Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko u Burusiya na Ukraine byemeranyijwe ku masezerano yo kurekura ibinyampeke byari byarabuze uko bitambuka, ubwato bwa mbere bubitwaye bwahagurutse ku cyambu cya Odesa muri Ukraine.

Ubu bwato bwaharutse kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 nkuko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba.

Minisitiri Dmytro Kuleba mu butumwa yanyuije kuri Twitter, yavuze ko uyu munsi ari uw’amateka wo gutabara Isi imaze iminsi ihanganye n’ikibazo cy’ibura ry’ibinyampeke.

Yagize ati “Byumwihariko inshuti zacu zo muri Middle East, Asia ndetse na afurika aho ibinyampeke bya mbere byo muri Ukraine byahagurtse i Odesa nyuma y’amezi yo guhagarikwa n’u Burusiya.”

Dmytro Kuleba yakomeje avuga ko Ukraine isanzwe ari umufatanyabikorwa mwiza n’Isi mu bijyanye no guha Isi ibinyampeke kandi ko izakomeza kumuba, aboneraho gusaba u Burusiya kubaha imikoranire ya Ukraine n’amahanga.

Ibi binyampeke bya mbere bihawe inzira nyuma y’icyumweru u Burusiya na Ukraine byemeranyijwe ku masezerano yashyizweho umukono na Guverinoma y’u Burusiya, Umuryango w’Abibumbye na Turkia.

Aya masezerano yashyiriweho umukono muri Instabul ku ya 22 Nyakanga 2022, ni ayo kwemerera ubwato bwari bwaraheze ku byambu byo muri Ukraine butwaye toni miliyoni 25 z’ibinyampeke, gutambuka bugakomeza urugendo.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wa Ukraine, Oleksandr Kubrakov na we yemeje ko ubwato bwa mbere bwahagurutse “kuva u Burusiya bwatwendereza. Uyu munsi Ukraine hamwe n’abafatanyabikorwa bacu duteye indi ntambwe mu gukumira inzara ku Isi.”

Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine, Minister Hulusi Akar yataganje ko ubu bwato bufite ibendera rya Sierra Leone buzwi ku izina rya Razoni, bwerecyeje muri Lebanon.

Ariya masezerano azatuma ubwato bwari bwaraheze ku byambu bya Odesa, Chornomorsk na Pivdennyi, bubasha gukomeza urugendo.

Ubu bwato bwitezweho gutabara Isi yari imaze iminsi ihanganye n’ingaruka z’ibura ry’ibinyampeke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

M23 yashyizeho undi muvugizi

Next Post

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.