• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Perezida w’Inteko yavuze ikintu gikomeye ku buryo Abapolisi bafashe Besigye bakamukurubana nk’umujura
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among yatangaje ko yababajwe n’uburyo Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi, yafashwe n’Abapolisi bakamukurubana mu buryo budasanzwe, ababwira ko ibiba kuri uyu Munyapolitiki na bo byazababaho.

Mu cyumweru gishize, hagaragaye amashusho yerekana Abapolisi bafashe Dr Kizza Besigye, bamwe bafashe mu mukandara bamukurura bamwihutana.

Uyu munyapolitiki yafashwe tariki 12 Gicurasi ubwo yari agiye mu myigaragambyo yo kwamagana itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Anita Among uyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yavuze ko uburyo uyu munyapolitiki yafashwe bibabaje kandi ko bibangamiye uburenganzira bwa muntu.

Yagize ati “Nabonye uburyo Dr Besigye yatawe muri yombi, ni uburyo bukoranye ubugome. Nabanje gukeka ko byaba atari ukuri.”

Yakomeje atanga inama z’uburyo abantu bakekwaho ibyaha bajya bafatwa mu cyubahiro nta muntu ubahonyoreye uburenganzira.

Yagize ati “Dukeneye kubanza kuvugisha abantu by’umwihariko abantu baba badafite intwaro.”

Anita Among yasabye Intumwa Nkuru ya Leta ya Uganda, guha amabwiriza abo mu nzego z’umutekano y’uburyo bagomba kujya bata muri yombi abantu atari abayobozi nka Kizza Besigye ahubwo abaturage bose.

Ati “Nubwo rwose ahanganye n’ubutegetsi ariko turi bamwe, uyu munsi bishobora kuba ari Dr Besigye ariko ejo bishobora kuba ari wowe.”

Anita Among yatangaje ibi nyuma y’uko Umudepite mu Nteko ya Uganda, Atkins Katusabe na we anengeye uburyo Dr Kizza Besigye yafashwemo, we yise guhonyora uburenganzira bwa muntu, ubunyamaswa ndetse no gutesha agaciro ikiremwamuntu.

Uyu Mudepite yagize ati “Dr Besigye ni umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru, ni umubyeyi, umuvandimwe wa bamwe kandi yanakoreye iyi Guverinoma nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ariko yafashwe mu buryo buteye agahinda, bamukururana nk’umujura w’inkoko.”

Dr Kizza Besigye ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Uganda bakunze guhangana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora y’umukuru w’Igihugu.

Uyu Munyapolitiki ufite n’ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Uganda, yanagize imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Museveni akaba yaranamubereye umuganga wihariye.

Dr Kizza Besigye ntiyigeze yoroherwa n’inzego z’umutekano zo muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eighteen =

Previous Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Next Post

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y’umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Umumotari udafite ikirahure kuri ‘casque’ y'umugenzi azafatwa nk’ukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko-RURA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.