Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umukwe n’umugeni bisange mu maboko ya RIB ku munsi w’ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 n’umugore w’imyaka 29 bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwabataye muri yombi ku munsi w’imihango yo gusaba no gukwa, nyuma yo kwiyambazwa n’umugore mukuru w’uyu mugabo bagifitanye isezerano.

Aba bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike, bafashwe ubwo uyu mugabo yari agiye gusaba no gukwa uyu mugore basanzwe babana nk’umugore n’umugabo mu buryo budakurikije amategeko.

Iyi mihango yagombaga kubera Mudugudu wa Nyamirambo mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.

Amakuru avuga ko uyu mugabo wigeze kuba umucuzi mu isantere ya Nyamirambo i Nyamasheke, yari yataye umugore we mukuru babyaranye abana batanu, nyuma y’uko bagiranye ibibazo, akaza gushaka uyu w’imyaka 29 [bafunganywe] na we bakaba bafitanye abana babiri.

Yari yabanje gucikana n’uyu mugore wa kabiri, bajya gutura mu Karere ka Ngoma, bakaba bamaranye imyaka 11 babana mu buryo budakurikije amategeko.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo n’umugore we wa kabiri, bafashwe nyuma y’uko umugore mukuru yamenye ko bagiye gukora imihango yo gusaba no gukwa yagombaga kuba ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, agahita ajya kubimenyesha inzego. Ni imihango yagombaga kubera iwabo w’umukobwa muri Nyamasheke.

Umwe yagize ati “Twari twatumiwe twaranatwerereye, twitegura kubujyamo saa saba. Bamwe mu batumirwa bageze mu mahema yari yateguwe mu busitani buri hafi y’ibiro by’Akarere ka Nyamasheke.”

Ku munsi w’iyi mihango, umugore wari umaze iminsi itatu yaragiye kwitegura, yari yabukereye, ndetse umugabo we na we yari yamaze kwerecyeza aho iyi mihango yagombaga kubera, aho yari aherekejwe n’inshuti ze zari zitashye ubukwe bwabo.

Ubwo imodoka zari zibatwaye zari zigeze hafi ya Sitasiyo ya RIB ya Kagano mu Karere ka Nyamasheke, zarahagaritswe, uyu mugabo akurwamo ahita atabwa muri yombi.

Umuturage ati “Twayobewe uko bigenze, tukibijujura dusa n’abakubiswe n’inkuba. Amatelefoni acicikana ubwira abandi ibibaye, twumva abari bari mu mahema y’aho ubukwe bwari bubere batubwira ko n’umugore amaze kwambikwa amapingu bamusangishije umugabo we.”

Mupenzi Narcisse uyobora Akarere ka Nyamasheke, yemereye Ikinyamakuru Imvaho Nshya ko ibi byabaye, ndetse ko umugabo n’umugore bombi bakurikiranyweho icyaha cy’ubuharike.

Yagize ati “Icya mbere ni uko biriya ari ibikorwa bigize icyaha cy’ubuharike kandi gihanwa n’amategeko, ni yo mpamvu ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Nyamasheke usanzwe ari n’impuguke mu mategeko, dore ko mbere yo kuba Umuyobozi w’Akarere yari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Serivisi zo Kwegereza Ubutabera Abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera, yagiriye inama abashakana nyamara hari isezerano rikiri hagati y’umwe muri bo n’uwo bashakanye, ko baba bari gukora icyaha cy’ubuharike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + six =

Previous Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Next Post

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Nigeria: Haravugwa inkuru y’akababaro ku mukobwa wari watangaje ibyazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.