Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga
Share on FacebookShare on Twitter
  • Iran yavuze igishobora guhagararika intambara
  • Israel na yo yahize gukaza ibitero

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yavuze ko iki Gihugu kidashobora guhagarika gusuka za misile kuri Israel igihe cyose iki Gihugu yise umwanzi kitarahagarika ibitero byacyo by’indege, mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Israel na we yasabye igisirikare gukaza ibitero kuri Iran.

Masoud Pezeshkian yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025 ku munsi wa munani w’intambara ihanganishije Igihugu abereye Perezida cya Iran na Israel.

Ni mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, n’ubundi impande zombe zakomeje kurasana, aho indege itagira abapilote ya Israel yarashe inyubako ituwemo n’abaturage iherereye mu Gace ka Gisha mu Murwa mukuru wa Iran.

Ku ruhande rwa Iran, na yo yakomeje kohereza ibisasu bya Misile kuri Israel byumwihariko mu bice byo mu majyepfo y’iki Gihugu cya Israel.

Perezida wa Iran, yavuze ko uburyo bwonyine bwarangiza iyi mirwano, ari ukuba Israel yahagarika ibitero byayo yatangije kuri iki Gihugu cye.

Aganira n’Itangazamakuru ryo muri Iran, Masoud Pezeshkian yagize ati “Igihe cyose twahoze twifuza amahoro n’ituze.”

Akomeza agira ati “Nkurikije uko ibintu byifashe ubu, amahoro arambye azashoboka ari uko abanzi b’aba- Zionist bahagaritse ibitero byabo, kandi bagatanga icyizere cyo guhagarika ubushotoranyi bwabo bw’ibikorwa by’iterabwoba.”

Pezeshkian yaburiye Israel ko “Kutabasha kubikora [guhagarika ibitero] bizakomeza gusunikira Iran gusubiza ibyo bitero kuri Israel izahora yicuza.”

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz; mu itangazo yatanze kuri uyu wa Gatanu rigenewe igisirikare, yagisabye gukaza ibitero kuri Iran bigamije gushegesha ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Yagize ati “Tugomba kurasa ku birango byose by’ubutegetsi ndetse n’ibikorwa byose bihonyora abaturage, nka Basij [Igisirikare cya Iran], ndetse n’ibirindiro by’ubutegetsi ndetse na Revolutionary Guard.”

Israel Katz kandi ejo yari yatangaje ku karubanda ko Israel yifuza kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

Next Post

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n'umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.