Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUZIMA : Hari abanyarwanda babyinira ku rukoma nyuma yo kumva ko hari serivisi yo kubagisha inda n’amabere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
UBUZIMA : Hari abanyarwanda babyinira ku rukoma nyuma yo kumva ko hari serivisi yo kubagisha inda n’amabere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ni ubuvuzi  ubusanzwe bwakorwaga  mu buryo bwa magendu bitewe n’uko hari abakeneraga kwiyongeresha cyangwa kwigabanyirisha bimwe mu bice byabo by’umubiri, ariko bakaba ntaho babona iyo servisi ikorwa mu buryo bwemewe mu gihugu.

Bamwe mu baturage biganjemo abagore n’abakobwa baganiriye na RADIOTV10 mu mujyi wa Kigali  bavuga ko  bije nk’igisubizo cy’abahoraga baterwa ipfunwe n’uko ibice bimwe by’umubiri wabo biteye, kandi ngo bibaye nta ngaruka benshi baba bashyizwe igorora.

Uwimana Jeanne yagize ati”  Njyewe bibaye nta ngaruka byagira ,nagenda bakangabanyiriza iyi nda kuko irambangamiye cyane.”

Naho uwitwa Mukeshimana Beatha we yavuze ko  ashaka ko bamwongerera ikibuno cyangwa se amabere.

Ati” Kuba ntagira ikibuno kinini mba numva binteye isoni, ariko niba bidahenze njye nzajyayo rwose bamfashe.”

Prof. Faustin Ntirenganya inzobere  mu bijyanye no kubaga ndetse no gukosora bimwe mu bice by’umubiri  mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, avuga ko kugeza ubona hari igice cye gifite inenge cyangwa kiremye uko atabyishimiye ,abagana bakamufasha kubikosora kandi ngo nta ngaruka bigira ku bikoze .

Image

Umuntu ufite ibice by’umubiri atishimiye barabitunganya agashira ipfunwe

Ati” Kugeza uyu munsi,umuntu ufite ikibazo cy’imiterere y’igice cy’umubiri we, nk’ubushye,ibibari n’ahandi wenda hatameze neza nk’uko abishaka yewe n’ugamije ubwiza, araza tukabikosora “.

N’ubwo hari abacyumva ko ntawatinyuka gukandagira imbere ya dogiteri ngo ariyongeresha cg aragabanya kimwe mu bice bigize umubiri we, hari n’abemeza ko iyi nzira izayobokwa n’abatari bake,cyane ko hari n’abaherutse gukwirakwizwa ku mbugankoranyambaga baguwe gitumo barikwiyongeresha ibibuno ariko mu buryo bwa magendu.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Col. Pascal Muhizi amugira Brig. General

Next Post

DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z’igihugu

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z’igihugu

DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z'igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.