Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye uwari warigabije ishyamba rya Leta akarigira irye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 43 y’amavuko wari warafashe ishyamba rya Leta riri mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma, akarigira irye akajya aritemamo ibiti akanarihingamo, yarifatiwemo.

Uyu mugabo witwa Godfroid yafatiwe muri iri shyamba rya Leta yaragize irye riherereye mu Mudugudu wa Gituku mu Kagari ka Kibatsi mu Murenge wa Rukira.

Iri shyamba rya Leta ryari ryarigaruriwe n’uyu mugabo waritemagamo ibiti ndetse akaba yari yararihinzemo ibigori.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police, (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Polisi yari ifite amakuru aturuka ku baturage bo mu Mudugudu wa Gituku ko Ndayisabye yigabije ishyamba rya Leta riherereye muri uwo Mudugudu aritemamo ibiti ndetse akaba yaranarihinzemo ibigori.”

SP Hamdun Twizeyimana avuga ko Polisi yahise itegura ibikorwa byo kumufata “aza kurifatirwamo ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, amaze gutema ibiti 27 ahita atabwa muri yombi.”

Uyu mugabo kandi uretse kuba yatemaga ibiti muri iri shyamba rya Leta yari yaragize irye, yari yaranatangiyemo kurihingamo ibigori.

Uyu mugabo akimara gufatwa yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Rukira, ruzakomeza gukora iperereza.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko N°48/2018 ryo ku ya 13/08/2018, mu ngingo yaryo ya 44 ivuga ko hagamijwe kurengera ibinyabuzima, ibikorwa bikurikira birabujijwe: gutwika amashyamba, pariki z’Igihugu n’ibyanya; gutwika ibishanga, inzuri, ibihuru, ibyatsi hagamijwe ubuhinzi cyangwa gutunganya inzuri z’amatungo ndetse n’ibindi bikorwa ibyo aribyo byose byangiza ibidukikije birabujijwe.

Ingingo ya 59 y’iri tegeko ivuga ko umuntu wese utuma ibimera bikomye bipfa, ubisenya, ubisarura cyangwa ubyangiza, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000FRW).

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Iby’abataramenyekana bateze imodoka y’abafana ba APR bakayimenagura ibirahure byajemo inzego

Next Post

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.