Friday, February 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo ku rwego rwo hejuru ya Perezida Paul kagame.

Inkuru yanditswe na The Wall Street Journal ifite umutwe ugira uti “As Trump’s African Peace Deal Teetered, a Call From Rwanda Halted U.S. Sanctions” cyangwa se ngo “Ubwo harengwaga ku masezerano y’Amahoro ya Trump, ubusabe bw’u Rwanda bwatumye hahagarikwa ibihano”, ivuga ko mu mpera za Mutarama Perezida Kagame ubwe yivuganiye na Senateri Lindsey Graham wo muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida Kagame yahaye icyifuzo uriya Musenateri wo muri U.S cyo kugira icyo akora ubwo Guverinoma y’Igihugu cye na Minisiteri zishinzwe Imari n’Ubukungu bariho bategura ibihano ku bayobozi bakuru b’u Rwanda ndetse n’aba M23.

Ibyo bihano byari bigamije gusubiza ku mirwano yari yubuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byafashwe nko kurenga ku masezerano y’Amahoro yasinyiwe i Washington D.C. mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Iki kinyamakuru kivuga ko Senateri Graham yavuganye n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa U.S- White House ndetse n’ibya Visi Perezida JD Vance akabumvisha ko u Rwanda “ni umufatanyabikorwa ukomeye wa America mu by’umutekano” kandi w’ingenzi wohereza amabuye y’agaciro nkenerwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Yakomeje aburira America ko gufatira u Rwanda ibihano, byagira ingaruka zikomeye, ku bushake rufite mu gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

Nyuma y’izi nama z’uyu Musenateri, abayobozi bakuru mu butegetsi bwa America bahise bafata umwanzuro wo guhagarika ibihano, baburizamo ubusabe bwari bwatanzwe n’abayobozi bo mu nzego z’imari n’ubukungu. Ibyo bihano byaje guhita bihagarikwa burundu.

Perezida Kagame na na Senateri Lindsey Graham

White House kandi yemereye The Wall Street Journal ko nta bihano byigeze bifatwa, ndetse ko bitazigera bifatwa, no mu bihe biri imbere.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje kugira uruhare n’ubushake mu masezerano y’amahoro ndetse nyuma y’isinywa ryayo ikaba yarashimangiye ko “izayashyira mu bikorwa uko yakabaye” ariko nanone ntiyahwemye kugaragaza uburyo DRC n’imitwe bafatanyije “bakomeje kuyarengaho” mu bihe binyuranye.

U Rwanda kandi rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa mu kugira uruhare rutaziguye mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo rugashimangira ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka.

Abayobozi banyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda kandi bakomeje kugaragaza ibiriho bikorerwa Abanyekongo by’umwihariko abatuye mu bice birimo muri Minembwe muri Kivu y’Epfo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ntiyahwemye kugaragaza uburyo imikoranire ya FARDC, ingabo z’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR, na Wazalendo, bakomeje kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Muri iyi minsi kandi, haravugwa kubura kw’imirwano ikomeye muri Kivu y’Epfo, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurasa ntacyo rwitayeho mu bice bituwemo n’abaturage rukoresheje indege zitagira abapilote mu bitero bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’abasivile.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Related Posts

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

by radiotv10
27/02/2026
0

One day after the President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, visited France, his government announced Juliana Amato...

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

by radiotv10
27/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Ntara ya Cabo...

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 164 ziturutse muri Libya, zatumye umubare w’izimaze kwakirwa kuva mu mwaka wa 2019 ugera mu...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

by radiotv10
26/02/2026
0

Rwanda has received 164 additional refugees evacuated from Libya, bringing the total number of refugees welcomed since 2019 to 2,760....

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda
MU RWANDA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

27/02/2026
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

27/02/2026
Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

27/02/2026
Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

26/02/2026
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.