Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Kagame yageneye Abanyarwanda bamutoye kuri 99% n’abatumva impamvu y’aya majwi akomeza kwiyongera

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Kagame yageneye Abanyarwanda bamutoye kuri 99% n’abatumva impamvu y’aya majwi akomeza kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bamutoreye kongera kubayobora, avuga ko bishimangira icyizere bubatse hagati ye na bo ndetse ko cyagiye gituma atajya acika intege na rimwe, ati “Muri iyi myaka yose tumaranye sinjya nshoberwa na rimwe.”

Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024 nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje iby’ibanze byavuye mu matora, aho hari hamaze kubarurwa amajwi 78%, yagaragaje ko Paul Kagame nk’Umukandida wa FPR-Inkotanti yatsinze ku majwi 99,15%.

Mu ijambo yagejeje ku Banyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari bateraniye ku Cyicaro Gikuru cy’uyu Muryango ‘Intare Conference Arena’ giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo, Paul Kagame yatangiye abasuhuza mu kanyamuneza kari kose ati “mwatoye neza.” Abanyamuryango na bo bati “ni ku gipfunsi ni ku gipfunsi,…”

Paul Kagame yatangiye ashimira abo bafatanyije mu buyobozi bwa FPR-Inkotanyi ndetse n’abayobozi b’Imitwe ya Politiki yifatanyije n’Umuryango muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza. Ati “Buriya muri ariya majwi huzuyemo aya RPF n’ay’abo dufatanyije aba mvuga.”

Kagame kandi yashimiye umuryango we wamubaye hafi kuva mu bikorwa byo kwiyamamaza, ndetse na wo wari uri hano. Ati “Turi kumwe hano, tuba turi kumwe igihe cyose, tujyendana hamwe namwe hose mu Gihugu aho twagiye twiyamamariza, buriya na bo bambera akabando.”

Yakomeje agira ati “By’umwihariko rero nagira ngo mbashimire abari hano, ni uko ndetse abari hano ni bacye, abashoboye kuza, ariko ndahera kuri mwe, mbashimire ukuntu mwatubaye hafi muri byose, ndetse icy’ibanze mwabaye hafi mu guca urubanza, uru twabwirwaga.”

Arongera ati “Hanyuma nyuze muri mwe, ndashimira Abanyagihugu bose, ariko n’ubu abadukurikira ndabibwiriye mwumve ko mbashimiye cyane, cyane.”

Urubyiruko na rwo rwagaragaye mu bikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, by’umwihariko abahanzi; Paul Kagame yarushimiye. Bamwe bahita bagira bati “dufitanye igihango, dufitanye igihango.”

 

Sinjya nshoberwa kubera mwe

Paul Kagame yavuze ko iki gikorwa kuva mu kwiyamamaza, kugeza ku matora nyirizina ndetse n’amajwi yakivuyemo, gifite igisobanuro gikomeye.

Ati “Bivuze icyizere mbashimira, icyizere ntabwo cyoroshye ubundi ntakintu waha umuntu muri ako kanya ngo akugarurire icyizere, icyizere ni ikintu cyubakwa mu gihe.”

Yakomeje agira ati “Niba mujya mwitegereza kandi, kubera icyo cyizere muri iyi myaka yose tumaranye n’ibikorwa byinshi ndetse rimwe na rwimwe bigorana, wari wambona nsa n’uwashobewe.

Ntabwo njya nshoberwa na busa, kuko mu bigoranye bite tumaze kunyuramo cyangwa tuzanyuramo mu gihe kizaza, impamvu ni iyo, ni cya cyizere navugaga, mba nizeye ko ndi bufatanye namwe ikibazo icyo ari cyo cyose tukagikemura.”

Yavuze kandi ko n’imibare yagaragajwe yo kuba yatorewe kuri 99%, ubundi atari imibare gusa, ati “N’iyo iza kuba ijana ku ijana, ntabwo ari imibare gusa, iriya mibare irimo kiriya cyizere, ni cyo cya ngombwa.”

Kuri aya majwi akabakaba 100%, Kagame yavuze ko ari ibintu bidasanzwe ariko ko bifite ishingiro ryabyo ry’ubudasa bw’Abanyarwanda n’ubw’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Ati “Ni ibintu bidasanzwe, ni yo mpamvu abenshi batabyumva bakabinenga ariko bigakomeza ahubwo bikiyongera. Ibi kandi ndabigarukaho, ni ubudasa, ni ubudasa bwa FPR, ni ubudasa bw’Abanyarwanda.”

Paul Kagame yaboneyeho kuvuga ko ubu hagiye gukurikiraho gukomeza urugendo rwo kwiyubakira Igihugu, Abanyarwanda bose bagakora neza ibyo bakora, bagafatanya muri byose no mu gushaka umuti w’ibibazo byakwaduka.

Ati “Ibi by’amatora, ubu navuga ko tubirangije bigiye inyuma yacu, hasigaye umurimo ukomeye imbere, ka kazi, biriya noneho tugira mu matora kugira ngo tubikore, inyungu ku Banyarwanda kugira ngo ziboneke.”

Perezida Kagame yashimiye umuryango we avuga ko umubera akabando muri byose

Habayeho gutarama no kwizihirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Akayabo k’amafaranga bivugwa ko yaguzwe umunyezamu w’Amavubi utakiri uw’ikipe amazemo umwaka muri S.Africa

Next Post

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.