Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira ngo zimeye impamvu abanyamahanga bamaze iminsi bateza akavuyo mu Gihugu cye, anabizeza kugarura ituze.

Perezida Dr. Samia Suluhu Hassan yasubiyemo indahiro z’ubwoko butatu. Iyo kurinda Igihugu, iyo gukorana akazi ubwitange nta mususu, n’iyo guharanira ubumwe bw’Abanya-Tanzaniya.

Abaturage bari bakurikiye uyu muhango wabaye mu buryo budasanzwe, bakiranye ubwuzu iyi ndahiro y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bihita bishyira iherezo ku migambi y’abaturage bari bamaze iminsi batwika inzu, ibinyabiziga, bakanica abashinzwe umutekano. Ibyo babifataga nk’uburyo bwo kuburizamo iki gikorwa cyabaye uyu munsi.

Ijambo rya Perezida Samia Hassan ryibanze kuri ibyo bikorwa by’abatamwera yise ko batari mu muco w’Abanya-Tanzania.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko hari abanyamahanga babifatiyemo. Ubu ngo inzego z’umutekano ziri gukora icyo zishinzwe.

Yagize ati “Twababajwe n’ibikorwa bihungabanya amahoro, byapfiriyemo abantu bikanangiza imitungo y’Igihugu n’iy’abantu ku giti cyabo. Ibyo byabereye mu bice bitandukanye by’Igihugu. Ukurikije ibyabaye, ukareba umuco n’imyumvire y’Abanya-Tanzania; ubona ko ibyabaye atari ibitanzania.

Ntabwo twatangajwe n’uko bamwe mu rubyiruko rwafatiwe muri ibyo bikorwa; twasanze ari abanyamahanga. Inzego zacu zishinzwe umutekano ziri gukora iperereza ngo zimenye ikibyihishe inyuma. Ziri no gukora ibishoboka byose kugira ngo Igihugu cyacu gisubire mu bihe bisanzwe.

Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo ndabasaba ko bahita basubiza Igihugu mu buzima busanzwe icyarimwe.”

Perezida Samia utangiye urugendo rw’imyaka itanu ku buyobozi bw’Igihugu; yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu gushyira hamwe abaturag be, gusa akabasaba gushyira hanze ubwigomeke.

Yagize ati “Kimwe mu biranga umuntu ni ukutanyurwa. Imana yonyine ni yo ifite byose. Ni yo mpamvu igihe cyose abantu twagiranye ibibazo; tuba tugomba kumvikana binyuze mu biganiro. Igisubizo nyacyo ni cyo kiduhuza, ariko nanjye nzakora inshingano zanjye zo kunga ubumwe bw’Igihugu cyose.

Ndabasaba guhitamo ubworoherane mu mwanya wo kwigomeka. Mugire impuhwe mureke umujinya. Igihugu cyacu ni kimwe kandi gifite imbaraga zirenze iz’umuntu uwo ari we wese.

Demokarasi ntabwo ireberwa ku izina ry’uwatsinze amatora, ahubwo ipimirwa ku buryo twuzuza inshingano zacu nyuma y’amatora.”

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan warahiye uyu munsi; yatsinze bagenzi be 16 bari bahanganiye uyu mwanya. Mu baturage bangana na miliyoni 37,6 bari ziyandikishije gutora; abagera kuri miliyoni 31.9 bose baramutoye, byatumye agira amajwi 97.66%.

Ariko iyo mibare ntiyabujije igice kimwe cy’abaturage kwigabiza imihanda. Imiryango mpuzamahanga imwe yagaragaje ko ayo matora yabayemo inenge zikomeye. Icyakora Perezida Samia Suluhu Hassan yavuze ko raporo z’indorerezi zitandukanye n’ibyo bavuga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Next Post

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Related Posts

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.