Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA
0
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma yo kunanirwa kugwa ku Kibuga cy’Indege kubera ibibazo by’ikirere cyari cyabuditse.

Iyi ndege ifite urugendo Nimero KQ470, yasabwe gusubira i Nairobi kuri iki Cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026 nyuma yo kunanirwa kugwa i Kigali.

Byatewe no kuba ikirere cyasaga nabi ubwo iyi ndege yari igiye kururuka, bituma abakozi bahagarika kugerageza kugwa hakurikijwe amabwiriza y’umutekano.

Ubuyobozi bw’iyi sosiyeye, buvuga ko hafashwe icyemezo cyo gushyira imbere umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege, ari na byo byatumye hafatwa iki cyemezo.

Itangazo rya Kenya Airways, rigira riti “Nyuma yo kugerageza kabiri kugwa, abakozi bahisemo gusubira i Nairobi kubera umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege.”

Mu itangazo ryatanzwe n’ishami rishinzwe itumanaho, Kenya Airways yavuze ko iki kibazo cyabaye ahagana saa cyenda n’iminota icumi za mu gitondo ku isaha ya Afurika y’Iburasirazuba ubwo indege yegeraga ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Igipimo cyo kugaragara cyari cyaragabanutse cyane ku gipimo ntarengwa cyasabwaga kugira ngo indege yururuke neza, bituma indege ikomeza urugendo isubirayo.

Kenya Airways ivuga ko iyi ndege yageze i Nairobi amahoro saa yine n’iminota mirongo itatu n’icyenda za mu gitondo, nta byago byagaragaye.

Itangazo rigira riti “Kenya Airways PLC (KQ) yemeje ko ku ya 15 Gashyantare 2026, ahagana saa cyenda n’iminota icumi (09:10’) (Isaha y’Iburasirazuba), KQ 470, mu rugendo rwari ruteganyijwe kuva i Nairobi rwerecyeza i Kigali, yahuye n’ikibazo cyo kutabona neza kubera ibibazo by’ikirere kitasaga neza mu gihe kururusta indege ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.”

Kenya Airways yavuze ko yamenyesheje abagenzi igihe cyose cyo gutinda no gutanga ubufasha ku bagizweho ingaruka, inasaba imbabazi ku bagenzi bose bagizweho ingaruka n’iki kibazo.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko havutse imbogamizi z’ikirere kitari kubona neza, byari byatumye habaho gukererwa kwa zimwe mu ngendo.

RwandAir yari yatangaje ko bitewe n’ibi bibazo by’ikirere, hashobora kuvuka ikererwa ry’ingendo z’indege ziva cyangwa zerecyeza ku Kibuga cy’Indeg cya Kigali giherereye i Kanombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Next Post

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Related Posts

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko...

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

by radiotv10
16/02/2026
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n'ibyarimo byose....

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

by radiotv10
16/02/2026
0

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo
IBYAMAMARE

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.