Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abaganga bagira inama abantu koza amenyo nibura kabiri ku munsi, mu Rwanda ababasha kubyubahiriza ni 25%. Umubare uri hasi cyane, abatabikora bakavuga ko uwo mwanya batawubona.

Abahanga mu buvuzi bw’indwara zo mu kanwa, bavuga ko kutoza amenyo inshuro ebyiri ku munsi byongera 33% y’ibyago byo kurwara indwara z’amenyo.

Indwara zo mu kanwa n’iz’amenyo ni zimwe mu zibangamiye ubuzima bw’Abanyarwanda, by’umwihariko icyiciro cyibasiwe n’iyi ndwara, ni abana bato nkuko ikigo cy’ubuzima RBC kibitangaza gifatanyije n’ Urugaga rw’abaganga b’amenyo.

Bamwe mu Banyarwanda babwiye RADIOTV10 ko koza amenyo inshuro ebyiri ku munsi ari ihurizo kuri bo, kuko hari impamvu nyinshi zituma batabikurikiza.

Umwe ati “Njyewe mbyuka saa kumi za mu gitondo (04:00’) ngiye guhinga, ubwo koko urumva nabona umwanya wo kujya koza amenyo?” 

Undi muturage wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko ubukene buri mu bituma badashobora koza amenyo izo nshuro ebyiri ku munsi.

Ati “Sinyobewe ko koza amenyo ari byiza birinda indwara, ariko se wahingira igihumbi ukajya kugura umuti w’amenyo aho kugura ibishyimbo by’abana.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko indwara nyinshi abantu bajya kwivuza ku Bigo Nderabuzima, ari indwara zo mu kanwa kubera kutahakorera isuku ihagije.

Yagize ati “Ugiye ku Bigo Nderabuzima usanga indwara nyinshi abantu bivuza ari izo mu kanwa, biterwa nuko abantu bararya ibirimo isukari, umunyu, umusururu n’ikigage ibyo byose bafata nta n’umwe wivuza. Ni ho indwara z’amenyo zituruka kubera ko batabashije koza amenyo.”

Ubushakashatsi bugaragaza ko 64,9% by’Abanyarwanda barwaye amenyo, muri bo 54,3% ntibigeze bivuza, naho mu bantu baza kwa muganga 5% baba baje kwivuza indwara.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Next Post

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya
MU RWANDA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.