Umugore w’imyaka 45 wo mu Karere ka Mitooma muri Uganda, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gutegeka umwana abereye mukase kumira inshinge 46 zifashishwa mu kudoda imyenda, agamije kumwivugana.
Uyu mugore asanzwe atuye mu Mudugudu wa Rweibare II muri Paruwasi ya Kyanzire mu Mujyi wa Kashenshero, aho yatawe muri yombi tariki 01 Gicurasi 2025, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mitooma mu gihe iperereza rigikomeje.
Polisi yo muri aka Karere ka Mitooma ishinja uyu mugore guhatira umwana w’imyaka umunani (8) usanzwe ari uw’umugabo we, kumira inshinge 46 zipfunyitse mu gapfunyika, byatumye umwana aremba, ubu akaba ari kuvurirwa mu Bitaro bya Mbarara nyuma yo kubagwa agakurwamo ziriya nshinge.
Polisi ivuga ko uyu mugore Juliet Tushabeomwe, yategetse uriya mwana kumira ziriya nshinge agamije kumwivugana, akaba ari na yo mpamvu akekwaho icyaha cyo kugambirira kwica.
Umuyobozi wa polisi mu gace ka Bushenyi, Godfrey Achiria, yemeje ifatwa ry’uyu mugore, avuga ko akekwaho icyaha cyo gushaka kwica.
Yagize ati “Twafashe ukekwaho icyaha kugira ngo bidufashe mu iperereza ku birego by’uko umwana yategetswe kumira inshinge. Arashinjwa kugerageza kwica mu gihe iperereza rikomeje.”
Mbere yuko uyu mwana ajyanwa kwa muganga, yabanje kugira ububabare bukomeye mu nda mu gihe cy’ibyumweru bibiri, byatumye nyirasenge witwa Birungi Eunice, amujyana kwa muganga.
Ibizamini byakorewe uyu mwana mu Bitaro by’Abadivantisiti bishinzwe gufata amashusho y’imbere mu mubiri bizwi nka ‘Gava Imaging Centre and Ishaka Adventist Hospital’ birimo ibya X-ray na CT scan, byagaragaje ibintu by’ibyuma mu nda y’uyu mwana.
Nyuma yoherejwe mu Bitaro by’Icyitegererezo bya Mbarara, aho yajyanywe mu cyumba kivurirwamo abana. Abaganga bavuga ko kugeza ubu uyu mwana yakuwemo inshinge 46 mu nda ye hakoreshejwe uburyo bwo kumubaga, ndetse bakizeza ko azakira.
Amakuru avuga ko uriya mugore ukekwaho icyaha yapfunyitse inshinge mu mpapuro, ubundi agategeka uriya mwana kuzimira, akanamuha igikoma cyo kuzimirisha.
Twinomugisha Simon, Se w’uyu umwana, akaba n’umugabo w’uyu mugore ukekwaho icyaha, yabwiye polisi ko asanzwe afitanye ibibazo n’uyu mugore.
Yagize ati “Umugore wanjye ntiyashakaga ko umuhungu wanjye avugana na nyina. Yambwiraga ngo nzahagarike bitabaye ibyo ko azamwirukana akajya kwa nyina.”
RADIOTV10










