Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baturage bari i Nairobi muri Kenya aravuga ko ubuzima busa n’ubwahagaze i Nairobi kubera imyigaragambyo yashojwe na Raila Odinga, yaramutse kuri uyu wa Mbere, ubu amaduka menshi akaba afunze.

Uyu muturage witwa Ndikubwayo Bosco utuye i Nairobi muri Kenya, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko yaramutse ajya muri uyu mujyi rwagati kuko asanzwe ari umucuruzi, ariko agasanga umwuka uriyo utatuma bacuruza kubera imyigaragambyo ikomeye yaharamukiye.

Avuga ko abashyigikiye Raila Odinga bari muri iyi myigaragambyo ikomeye, bari kuzenguruka muri uyu mujyi, aho bahanganye n’igipolisi na cyo gikomeje gushaka uburyo cyahagarika iyi myigaragambyo.

Ati “Bari kuzenguruka baca hirya baca hino, batera amabuye, Abapolisi na bo batera ibyuka biryana mu maso. Ntitwashoboye kujyayo kuko n’iyo twari kujyayo n’akazi kacu ntikari gukorwa uretse ko n’ibyacu byari kuhangirikira.”

Uyu muturage ukomoka mu Burundi, avuga ko iyo habaye imyigaragambyo nk’iyi, ba rusahurira mu nduru babyitwikira bagasahura amaduka y’abacuruzi.

Ati “Bari kubyitwikira bagenda basahura biba, urumva muri iyo rwaserera yo kwiruka abandi birukankana n’Abapolisi, banafashe bamwe maze kubona abashingategeko batatu bafashwe. Ntibyoroshye ko umuntu yafungura iduka rye ngo acuruze.”

Bosco akomeza avuga ko muri uyu mujyi hasanzwe haba imyigaragambyo, ndetse Leta ikareka abayikora bakigaragambya ariko “uyu munsi Leta isa nk’aho itemeye iyi myigaragambyo kuko uyu munsi bababujije, aho babona abantu batatu bane batanu, babateramo tear gas bakabatatanya, urumva kabaye akajagari kanini.”

Iyi myigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’i Nairobi, byari biteganyijwe ko na Raila Odinga ubwe ayitabira akajya ku gice kimwe kiri gukorerwamo iyi myigaragambyo, ariko Abapolisi bakaba batatanyije abigaragambya atarahagera.

Raila Odinga aherutse guhamagarira abamushyigikiye kujya muri iyi myigaragambyo yo gusaba ko Perezida William Ruto na Guverinoma ye begura.

Perezida William Ruto bari bahanganye mu matora aheruka, na we kuri iki Cyumweru yari yagize icyo avuga kuri ibi bikorwa bya Raila Odinga, amunenga imyitwarire idahwitse yakunze kumuranga.

Ruto yanagarutse ku byakunze kuranga Odinga kuva ku butegetsi bwo hambere, amushinja guteza akaduruvayo mu Gihugu kuko ari we buri gihe uhamagarira abaturage kwigaragambya mu myigaragambyo yagiye inagwamo abaturage benshi.

Abigaragambya batewe ibyuka biryana mu kirere

Photo © BBC 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 3 =

Previous Post

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Next Post

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.