Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’umusore witwa Laurine Izere uzwi nka The Trainer n’Umunyamideri Keza bazwi cyane kuri YouTube mu dukino tw’urukundo, iremeza ko yamaze gutandukana ku nshuro ya kabiri nyuma y’amezi atanu yemeranyijwe kuzashyingiranwa.

Uyu musore usanzwe akora akazi ko gutoza abifuza kubaka umubiri n’abashaka kugabanya ibiro, muri Mata 2022, yari yatereye ivi umunyamideri Keza, amusaba kuzamubera umugore, undi na we arabimwemerera.

Icyo gihe bakoze iki gikorwa nyuma yo kwiyunga dore ko hari hashize igihe nubundi baratandukanye.

Hamaze iminsi micye hacicikana amakuru ko uyu musore na Keza bongeye gutandukana ndetse ko babanje no kurwanira mu kabari.

Mu kiganiro yagiranye YouTube Channel ya Isimbi TV, The Trainer yemeje ko yamaze gutandukana na Keza.

Ati “Twaratandukanye ariko ntabwo twigeze turwana […] kuri iyi nshuro ntabwo ari agakino ndetse no ku nshuro ya mbere ntabwo byari agakino.”

Uyu musore avuga ko icyabayeho hagati ye na Keza, ari ugushwana bakavugana nabi ariko ko batarwanye nkuko byari bikomeje kuvugwa.

The Trainer na Keza basanzwe bazwiho gukora udukino tw’urukundo tuzwi nka ‘Prank’ ndetse bakaba bari bakunze kugaragaza ku mbuga nkoranyambaga zabo bari mu bikorwa byo kwamamaza imyambaro.

Gusa kugeza ubu ku mbuga nkoranyambaga zabo, amafoto bari bahuriyeho bamaze kuyasiba.

Avuga ko nubwo yari yarateye ivi ndetse yifuza kuzashyingiranwa na Keza, ariko ko batagirana ibibazo ngo babirenzeho ngo ni uko bashaka gushimisha imiryango.

Ati “Nta muntu upanga ibibi, kandi ntabwo twari gutekereza ngo nidushwana ntituzatandukane, ntabwo bishoboka kuko n’ugiye kurahira mu isezerano aravuga ngo tuzatandukanywa n’urupfu kandi bagashyiraho divorce mu gihe byanze.”

Akomeza avuga ko bafashe umwanzuro wo gutandukana bawutekerejeho, ati “Niba abona ntashobotse cyangwa mbona we adashobotse, mubiganiraho nk’abantu bakuru, umwe agakomeza ubuzima bwe undi ubwe.”

Keza na The Trainer bakunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga bishimanye
Urukundo rwabo rwavuzwe cyane
Urukundo rwabo bari bakunze kurwerekana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ruhango: Hatahuwe ibisasu byari bitabye hafi y’urugo

Next Post

Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe…Menya impamvu

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

by radiotv10
07/07/2025
0

Ni ku nshuro ya gatandatu habaye ibi bitaramo by’iserukiramuco rya MTN Iwacu Muzika Festival, bikaba ku nshuro ya gatatu MTN...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe…Menya impamvu

Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe...Menya impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.