Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, basanzwe bita ko ari umurwayi wo mu mutwe akaba anafite ubumuga bwo kutavuga, yagaragaye ari gusanira inzu umuturage utishoboye, bituma bamwe mu baturage bumva bakozwe n’isoni kuba barushijwe ubutwari n’uyu ufite ikibazo cyo mu mutwe.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro muri uyu Murenge wa Gihundwe, aho umubyeyi witwa Umubyeyi Salima w’abana babiri, wari ugiye kuzuza umwaka aba mu nzu yangiritse, ariko uyu muturage bavuga ko afite uburwayi wo mu mutwe yiyemeje kumusanira agapfuka umwenge wari urimo.

Umubyeyi Salima ufite umugabo we umaze igihe afunze, inzu ye yarangiritse ikaba yari irimo umwenge wanyuragamo abajura n’inyamaswa ku buryo nta mutekano yabaga afite.

Umuturage ufite uburwayi bwo mu mutwe n’ubumuga bwo kutavuga, yafashe icyemezo cyo gukora umuganda wo gusanira uyu mubyeyi.

Uyu mubyeyi aganira na RADIOTV10 ubwo uyu ufite uburwayi bwo mu mutwe yari ari muri uyu muganda, yagize ati “Uriya musazi [bavuga ufite uburwayi bwo mu mutwe] yasanze hameze kuriya, aba afashe igiti, arabinyereka ko agiye kuhakora, ari kumbwira ngo abajura bajye bareka kuhanyura kuko na we arabizi ko bajya banyiba.”

Nyirahagenimana Rahabu utuye muri aka gace, avuga ko na bo byabatunguye kubona umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe yiyemeza gukora igikorwa cy’ubutabazi nk’iki.

Ati “Ni ibintu byamujemo kuko yabonaga na we bibabaje. Urabona ko uyu mubyeyi ntakintu abika mu nzu, na we ubwe umenya batakinica kuko iyo baba bica baba bamusanze mu nzu baba baranamwishe cyera.”

Nzisabira Gerard na we wo muri aka gace avuga ko kuba uyu muturage ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa nk’iki, nyamara kitarakozwe n’abaturage bazima, biteye isoni n’ikimwaro.

Ati “Biratangaje binateye n’isoni, ahantu hatuye abaturage bangana gutya cyane nk’ubuyobozi burahari, ariko uriya yaje ari umuntu w’umusazi twese tuzi ko ari umusazi. Umuntu wese ari kwibaza impamvu byamujemo, ntawuzi impamvu byamujemo.”

Gusa ubwo uyu ufite uburwayi bwo mutwe yiyemezaga gusanira uyu muturage, abandi baturage na bo bakozwe n’isoni bahita batangira kumwubakira ubwiherero.

Nyirahagenimana Rahabu yongeye agira ati “Ni ikibazo birakabije mbese birababaje n’undi wese wabibona biteye amatsiko, biriya byo kubona umusazi ari we waza kubakira umuntu akaza gufasha umuntu kandi hari ubuyobozi buzi ko umuntu atishoboye…”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Gatsiro, Sylvie Mukankurunziza, avuga ko ubuyobozi butarangaranye uyu muturage wagobotswe n’ufite uburwayi bwo mu mutwe, akavuga ko ahubwo uyu muturage na we yisenyera ndetse ko ari we nyirabayazana w’uwo mwenge wapfutswe n’uriya ufite uburwayi.

Ati “Uriya mwenge ni uwa vuba cyane. Iyo abuze urukwi, akuramo igiti, ntakumurangarana nta n’icyo adakorerwa.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. MUGIRANEZA Eric says:
    3 years ago

    Iyi nkuru inkoze ahantu ababereye urugero

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Next Post

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.