• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’umusore witwa Laurine Izere uzwi nka The Trainer n’Umunyamideri Keza bazwi cyane kuri YouTube mu dukino tw’urukundo, iremeza ko yamaze gutandukana ku nshuro ya kabiri nyuma y’amezi atanu yemeranyijwe kuzashyingiranwa.

Uyu musore usanzwe akora akazi ko gutoza abifuza kubaka umubiri n’abashaka kugabanya ibiro, muri Mata 2022, yari yatereye ivi umunyamideri Keza, amusaba kuzamubera umugore, undi na we arabimwemerera.

Icyo gihe bakoze iki gikorwa nyuma yo kwiyunga dore ko hari hashize igihe nubundi baratandukanye.

Hamaze iminsi micye hacicikana amakuru ko uyu musore na Keza bongeye gutandukana ndetse ko babanje no kurwanira mu kabari.

Mu kiganiro yagiranye YouTube Channel ya Isimbi TV, The Trainer yemeje ko yamaze gutandukana na Keza.

Ati “Twaratandukanye ariko ntabwo twigeze turwana […] kuri iyi nshuro ntabwo ari agakino ndetse no ku nshuro ya mbere ntabwo byari agakino.”

Uyu musore avuga ko icyabayeho hagati ye na Keza, ari ugushwana bakavugana nabi ariko ko batarwanye nkuko byari bikomeje kuvugwa.

The Trainer na Keza basanzwe bazwiho gukora udukino tw’urukundo tuzwi nka ‘Prank’ ndetse bakaba bari bakunze kugaragaza ku mbuga nkoranyambaga zabo bari mu bikorwa byo kwamamaza imyambaro.

Gusa kugeza ubu ku mbuga nkoranyambaga zabo, amafoto bari bahuriyeho bamaze kuyasiba.

Avuga ko nubwo yari yarateye ivi ndetse yifuza kuzashyingiranwa na Keza, ariko ko batagirana ibibazo ngo babirenzeho ngo ni uko bashaka gushimisha imiryango.

Ati “Nta muntu upanga ibibi, kandi ntabwo twari gutekereza ngo nidushwana ntituzatandukane, ntabwo bishoboka kuko n’ugiye kurahira mu isezerano aravuga ngo tuzatandukanywa n’urupfu kandi bagashyiraho divorce mu gihe byanze.”

Akomeza avuga ko bafashe umwanzuro wo gutandukana bawutekerejeho, ati “Niba abona ntashobotse cyangwa mbona we adashobotse, mubiganiraho nk’abantu bakuru, umwe agakomeza ubuzima bwe undi ubwe.”

Keza na The Trainer bakunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga bishimanye
Urukundo rwabo rwavuzwe cyane
Urukundo rwabo bari bakunze kurwerekana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 20 =

Previous Post

Ruhango: Hatahuwe ibisasu byari bitabye hafi y’urugo

Next Post

Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe…Menya impamvu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe…Menya impamvu

Iperereza ku basirikare b’Abafaransa bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda ryafunzwe...Menya impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.