• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bwari bwimwe inzira n’ingabo z’Abarusiya bwahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko u Burusiya na Ukraine byemeranyijwe ku masezerano yo kurekura ibinyampeke byari byarabuze uko bitambuka, ubwato bwa mbere bubitwaye bwahagurutse ku cyambu cya Odesa muri Ukraine.

Ubu bwato bwaharutse kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 nkuko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba.

Minisitiri Dmytro Kuleba mu butumwa yanyuije kuri Twitter, yavuze ko uyu munsi ari uw’amateka wo gutabara Isi imaze iminsi ihanganye n’ikibazo cy’ibura ry’ibinyampeke.

Yagize ati “Byumwihariko inshuti zacu zo muri Middle East, Asia ndetse na afurika aho ibinyampeke bya mbere byo muri Ukraine byahagurtse i Odesa nyuma y’amezi yo guhagarikwa n’u Burusiya.”

Dmytro Kuleba yakomeje avuga ko Ukraine isanzwe ari umufatanyabikorwa mwiza n’Isi mu bijyanye no guha Isi ibinyampeke kandi ko izakomeza kumuba, aboneraho gusaba u Burusiya kubaha imikoranire ya Ukraine n’amahanga.

Ibi binyampeke bya mbere bihawe inzira nyuma y’icyumweru u Burusiya na Ukraine byemeranyijwe ku masezerano yashyizweho umukono na Guverinoma y’u Burusiya, Umuryango w’Abibumbye na Turkia.

Aya masezerano yashyiriweho umukono muri Instabul ku ya 22 Nyakanga 2022, ni ayo kwemerera ubwato bwari bwaraheze ku byambu byo muri Ukraine butwaye toni miliyoni 25 z’ibinyampeke, gutambuka bugakomeza urugendo.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wa Ukraine, Oleksandr Kubrakov na we yemeje ko ubwato bwa mbere bwahagurutse “kuva u Burusiya bwatwendereza. Uyu munsi Ukraine hamwe n’abafatanyabikorwa bacu duteye indi ntambwe mu gukumira inzara ku Isi.”

Minisitiri w’Ingabo wa Ukraine, Minister Hulusi Akar yataganje ko ubu bwato bufite ibendera rya Sierra Leone buzwi ku izina rya Razoni, bwerecyeje muri Lebanon.

Ariya masezerano azatuma ubwato bwari bwaraheze ku byambu bya Odesa, Chornomorsk na Pivdennyi, bubasha gukomeza urugendo.

Ubu bwato bwitezweho gutabara Isi yari imaze iminsi ihanganye n’ingaruka z’ibura ry’ibinyampeke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

M23 yashyizeho undi muvugizi

Next Post

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Nyanza: Abarimu babiri bakurikiranyweho kumena ibanga ry’akazi no kuhereza ubutumwa budakenewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.