• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze, n’intandaro yabyo ishingiye ku gikorwa cyo mu buriri, aho umwe ashinja undi kumwima, undi akavuga ko mugenzi we amufata nk’itungo.

Yaba umugabo n’umugore we batuye mu Mudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza ndetse bakaba babana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Bombi bemera ibi byo kurumana ku gitsina byabaye ubwo umwe yahindukizaga undi mu buriri ngo batere akabariro.

Umugabo avuga ko umugore we yabanje kumuruma ku itama, agakomereza no kuri ruriya rugingo rw’ibanga rwari rwafashe umurego.

Yagize ati “ahita amfata n’amaboko yombi, ahita anduma hano bwa mbere, nshatse kuzamura umugeri, numva yamanutse hasi, imbaraga zihita zicika.”

Uyu mugabo avuga ko akimara kurumwa ku gitsina, yahise yihutira kujya kwa muganga, baramupfuka, bamuha n’imiti yo kugabanya uburibwe, dore ko ngo yaribwaga cyane.

Umugore we avuga ko kuruma umugabo we ku gitsina, yabitewe n’uko uyu bashakanye asanzwe arangwa n’imyitwarire itamunyura iyo bageze ku ngingo yo gukora igikorwa cyo mu buriri, kuko aba ashaka kukimukoresha bunyamaswa, kandi ko aba yasinze.

Uyu mugore avuga ko umugabo we n’ubundi yaje yasinze, akamusaba ko bagira uko bigenza mu buriri. Ati “Nanjye mpita mufata, museseramo. Yaje ku neza koko, arambwira ngo ‘Nimuhe neza’, njya gufata igitsina cye?’”

Amakuru y’aya makimbirane yavuyemo kurumana igitsina, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhengeri, Mukamusoni Jasmine.

Uyu muyobozi aganira n’igitangazamakuru cyitwa Isango Star dukesha aya makuru, yavuze ko yagiye kuganiriza uyu muryango, kugira ngo urebe uko urandura amakimbirane bafitanye ashingiye ku gikorwa cyo mu buriri.

Yagize ati “Barashyamiranye, umugabo ngo akeneye umugore, umugore aramwangira, bararwana, umugore aruma ubugabo bw’umugabo we.”

Avuga ko umugabo yatangaje ko umugore we amwima kuri iriya ngingo y’abashakanye, mu gihe umugore na we avuga ko umugabo we amufata nk’itungo iyo bageze kuri kiriya gikorwa, kuko aba ashaka kumushikanuza, kandi hari igihe aba afite intege nke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + nineteen =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

Next Post

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.