Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA
0
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma yo kunanirwa kugwa ku Kibuga cy’Indege kubera ibibazo by’ikirere cyari cyabuditse.

Iyi ndege ifite urugendo Nimero KQ470, yasabwe gusubira i Nairobi kuri iki Cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026 nyuma yo kunanirwa kugwa i Kigali.

Byatewe no kuba ikirere cyasaga nabi ubwo iyi ndege yari igiye kururuka, bituma abakozi bahagarika kugerageza kugwa hakurikijwe amabwiriza y’umutekano.

Ubuyobozi bw’iyi sosiyeye, buvuga ko hafashwe icyemezo cyo gushyira imbere umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege, ari na byo byatumye hafatwa iki cyemezo.

Itangazo rya Kenya Airways, rigira riti “Nyuma yo kugerageza kabiri kugwa, abakozi bahisemo gusubira i Nairobi kubera umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege.”

Mu itangazo ryatanzwe n’ishami rishinzwe itumanaho, Kenya Airways yavuze ko iki kibazo cyabaye ahagana saa cyenda n’iminota icumi za mu gitondo ku isaha ya Afurika y’Iburasirazuba ubwo indege yegeraga ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Igipimo cyo kugaragara cyari cyaragabanutse cyane ku gipimo ntarengwa cyasabwaga kugira ngo indege yururuke neza, bituma indege ikomeza urugendo isubirayo.

Kenya Airways ivuga ko iyi ndege yageze i Nairobi amahoro saa yine n’iminota mirongo itatu n’icyenda za mu gitondo, nta byago byagaragaye.

Itangazo rigira riti “Kenya Airways PLC (KQ) yemeje ko ku ya 15 Gashyantare 2026, ahagana saa cyenda n’iminota icumi (09:10’) (Isaha y’Iburasirazuba), KQ 470, mu rugendo rwari ruteganyijwe kuva i Nairobi rwerecyeza i Kigali, yahuye n’ikibazo cyo kutabona neza kubera ibibazo by’ikirere kitasaga neza mu gihe kururusta indege ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.”

Kenya Airways yavuze ko yamenyesheje abagenzi igihe cyose cyo gutinda no gutanga ubufasha ku bagizweho ingaruka, inasaba imbabazi ku bagenzi bose bagizweho ingaruka n’iki kibazo.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko havutse imbogamizi z’ikirere kitari kubona neza, byari byatumye habaho gukererwa kwa zimwe mu ngendo.

RwandAir yari yatangaje ko bitewe n’ibi bibazo by’ikirere, hashobora kuvuka ikererwa ry’ingendo z’indege ziva cyangwa zerecyeza ku Kibuga cy’Indeg cya Kigali giherereye i Kanombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Related Posts

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

by radiotv10
16/02/2026
0

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

by radiotv10
14/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi...

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

by radiotv10
14/02/2026
0

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

15/02/2026
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

14/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.