Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ntikiri nyabagendwa bamwe baheze nzira

Photo/ SOS Media

Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse amakuru aturuka ku mipaka, avuga ko hari abashakaga kwambuka babuze uko batambuka.

Ni icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru bikorera muri iki Gihugu.

Nubwo nta tangazo rinyuze mu mucyo ryasohowe na Guverinoma y’u Burundi, ibitangazamakuru ndetse na bamwe mu banyamakuru b’i Burundi bemeje ko iki cyemezo cyamaze gufatwa.

Uwitwa King Burundi ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yagize ati “Ntibiri ubwiru, Leta y’u Burundi imaze gufunga imipaka yose iyihuza n’Igihugu cy’u Rwanda.”

Uyu munyamakuru usanzwe akora inkuru zicukumbuye, yavuze ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Martin Niteretse ari we watangaje ko iyi mipaka yafunzwe, akabimenyesha abayobozi bo mu Ntara ya Kayanza.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi, na cyo cyatangaje ko iki cyemezo cyafashwe, ndetse ko hari abantu bashaka kwinjira mu Burundi baturutse mu Rwanda babujijwe kwinjira ku mupaka wa Ruhwa.

Mu butumwa iki Kinyamakuru cyanyujije kuri X, cyavuze ko abo bantu babuze uko binjira biganjemo Abanyarwanda n’Abanyekongo.

Cyakomeje kigira kiti “Ababarirwa muri mirongo b’Abarundi bari bavuye mu isoko rya Bugarama mu Rwanda baheze mu gace ka zone neutre.”

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye abaye nk’ubicaho amarenga, aho aherutse kuvuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa RED Tabara, kandi ko iki Gihugu cyiteguye gufata ingamba zose zirimo n’izahozeho.

Ni ibirego Guverinoma y’u Rwanda yahakanye, ivuga ko nta na hato ihuriye n’abarwanyi b’Abarundi barwanya Igihugu cyabo, ndetse ivuga ko n’abarwanyi ba RED Tabara bigeze gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda, bashyikirijwe u Burundi ku manywa y’ihangu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tom says:
    2 years ago

    Ntivyoroshe nagatoyi ivya politiki

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

DRCongo: Biravugwa ko hari abasirikare bakomeye ba FARDC biyunze kuri M23

Next Post

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Uko u Rwanda rwakiriye icyemezo gitunguranye cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.