N’iyo iza kuba ijana ku ijana, ntabwo ari imibare gusa, iriya mibare irimo kiriya cyizere, ni cyo cya ngombwa.”

Kuri aya majwi akabakaba 100%, Kagame yavuze ko ari ibintu bidasanzwe ariko ko bifite ishingiro ryabyo ry’ubudasa bw’Abanyarwanda n’ubw’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Ati “Ni ibintu bidasanzwe, ni yo mpamvu abenshi batabyumva bakabinenga ariko bigakomeza ahubwo bikiyongera. Ibi kandi ndabigarukaho, ni ubudasa, ni ubudasa bwa FPR, ni ubudasa bw’Abanyarwanda.”

Paul Kagame yaboneyeho kuvuga ko ubu hagiye gukurikiraho gukomeza urugendo rwo kwiyubakira Igihugu, Abanyarwanda bose bagakora neza ibyo bakora, bagafatanya muri byose no mu gushaka umuti w’ibibazo byakwaduka.

Ati “Ibi by’amatora, ubu navuga ko tubirangije bigiye inyuma yacu, hasigaye umurimo ukomeye imbere, ka kazi, biriya noneho tugira mu matora kugira ngo tubikore, inyungu ku Banyarwanda kugira ngo ziboneke.”

Perezida Kagame yashimiye umuryango we avuga ko umubera akabando muri byose

Habayeho gutarama no kwizihirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Next Post

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.