• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca inyuma, anavuga ko umwe mu bana babo atari we bamubyaranye, bamusanze mu mugozi yapfuye.

Uyu mugabo witwa Habimana Azarias yabanaga n’umugore we mu rugo rwabo ruherereye mu Mudugudu wa Kajugujugu, Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Murunda, akaba yabonetse yapfuye ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje.

Umugore we bari bafitanye abana batandatu wari wazindukiye mu mirimo y’ubuhinzi, ni we wabanje kubona nyakwigendera ubwo yari agarutse mu rugo asanganizwa n’iyi nkuru y’incamugongo, dore ko yafunguye urugi rw’icyumba bararagamo, agasanga amanitse mu mugozi yapfuye.

Abaturanyi bakeka ko nyakwigendera ari we wimanitse mu mugozi akiyahura, dore ko atari ubwa mbere yari abigerageje, kuko byari ku nshuro ya gatatu.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Hashize iminsi noneho avuga ko agiye kwiyahurira mu ishyamba, bamugarura agiye kurigeramo na bwo afite ikiziriko cy’inka yavugaga ko agiye gukoresha yiyahura.”

Uyu mugabo kandi yari aherutse kuvuga ko nubwo abantu bari kumutesha bamubuza kwiyahura, ariko ntagishobora kuburizamo umugambi we ngo kuko yari yaramaze kubyiyemeza.

Abaturanyi bavuga ko nyakwigendera yashinjaga umugore we kumuca inyuma, byumwihariko akavuga ko umwana umwe muri batandatu babo, atari uwe, ngo kuko yabonaga badasa ndetse nta n’umwe wo mu muryango we bafitanye agashusho.

Aya makuru y’amakimbirane yabaga mu rugo rwa nyakwigendera, yemezwa na Twagirayesu Olivier uyobora Umudugudu wa Kajugujugu, wavuze ko mu muryango w’uyu mugabo n’umugore we hahoraga intonganya.

Yagize ati “Umugore we bari bafitanye abana batandatu avuga ko harimo uwo umugore we yabyaranye n’undi mugabo, umugore abihakana, umugabo afata icyemezo cyo kwiyahura anabigeraho nk’uko yahoraga abivuga anabigerageza.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko nyakwigendera yajyaga ataha yasinze, akuka inabi umugore we n’ubundi bapfa ibyo yamushinjaga ko amuca inyuma, aho mu minsi ishize, ngo yari yanatashye yasinze, agatwika imyenda y’umugore we ariko agahita atoroka, akaza kugaruka, akiyunga n’umugore we babifashijwemo n’inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + sixteen =

Previous Post

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Next Post

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.