Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
12/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko yumvise icyemezo cy’u Burundi cyo gufunga imipaka y’Ibihugu byombi, ivuga ko ari icyemezo gitunguranye kandi gihabanye n’amahame y’Umuryango ibi Bihugu bihuriyemo.

Ifungwa ry’imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda, ryamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, binyuze mu binyamakuru bikorera mu Burundi.

Ni icyemezo kitigeze kigaragara mu itangazo ryanditswe na Guverinoma y’u Burundi mu buryo bunyuze mu mucyo nk’icyemezo gifite uburemere nk’ubu.

Guverinoma y’u Rwanda yo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yashyize hanze itangazo ryaturutse mu Biro by’Umuvugizi wayo, rivuga uko yakiriye iki cyemezo.

Iri tangazo ritangira rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda yumvise ibyatangajwe mu binyamakuru ku cyemezo cy’uruhande rumwe rwa Guverinoma y’u Burundi cyo kongera gufunga imipaka yabwo n’u Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko iki cyemezo kidakwiye “cyizarogoya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu hagati y’Ibihugu byombi, kandi kinyuranyije n’amahame y’imikoranire y’akarere ndetse no kwishyira hamwe mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Ni imipaka ifunzwe nyuma y’umwaka umwe n’igice ifunguwe dore ko yongeye gufungurwa muri Nzeri 2022, nyuma y’uko yari imaze imyaka irindwi ifunze kuva muri 2015.

Kongera gufunga iyi mipaka byari biherutse gukomozwaho na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukuboza 2023 ubwo yashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED Tabara uherutse kugaba igitero i Burundi ukica abantu 20, mu gihe u Rwanda rwabihakanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Next Post

Ngoma: Abacuruzi basobanuye ingeso ibahombya yadukanywe n’abana

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abacuruzi basobanuye ingeso ibahombya yadukanywe n’abana

Ngoma: Abacuruzi basobanuye ingeso ibahombya yadukanywe n’abana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.