Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA
0
Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari umaze iminsi ibiri yaragwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga, yabonetse nyuma y’iminsi ibiri yaritabye Imana.

Nyakwigendera yagwiriwe n’ikirombe ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 08 Mutarama 2024, mu Mudugudu wa Mututu, Akagari ka Rusovu Umurenge wa Nyarusange.

Kuva icyo gihe inzego zahise zijya gushakisha uyu muntu ngo zimutabare, ariko birananirana kuko yari yaridukiwe n’ikirombe gifite ubujyakuzimu bwa metero 40.

Umurambo we wabonetse ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Mutarama 2024, wararengewe n’ibitaka by’iki kirombe cyaridutse.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Habiyaremye Emmanuel yagize ati “Hashize iminsi ibiri Polisi itangiye kumushakisha, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu nibwo yavanywemo.”

Umubiri wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kabgayi muri aka Karere ka Muhanda, mbere yo gushyikirizwa umuryango we ngo umushyingure.

Ni mu gihe iki kirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko, ndetse iperereza rikaba ryatangiye gukorwa nk’uko byatangajwe na SP Habiyaremye Emmanuel, wavuze ko abazafatwa bari inyuma y’iki kirombe, bazabihanirwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze kandi ko hagiye gukorwa inama ihuza inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze, n’abaturage, kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukomeje gukorwa binyuranyije n’amategeko.

Mu Ntara y’Amajyepfo hakunze kumvikana ibirombe bigwira abaturage baba bagiye kubicukuramo amabuye y’agaciro, biba bikorwa mu buryo bunyuranye n’amategeko, aho icyavuzwe cyane ari icyo mu Karere ka Huye cyahitanye abantu batandatu, bo bakanabura burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ecuador: Intagondwa zagabye igitero kuri Televiziyo mu kiganiro Live zatumye Perezida aha itegeko Igisirikare

Next Post

Gahunda yo korohereza Abanyarwanda bose gutunga telefone zigezweho yinjijwemo indi y’akataraboneka

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda yo korohereza Abanyarwanda bose gutunga telefone zigezweho yinjijwemo indi y’akataraboneka

Gahunda yo korohereza Abanyarwanda bose gutunga telefone zigezweho yinjijwemo indi y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.