Umugabo w’imyaka 57 ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko atanzweho amakuru ko yabanaga n’umwana w’imyaka 16 nk’umugore n’umugano.
Uyu mugabo ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Nyanza, bivugwa ko yari amaranye igihe gikabakaba ibyumweru bitatu n’uyu mwana w’umukobwa babana mu nzu imwe mu Mudugudu wa Bukinankwavu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana.
Ukurikiranyweho icyaha, yatahuwe nyuma yuko atanzweho amakuru n’abaturanyi be bo muri aka gace babonaga uyu mwana amaranye iminsi n’uyu mugabo.
Abaturage bavuga ko uyu mugabo yimukiye mu Karere ka Nyanza avuye mu ka Nyamagabe yanahoranye umugore n’abana bakuru.
Amakuru yo guta muri yombi uyu mugabo, yemejwe n’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze wabyemereye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makukuru.
ICYO ITEGEKO RITEGANYA
Ingingo y’ 133 y’itegeko No68/2018 RYO KU WA 30/08/2018 RITEGANYA IBYAHA N’IBIHANO MURI RUSANGE, rivuga ku cyaha cyo gusambanya umwana, ivuga ko uwakoze iki cyaha “Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).”
Ikindi gika cy’iyi ngingo, kigira kiti “Iyo gusambanya umwana byakurikiwe no kubana nk’umugabo n’umugore, igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.”
RADIOTV10








