Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma yo kunanirwa kugwa ku Kibuga cy’Indege kubera ibibazo by’ikirere cyari cyabuditse.
Iyi ndege ifite urugendo Nimero KQ470, yasabwe gusubira i Nairobi kuri iki Cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026 nyuma yo kunanirwa kugwa i Kigali.
Byatewe no kuba ikirere cyasaga nabi ubwo iyi ndege yari igiye kururuka, bituma abakozi bahagarika kugerageza kugwa hakurikijwe amabwiriza y’umutekano.
Ubuyobozi bw’iyi sosiyeye, buvuga ko hafashwe icyemezo cyo gushyira imbere umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege, ari na byo byatumye hafatwa iki cyemezo.
Itangazo rya Kenya Airways, rigira riti “Nyuma yo kugerageza kabiri kugwa, abakozi bahisemo gusubira i Nairobi kubera umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege.”
Mu itangazo ryatanzwe n’ishami rishinzwe itumanaho, Kenya Airways yavuze ko iki kibazo cyabaye ahagana saa cyenda n’iminota icumi za mu gitondo ku isaha ya Afurika y’Iburasirazuba ubwo indege yegeraga ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.
Igipimo cyo kugaragara cyari cyaragabanutse cyane ku gipimo ntarengwa cyasabwaga kugira ngo indege yururuke neza, bituma indege ikomeza urugendo isubirayo.
Kenya Airways ivuga ko iyi ndege yageze i Nairobi amahoro saa yine n’iminota mirongo itatu n’icyenda za mu gitondo, nta byago byagaragaye.
Itangazo rigira riti “Kenya Airways PLC (KQ) yemeje ko ku ya 15 Gashyantare 2026, ahagana saa cyenda n’iminota icumi (09:10’) (Isaha y’Iburasirazuba), KQ 470, mu rugendo rwari ruteganyijwe kuva i Nairobi rwerecyeza i Kigali, yahuye n’ikibazo cyo kutabona neza kubera ibibazo by’ikirere kitasaga neza mu gihe kururusta indege ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.”
Kenya Airways yavuze ko yamenyesheje abagenzi igihe cyose cyo gutinda no gutanga ubufasha ku bagizweho ingaruka, inasaba imbabazi ku bagenzi bose bagizweho ingaruka n’iki kibazo.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko havutse imbogamizi z’ikirere kitari kubona neza, byari byatumye habaho gukererwa kwa zimwe mu ngendo.
RwandAir yari yatangaje ko bitewe n’ibi bibazo by’ikirere, hashobora kuvuka ikererwa ry’ingendo z’indege ziva cyangwa zerecyeza ku Kibuga cy’Indeg cya Kigali giherereye i Kanombe.
RADIOTV10








