Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 n’umugore w’imyaka 29 bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwabataye muri yombi ku munsi w’imihango yo gusaba no gukwa, nyuma yo kwiyambazwa n’umugore mukuru w’uyu mugabo bagifitanye isezerano.

Aba bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike, bafashwe ubwo uyu mugabo yari agiye gusaba no gukwa uyu mugore basanzwe babana nk’umugore n’umugabo mu buryo budakurikije amategeko.

Iyi mihango yagombaga kubera Mudugudu wa Nyamirambo mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.

Amakuru avuga ko uyu mugabo wigeze kuba umucuzi mu isantere ya Nyamirambo i Nyamasheke, yari yataye umugore we mukuru babyaranye abana batanu, nyuma y’uko bagiranye ibibazo, akaza gushaka uyu w’imyaka 29 [bafunganywe] na we bakaba bafitanye abana babiri.

Yari yabanje gucikana n’uyu mugore wa kabiri, bajya gutura mu Karere ka Ngoma, bakaba bamaranye imyaka 11 babana mu buryo budakurikije amategeko.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo n’umugore we wa kabiri, bafashwe nyuma y’uko umugore mukuru yamenye ko bagiye gukora imihango yo gusaba no gukwa yagombaga kuba ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, agahita ajya kubimenyesha inzego. Ni imihango yagombaga kubera iwabo w’umukobwa muri Nyamasheke.

Umwe yagize ati “Twari twatumiwe twaranatwerereye, twitegura kubujyamo saa saba. Bamwe mu batumirwa bageze mu mahema yari yateguwe mu busitani buri hafi y’ibiro by’Akarere ka Nyamasheke.”

Ku munsi w’iyi mihango, umugore wari umaze iminsi itatu yaragiye kwitegura, yari yabukereye, ndetse umugabo we na we yari yamaze kwerecyeza aho iyi mihango yagombaga kubera, aho yari aherekejwe n’inshuti ze zari zitashye ubukwe bwabo.

Ubwo imodoka zari zibatwaye zari zigeze hafi ya Sitasiyo ya RIB ya Kagano mu Karere ka Nyamasheke, zarahagaritswe, uyu mugabo akurwamo ahita atabwa muri yombi.

Umuturage ati “Twayobewe uko bigenze, tukibijujura dusa n’abakubiswe n’inkuba. Amatelefoni acicikana ubwira abandi ibibaye, twumva abari bari mu mahema y’aho ubukwe bwari bubere batubwira ko n’umugore amaze kwambikwa amapingu bamusangishije umugabo we.”

Mupenzi Narcisse uyobora Akarere ka Nyamasheke, yemereye Ikinyamakuru Imvaho Nshya ko ibi byabaye, ndetse ko umugabo n’umugore bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike.

Yagize ati “Icya mbere ni uko biriya ari ibikorwa bigize icyaha cy’ubuharike kandi gihanwa n’amategeko, ni yo mpamvu ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Nyamasheke usanzwe ari n’impuguke mu mategeko, dore ko mbere yo kuba Umuyobozi w’Akarere yari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Serivisi zo Kwegereza Ubutabera Abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera, yagiriye inama abashakana nyamara hari isezerano rikiri hagati y’umwe muri bo n’uwo bashakanye, ko baba bari gukora icyaha cy’ubuharike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Next Post

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.