Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 n’umugore w’imyaka 29 bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwabataye muri yombi ku munsi w’imihango yo gusaba no gukwa, nyuma yo kwiyambazwa n’umugore mukuru w’uyu mugabo bagifitanye isezerano.

Aba bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike, bafashwe ubwo uyu mugabo yari agiye gusaba no gukwa uyu mugore basanzwe babana nk’umugore n’umugabo mu buryo budakurikije amategeko.

Iyi mihango yagombaga kubera Mudugudu wa Nyamirambo mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.

Amakuru avuga ko uyu mugabo wigeze kuba umucuzi mu isantere ya Nyamirambo i Nyamasheke, yari yataye umugore we mukuru babyaranye abana batanu, nyuma y’uko bagiranye ibibazo, akaza gushaka uyu w’imyaka 29 [bafunganywe] na we bakaba bafitanye abana babiri.

Yari yabanje gucikana n’uyu mugore wa kabiri, bajya gutura mu Karere ka Ngoma, bakaba bamaranye imyaka 11 babana mu buryo budakurikije amategeko.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo n’umugore we wa kabiri, bafashwe nyuma y’uko umugore mukuru yamenye ko bagiye gukora imihango yo gusaba no gukwa yagombaga kuba ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, agahita ajya kubimenyesha inzego. Ni imihango yagombaga kubera iwabo w’umukobwa muri Nyamasheke.

Umwe yagize ati “Twari twatumiwe twaranatwerereye, twitegura kubujyamo saa saba. Bamwe mu batumirwa bageze mu mahema yari yateguwe mu busitani buri hafi y’ibiro by’Akarere ka Nyamasheke.”

Ku munsi w’iyi mihango, umugore wari umaze iminsi itatu yaragiye kwitegura, yari yabukereye, ndetse umugabo we na we yari yamaze kwerecyeza aho iyi mihango yagombaga kubera, aho yari aherekejwe n’inshuti ze zari zitashye ubukwe bwabo.

Ubwo imodoka zari zibatwaye zari zigeze hafi ya Sitasiyo ya RIB ya Kagano mu Karere ka Nyamasheke, zarahagaritswe, uyu mugabo akurwamo ahita atabwa muri yombi.

Umuturage ati “Twayobewe uko bigenze, tukibijujura dusa n’abakubiswe n’inkuba. Amatelefoni acicikana ubwira abandi ibibaye, twumva abari bari mu mahema y’aho ubukwe bwari bubere batubwira ko n’umugore amaze kwambikwa amapingu bamusangishije umugabo we.”

Mupenzi Narcisse uyobora Akarere ka Nyamasheke, yemereye Ikinyamakuru Imvaho Nshya ko ibi byabaye, ndetse ko umugabo n’umugore bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike.

Yagize ati “Icya mbere ni uko biriya ari ibikorwa bigize icyaha cy’ubuharike kandi gihanwa n’amategeko, ni yo mpamvu ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Nyamasheke usanzwe ari n’impuguke mu mategeko, dore ko mbere yo kuba Umuyobozi w’Akarere yari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Serivisi zo Kwegereza Ubutabera Abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera, yagiriye inama abashakana nyamara hari isezerano rikiri hagati y’umwe muri bo n’uwo bashakanye, ko baba bari gukora icyaha cy’ubuharike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Next Post

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.