Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, basanzwe bita ko ari umurwayi wo mu mutwe akaba anafite ubumuga bwo kutavuga, yagaragaye ari gusanira inzu umuturage utishoboye, bituma bamwe mu baturage bumva bakozwe n’isoni kuba barushijwe ubutwari n’uyu ufite ikibazo cyo mu mutwe.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro muri uyu Murenge wa Gihundwe, aho umubyeyi witwa Umubyeyi Salima w’abana babiri, wari ugiye kuzuza umwaka aba mu nzu yangiritse, ariko uyu muturage bavuga ko afite uburwayi wo mu mutwe yiyemeje kumusanira agapfuka umwenge wari urimo.

Umubyeyi Salima ufite umugabo we umaze igihe afunze, inzu ye yarangiritse ikaba yari irimo umwenge wanyuragamo abajura n’inyamaswa ku buryo nta mutekano yabaga afite.

Umuturage ufite uburwayi bwo mu mutwe n’ubumuga bwo kutavuga, yafashe icyemezo cyo gukora umuganda wo gusanira uyu mubyeyi.

Uyu mubyeyi aganira na RADIOTV10 ubwo uyu ufite uburwayi bwo mu mutwe yari ari muri uyu muganda, yagize ati “Uriya musazi [bavuga ufite uburwayi bwo mu mutwe] yasanze hameze kuriya, aba afashe igiti, arabinyereka ko agiye kuhakora, ari kumbwira ngo abajura bajye bareka kuhanyura kuko na we arabizi ko bajya banyiba.”

Nyirahagenimana Rahabu utuye muri aka gace, avuga ko na bo byabatunguye kubona umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe yiyemeza gukora igikorwa cy’ubutabazi nk’iki.

Ati “Ni ibintu byamujemo kuko yabonaga na we bibabaje. Urabona ko uyu mubyeyi ntakintu abika mu nzu, na we ubwe umenya batakinica kuko iyo baba bica baba bamusanze mu nzu baba baranamwishe cyera.”

Nzisabira Gerard na we wo muri aka gace avuga ko kuba uyu muturage ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa nk’iki, nyamara kitarakozwe n’abaturage bazima, biteye isoni n’ikimwaro.

Ati “Biratangaje binateye n’isoni, ahantu hatuye abaturage bangana gutya cyane nk’ubuyobozi burahari, ariko uriya yaje ari umuntu w’umusazi twese tuzi ko ari umusazi. Umuntu wese ari kwibaza impamvu byamujemo, ntawuzi impamvu byamujemo.”

Gusa ubwo uyu ufite uburwayi bwo mutwe yiyemezaga gusanira uyu muturage, abandi baturage na bo bakozwe n’isoni bahita batangira kumwubakira ubwiherero.

Nyirahagenimana Rahabu yongeye agira ati “Ni ikibazo birakabije mbese birababaje n’undi wese wabibona biteye amatsiko, biriya byo kubona umusazi ari we waza kubakira umuntu akaza gufasha umuntu kandi hari ubuyobozi buzi ko umuntu atishoboye…”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Gatsiro, Sylvie Mukankurunziza, avuga ko ubuyobozi butarangaranye uyu muturage wagobotswe n’ufite uburwayi bwo mu mutwe, akavuga ko ahubwo uyu muturage na we yisenyera ndetse ko ari we nyirabayazana w’uwo mwenge wapfutswe n’uriya ufite uburwayi.

Ati “Uriya mwenge ni uwa vuba cyane. Iyo abuze urukwi, akuramo igiti, ntakumurangarana nta n’icyo adakorerwa.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. MUGIRANEZA Eric says:
    3 years ago

    Iyi nkuru inkoze ahantu ababereye urugero

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + thirteen =

Previous Post

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

Next Post

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.