Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in AMAHANGA
0
Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 45 wo mu Karere ka Mitooma muri Uganda, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gutegeka umwana abereye mukase kumira inshinge 46 zifashishwa mu kudoda imyenda, agamije kumwivugana.

Uyu mugore asanzwe atuye mu Mudugudu wa Rweibare II muri Paruwasi ya Kyanzire mu Mujyi wa Kashenshero, aho yatawe muri yombi tariki 01 Gicurasi 2025, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mitooma mu gihe iperereza rigikomeje.

Polisi yo muri aka Karere ka Mitooma ishinja uyu mugore guhatira umwana w’imyaka umunani (8) usanzwe ari uw’umugabo we, kumira inshinge 46 zipfunyitse mu gapfunyika, byatumye umwana aremba, ubu akaba ari kuvurirwa mu Bitaro bya Mbarara nyuma yo kubagwa agakurwamo ziriya nshinge.

Polisi ivuga ko uyu mugore Juliet Tushabeomwe, yategetse uriya mwana kumira ziriya nshinge agamije kumwivugana, akaba ari na yo mpamvu akekwaho icyaha cyo kugambirira kwica.

Umuyobozi wa polisi mu gace ka Bushenyi, Godfrey Achiria, yemeje ifatwa ry’uyu mugore, avuga ko akekwaho icyaha cyo gushaka kwica.

Yagize ati “Twafashe ukekwaho icyaha kugira ngo bidufashe mu iperereza ku birego by’uko umwana yategetswe kumira inshinge. Arashinjwa kugerageza kwica mu gihe iperereza rikomeje.”

Mbere yuko uyu mwana ajyanwa kwa muganga, yabanje kugira ububabare bukomeye mu nda mu gihe cy’ibyumweru bibiri, byatumye nyirasenge witwa Birungi Eunice, amujyana kwa muganga.

Ibizamini byakorewe uyu mwana mu Bitaro by’Abadivantisiti bishinzwe gufata amashusho y’imbere mu mubiri bizwi nka ‘Gava Imaging Centre and Ishaka Adventist Hospital’ birimo ibya X-ray na CT scan, byagaragaje ibintu by’ibyuma mu nda y’uyu mwana.

Nyuma yoherejwe mu Bitaro by’Icyitegererezo bya Mbarara, aho yajyanywe mu cyumba kivurirwamo abana. Abaganga bavuga ko kugeza ubu uyu mwana yakuwemo inshinge 46 mu nda ye hakoreshejwe uburyo bwo kumubaga, ndetse bakizeza ko azakira.

Amakuru avuga ko uriya mugore ukekwaho icyaha yapfunyitse inshinge mu mpapuro, ubundi agategeka uriya mwana kuzimira, akanamuha igikoma cyo kuzimirisha.

Twinomugisha Simon, Se w’uyu umwana, akaba n’umugabo w’uyu mugore ukekwaho icyaha, yabwiye polisi ko asanzwe afitanye ibibazo n’uyu mugore.

Yagize ati “Umugore wanjye ntiyashakaga ko umuhungu wanjye avugana na nyina. Yambwiraga ngo nzahagarike bitabaye ibyo ko azamwirukana akajya kwa nyina.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + sixteen =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Related Posts

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

by radiotv10
06/05/2026
0

Abarimo b’Ishuri ribanza ryo mu Ntara ya Kasaï-Central muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakoze imyigaragambyo, basaba kwishyurwa imishahara y’amezi...

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko nyuma yuko hakomeje kugaragara imvugo z’ivanguramoko, ibikorwa...

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

by radiotv10
05/05/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Tushunguti wo muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bawukuyemo abarwanyi...

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya Jean-Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w'Intebe Wungirije, n'uw’Ubwikorezi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira...

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Nyuma y’umunsi umwe Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Perezida William Ruto wa Kenya na we aratangira...

IZIHERUKA

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere
AMAHANGA

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
06/05/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

06/05/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

06/05/2026
The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

06/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.