Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bya politiki yemeza ko umubano w’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America ugiye kurushaho kuba mwiza mu gihe hari abakeka ko ushobora kuzamo akabazo bitewe no kuba u Rwanda rukomeje gutsembera USA ko rudashobora gufungura Paul Rusesabagina.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken wagize uruzinduko mu Rwanda, yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ikibazo cya Paul Rusesabagina.

Blinken wanagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11 Kanama 2022, yirinze kugaruka kuri iki kibazo, gusa avuga ko Ibihugu byombi bizakomeza kukiganiraho.

Uyu mudipolomate ukomeye wa USA, yashimangiye ko Paul Rusesabagina usanzwe ari umuturage ufite uburenganzira bwo gutura muri USA, yahawe ubutabera butanyuze mu mucyo.

Muri iki kiganiro n’Abanyamakuru cyarimo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, we yahamije koi fatwa ndetse n’urubanza bya Rusesabagina, byose byakozwe hubahirijwe amategeko yaba ay’u Rwanda ndetse n’amategeko mpuzamahanga.

Dr Vincent Biruta kandi yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda idashobora gukangwa n’iki gitutu ikomeje kotswa na Leta Zunze Ubumwe za America ngo irekure Paul Rusesabagina.

Ni ingingo yumvikana ko u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America zidahuriyeho, bamwe bakeka ko bishobora kugira ingaruka ku mibanire y’Ibihugu byombi.

Gusa impugukemu bya Politiki, Dr Buchanan Ismael akaba n’umwarimu muri Kaminuza, yabwiye RADIOTV10 ko we atari ko abibona.

Yagize ati “Ahubwo mugiye kubona impinduka mu mibanire ya America n’u Rwanda mu kongera agaciro k’ibyo bageneraga u Rwanda mu bufatanye bwabo.”

Dr Buchanan ashingira ku kuba kuba uyu muyobozi wa Dipolomasi ya America yiboneye ukuri kw’ibyo bamwe mu banyapolitiki ba America bajyaga bashingiraho basaba irekurwa rya Rusesabagina.

Ati “We afite uko yabonye ishusho ubwo abakomeza kuvuga niba ari ba bandi barwanira uburenganzira bwa muntu mujya mwumva, ni umuryango wa Rusesabagina…”

Leta Zunze Ubumwe za America, zisanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda ukomeye kubera inkunga isanzwe irugenera.

Muri 2021 USA yahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni 147$ yo guteza imbere inzego zitandukanye. Mu myaka itatu ishize Yatanze miliyoni 116$ zo guteza imbere urwego rw’ubuzima. Amerika kandi yanahaye u Rwanda miliyoni 23$ zo guhangana na COVID-19.

Blinke mu Kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane
Na Minisitiri Biruta
Abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 6 =

Previous Post

DRC: Batakambiye America bayisaba kujyayo gucukura amabuye y’agaciro

Next Post

Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.