Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo  Umuyobozi ukomeye abikubwiye- Bruce Melodie

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie, yishimiye guhura na Perezida Paul Kagame ndetse ahamya ko bigaragaza ko iyo ibyo akora byagenze neza n’Umukuru w’Igihugu abimenya.

Mu ijoro ryo kuya 02 Nyakanga 2023, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga abantu mu ngeri zitandukanye mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 29 yo Kwibohora, Bruce Melodie, wari umwe mu bari bitabiriye uwo muhango, yavuze ko atagize amahirwe yo kuba yahura n’Umukuru w’Igihugu.

Izindi Nkuru

Yabitangaje nyuma y’aho mugenzi we, Muneza Christopher na we wari witabiriye icyo gitaramo ahagiriye ibihe atazibagirwa, kuko yaboneyeho no gufata ifoto ari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Bruce Melodie waririmbye mu gitaramo gisoza Iserukiramuco rya Giants of Africa, yahuye na Perezida Kagame ubwo yari avuye ku rubyiniro maze inzozi ze arazikabya.

Mu butumwa yahise ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze, buherekejwe n’amashusho aramukanya na Perezida Kagame, yagize ati: “Umenya ko akazi kawe kagenze neza iyo Umuyobozi w’igihangange wa Afurika yabizirikanye.”

Bruce Melodie yari aherekejwe na Masai Ujiri watangije Giants of Africa akaba na Perezida w’ikipe ya Toronto Raptors ikina muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA.

Mu ndirimbo Bruce Melodie yaririmbye harimo ‘Bado Bado’, ‘Inzoga n’ibebi’ yakoranye Double Jay na Kirikou Akili, ‘Henzapu’, ‘Funga Macho’, ‘Kungora’ ‘Saa Moya’ n’izindi zitandukanye.

Bruce Melodie wakabije inzozi ze
Melodie yaririmbye Henzapu’, ‘Funga Macho’, ‘Kungora’ ‘Saa Moya’ n’izindi zitandukanye.
Bruce Melodie yaririmbye harimo ‘Bado Bado’, ‘Inzoga n’ibebi’ yakoranye Double Jay na Kirikou Akili

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru